Yezu atuma abigishwa be mirongo irindwi na babiri
1 Nyuma y’ibyo Nyagasani Yezu atoranya abandi bigishwa mirongo irindwi na babiri, abatuma babiri babiri kumubanziriza mu mijyi yose n’ahantu hose yari agiye kujya.
2 Arababwira ati: “Imyaka yeze ari myinshi nyamara abasaruzi ni bake. Nuko rero nimusabe Nyir’imyaka yohereze abasaruzi mu murima we.
3 Nimugende! Dore mbatumye nk’abana b’intama hagati y’impyisi.
4 Muramenye ntimugire icyo mujyana, cyaba agasaho k’amafaranga cyangwa umufuka cyangwa inkweto, kandi mwirinde guhera muri hobe hobe.
5 Inzu yose muzinjiramo mujye mubanza muvuge muti: ‘Amahoro y’Imana abe muri uru rugo!’
6 Niba muri rwo hari umunyamahoro, amahoro mubifurije azagumana na we, bitabaye bityo ayo mahoro azabagarukire.
7 Mugume muri iyo nzu murye kandi munywe ibyo babafunguriye, kuko umukozi akwiye guhemberwa umurimo we. Ntimugahore muva mu icumbi mujya mu rindi.
8 Umujyi muzinjiramo bakabakira mujye mufungura ibyo babahereje.
9 Mukize abarwayi baho kandi mubabwire muti: ‘Ubwami bw’Imana burabegereye.’
10 Umujyi muzinjiramo ntibabakīre, muzawuvemo munyure mu mihanda yawo muvuga muti
11 ‘Umukunguguwo mu mujyi wanyu wafashe mu birenge byacu, turawuhunguye ngo tuwubasigire ube ari wo uzabashinja. Ibyo ari byo byose mumenye ko ubwami bw’Imana bwegereje.’
12 Reka mbabwire: ku munsi Imana izaca imanza, ab’i Sodomabazahanishwa igihano kidakaze nk’icy’abatuye uwo mujyi.
Imigi imwe yanga kwihana
13 “Mwa bantu b’i Korazini mwe, muzabona ishyano! Namwe bantu b’i Betsayida, muzabona ishyano! Ibitangaza Imana yakoreye muri mwe iyo bikorerwa i Tiri n’i Sidoni, kuva kera abaho baba barambaye imyambaro igaragaza akababaro kandi bakicara mu ivu, bagaragaza ko bihannye.
14 Ni cyo gituma ku munsi Imana izaca imanza, ab’i Tiri n’i Sidoni bazahanishwa igihano kidakaze nk’icyanyu.
15 Namwe bantu b’i Kafarinawumu, ese muragira ngo muzashyirwa hejuru mugere ku ijuru? Reka da! Ahubwo muzamanurwa mugere ikuzimu.”
16 Yezu yungamo ati: “Bigishwa banjye, umuntu wese ubumva ni jye aba yumvise, kandi ubamagana ni jye aba yamaganye, n’unyamagana aba yamaganye Uwantumye.”
Abigishwa mirongo irindwi na babiri bagaruka
17 Nuko abo mirongo irindwi na babiri bagarukana ibyishimo, baravuga bati: “Nyagasani, n’ingabo za Satani ziratwumvira iyo tuzitegetse mu izina ryawe.”
18 Yezu arababwira ati: “Nabonye Satani ahanuka mu ijuru nk’umurabyo.
19 Dore nabahaye ubushobozi bwo kuribata inzoka kimwe n’indyanishamurizo, no gutsinda ububasha bwose bwa Satani kandi nta kizagira icyo kibatwara..
20 Ibyo ari byo byose ntimwishimire ko ingabo za Satani zibumvira, ahubwo mwishimire ko amazina yanyu yanditswe mu ijuru.”
Yezu anezerwa
21 Uwo mwanya Yezu asābwa n’ibyishimo bivuye kuri Mwuka Muziranenge, aravuga ati: “Ndagushimye Data Nyir’ijuru n’isi, kuko ibyo wabihishe abanyabwenge n’abahanga, ukabihishurira abaciye bugufi. Yego Data, uko ni ko biri kuko ari byo wishimiye.”
