1 Ndakwihanangiriza ntanze Imana ho umugabo, hamwe na Kristo Yezu uzacira imanza abazima n’abapfuye, no kubera ukuza kwe aje kwima ingoma ye,
2 utangaze Ijambo ry’Imana, urivuge mu gihe cyiza no mu gihe gikomeye. Ukosore abantu, ubacyahe, ubahugure ufite kubihanganira no kubigisha ubutitsa.
3 Koko igihe kizaza abantu bamwe be kwihanganira inyigisho zishyitse, ahubwo bakurikize ibyifuzo byabo bwite. Bityo bazikoranyirizaho abigisha benshi bababwira ibihuje n’ibyo bashaka kumva.
4 Bazajya bica amatwi ngo batumva ukuri, ahubwo bahindukirire ibitekerezo by’imburamumaro.
5 Nyamara wowe uramenye, uko byaba kose ujye wirinda muri byose, wihanganire kubabazwa, ukore umurimo wo gutangaza Ubutumwa bwiza, bityo urangize umurimo washinzwe n’Imana.
Ingorane Pawulo yagize
6 Naho jyewe dore ubu ngiye gutangwaho igitambo. Igihe cyanjye cyo kwitarura kirageze.
7 Narwanye intambara nziza, nageze aho dusiganirwa kugera kandi Kristo twemera namukomeyeho.
8 Ahasigaye nteganyirijwe ikamba ry’ubutungane, iryo Nyagasani azangororera we mucamanza utabera, umunsi azazaho. Si jye jyenyine azariha, ahubwo azariha n’abantu bose bazaba bafitiye ubwuzu kumubona aje.
9 Wihatire kungeraho vuba,
10 kuko Dema yantereranye abitewe no gukunda iby’iyi si. Yigiriye i Tesaloniki, Kiresensi ajya mu ntara ya Galati, naho Tito ajya mu ya Dalumatiya.
11 Luka wenyine ni we turi kumwe. Uzaze unzaniye Mariko kuko angirira akamaro mu murimo.
12 Tikiko namutumye Efezi.
13 Uzaze unzaniye igishura nasize i Tirowa kwa Karupo, hamwe n’ibitabo cyane cyane iby’imizingo y’uruhu.
14 Umucuzi Alegisanderi yankoreye ibibi byinshi. Nyagasani azamugirira ibikwiranye n’ibyo yakoze.
15 Nawe umwirinde kuko yarwanyije inyigisho zacu bikomeye.
16 Mu iburana ryanjyerya mbere nta wamperekeje, bose barantereranye. Imana ntizabibahÅre.
17 Nyagasani we twari kumwe, bityo ampa ububasha ngo ntangaze Ubutumwa bwiza mu batari Abayahudi bose babwumve. Bityo yangobotoye nk’umvanye mu rwasaya rw’intare.
18 Nyagasani azandokora ibibi byose bangirira, hanyuma azangeze mu bwami bwe bwo mu ijuru. Nahabwe ikuzo uko ibihe bihaye ibindi. Amina.
Umwanzuro
19 Tashya Purisila na Akwila, kimwe n’ab’urugo rwa Onesiforo.
20 Erasito yagumye i Korinti, naho Tirofimo namusize i Mileto arwaye.
21 Uzagerageze kuza mbere y’amezi y’imbeho.
Ubulo na Pudensi na Lino na Kilawudiya n’abavandimwe bose ngo mutahe.
22 Nyagasani abane nawe. Nagumye kubagirira ubuntu mwese.
—https://d1b84921e69nmq.cloudfront.net/126/32k/2TI/4-c207322cd40118947b0ad94dc55136a6.mp3?version_id=387—