Abagaragu b’Imana b’Isezerano rishya
1 Mbese ibyo bivuga ko twongeye kwiyogeza? Cyangwa se dukeneye inzandiko zo kudusohoza kuri mwe, cyangwa izo twabaka tukazitwaza nk’uko bamwe babigenza?
2 Mwebwe ubwanyu ni mwe rwandiko rwanditswe ku mitima yacu, ruzwi na bose rugasomwa na bose.
3 Biragaragara ko muri urwandiko rwanditswe na Kristo akarudushinga. Urwo rwandiko ntirwanditswe hakoreshejwe wino, ahubwo rwanditswe hakoreshejwe Mwuka w’Imana nzima. Ibyo rwanditsweho si amabuye abaje, ahubwo ni imitima y’abantu.
4 Ibyo ni byo twemeza tubitewe no kwizera Imana tubikesha Kristo.
5 Ntitwakwibwira ko hari icyo dushobora gukora ubwacu, ahubwo ibyo dukora byose Imana ni yo ibidushoboza.
6 Ni yo yatugize abagaragu bayo ngo dukorere Isezerano rishya ridashingiye ku Mategeko yanditswe, ahubwo rishingiye kuri Mwuka. Amategeko yanditswe aricisha, naho Mwuka akabeshaho.
7 Ayo Mategeko inyuguti zayo zanditswe ku mabuye abaje. Nyamara kandi yaje aherekejwe n’ikuzo ry’Imana, ku buryo Abisiraheli batashoboye kwitegereza mu maso ha Musa, kubera iryo kuzo rirabagiranakandi ari ikuzo rishira. Ubwo Amategeko yari afite umurimo wo guteza abantu urupfu, kandi akaba afite ikuzo ringana rityo,
8 mbega ukuntu umurimo wa Mwuka uzarushaho kugaragaza ikuzo ry’Imana!
9 Ubwo Amategeko afite umurimo wo gucira abantu iteka kandi akaba afite ikuzo, mbega ukuntu umurimo utuma abantu batunganira Imana urushaho kugira ikuzo risesuye!
10 Ni ukuri ibyahoranye ikuzo nta kuzo bigifite, ubigereranyije n’ibisigaye bifite ikuzo risesuye.
11 Koko rero, ubwo ibyamaze akanya gato bigashira byahawe ikuzo, mbega ukuntu ibizahoraho bizarushaho kurihabwa!
12 Noneho ubwo dufite ibyo twiringira bingana bityo, ni cyo gituma dushira amanga cyane.
13 Ntitumeze nka Musa witwikiraga igitambaro mu maso, kugira ngo Abisiraheli batabona rya kuzo rishira.
14 Nyamara ibitekerezo byabo byahumiye ku mirari. No kugeza magingo aya cya gitambaro baracyacyitwikira mu maso, igihe basomerwa Isezerano rya Kera. Erega uri muri Kristo wenyine ni we kivanwaho!
15 Rwose no kugeza uyu munsi iyo umuntu abasomera igitabo cya Musa, cya gitwikirizo kiba kibambītse ku mitima yabo.
16 Ariko nk’uko Ibyanditswe bivuga: “Iyo umuntu ahindukiriyeNyagasani, icyo gitwikirizo gikurwaho.”
17 Nyagasani uvugwa aha ni Mwuka kandi aho Mwuka wa Nyagasani ari, ni ho haba kwishyira ukizana by’ukuri.
18 Twebwe twese rero dutwikuruwe mu maso turabagirana ikuzo rya Nyagasani. Bityo tugumya guhindurwa kugira ngo duse na we, tugahabwa ikuzo rigenda ryiyongera ubutitsa. Ibyo Mwuka wa Nyagasanini we ubikora.
—https://d1b84921e69nmq.cloudfront.net/126/32k/2CO/3-5b4630d3be59c863f7267f7a1b9b4079.mp3?version_id=387—