22 “Ibintu byose nabyeguriwe na Data. Ntawe uzi Umwana w’Imana uwo ari we keretse Se, kandi ntawe uzi Se keretse Umwana we n’abo uwo Mwana we ashatse kumuhishurira.”
23 Nuko Yezu yihererana n’abigishwa be arababwira ati: “Hahirwa abareba ibyo mureba!
24 Ndababwira ko abahanuzi n’abami benshi bashatse kureba ibyo mureba ntibabibona, kandi bashatse kumva ibyo mwumva ntibabyumva.”
Umugani w’Umunyasamariya w’umunyampuhwe
25 Nuko umwe mu bahanga mu by’Amategeko ahagurutswa no kumutegera mu byo avuga, aramubaza ati: “Mwigisha, nakora iki kugira ngo mpabwe ubugingo buhoraho?”
26 Yezu aramubaza ati: “Mu Mategeko handitswe iki? Wasomyemo iki?”
27 Undi aramusubiza ati: “Ukunde Nyagasani Imana yawe n’umutima wawe wose, n’ubuzima bwawe bwose n’imbaraga zawe zose n’ubwenge bwawe bwose, kandi ujye ukunda mugenzi wawe nk’uko wikunda.”
28 Yezu aramubwira ati: “Usubije neza, nugenza utyo uzabaho.”
29 Uwo muhanga mu by’Amategeko ashatse kwikura mu isoni abaza Yezu ati: “Ariko se, mugenzi wanjye ni uwuhe?”
30 Yezu aramusubiza ati: “Umugabo yakuviriye i Yeruzalemu amanuka ajya i Yeriko, agwa mu gico cy’abajura baramwambura, baramuhondagura barigendera, bamusiga ari intere.
31 Umutambyi aza kumanuka anyura aho ngaho, abonye uwo muntu yicira hirya.
32 Haza kunyura n’Umulevi, na we amubonye biba bityo.
33 Ariko Umunyasamariya wari ku rugendo anyuze aho, aramubona amugirira impuhwe.
34 Ni ko kumwegera amupfuka ibikomere, amwomoza amavuta na divayi. Hanyuma amushyira ku ndogobe yagenderagaho, amujyana mu icumbi aramurwaza.
35 Bukeye aha nyir’icumbi ibikoroto bibiri by’ifeza, aramubwira ati: ‘Uyu muntu umurwaze, maze ibindi uzamutangaho na byo nzabikwishyura ngarutse.’ ”
36 Nuko Yezu abaza wa muhanga mu by’Amategeko ati: “None se muri abo bantu uko ari batatu, uratekereza ko ari uwuhe wabaye mugenzi w’uwo muntu waguye mu gico cy’abajura?”
37 Aramusubiza ati: “Ni uwamugiriye neza.”
Yezu ni ko kumubwira ati: “Genda nawe ujye ugenza utyo!”
Yezu ajya iwabo wa Marita na Mariya
38 Yezu yari mu rugendo hamwe n’abigishwa be agera ahantu ku murenge, maze umukobwa witwa Marita amwakira imuhira.
39 Murumunawe witwaga Mariya yari yicaye hasi, yegereye Nyagasani yumva ibyo avuga.
40 Marita we yari ahugiye mu mirimo myinshi. Nuko asanga Yezu aramubwira ati: “Mbese ntibikubabaje kubona murumuna wanjye amparira imirimo? Mubwire aze amfashe.”
41 Nyagasani aramusubiza ati: “Marita! Marita! Uhagaritse umutima kandi urahihibikana muri byinshi,
42 nyamara ikintu cya ngombwa ni kimwe gusa, Mariya ni cyo yahisemo kandi ntazacyamburwa.”
—https://d1b84921e69nmq.cloudfront.net/126/32k/LUK/10-78bfadc391a0b65ecda0650534fd952a.mp3?version_id=387—