Lk 2

Ivuka rya Yezu

1 Muri icyo gihe umwami w’i Roma witwaga Ogusito, ategeka ko haba ibarura ry’abaturage bo mu bihugu byose byategekwaga n’Abanyaroma.

2 Iryo barura rya mbere ryabaye igihe Kwirini yariumutegetsi w’intara ya Siriya.

3 Nuko abantu bose bajya kwiyandikisha, buri wese mu mujyi w’iwabo.

4 Yozefu na we ava mu mujyi wa Nazareti mu ntara ya Galileya agana mu ntara ya Yudeya, ajya mu mujyi wa Betelehemu aho umwami Dawidi yavukiye, kuko yari uwo mu nzu no mu muryango wa Dawidi.

5 Yozefu ajya kwiyandikishayo ari kumwe na Mariya, umugeni yasabye wari utwite.

6 Bakiri i Betelehemu araramukwa,

7 abyara umuhungu we w’impfura amufubika utwenda tw’impinja, amuryamisha mu muvure kuko nta mwanya bari babonye mu icumbi.

Abashumba babonekerwa n’abamarayika

8 Muri ako karere hari abashumba barariraga intama zabo ku gasozi.

9 Umumarayika wa Nyagasani arababonekera, ikuzo rirabagirana rya Nyagasani rirabagota, maze bagira ubwoba bwinshi.

10 Uwo mumarayika ni ko kubabwira ati: “Mwitinya, dore mbazaniye inkuru nziza izashimisha cyane abantu bose.

11 Uyu munsi mu mujyi wa Dawidi havukiye Umukiza wanyu, ari we Kristo Nyagasani.

12 Dore ikiza kumubabwira: muri busange uruhinja rufubitse utwenda ruryamye mu muvure.”

13 Ako kanya hatunguka umutwe w’ingabo nyinshi zo mu ijuru, zisanga uwo mumarayika zisingiza Imana ziti:

14 “Mu ijuru Imana nisingizwe, no ku isi abantu yishimira bagire amahoro.”

Abashumba bajya i Betelehemu

15 Abamarayika bamaze gusubira mu ijuru, abashumba barabwirana bati: “Nimureke tujye i Betelehemu turebe ibyabaye, ibyo Nyagasani atumenyesheje.”

16 Bagenda bihuta basangayo Mariya na Yozefu, n’uruhinja ruryamye mu muvure.

17 Babonye uwo mwana batekerereza abantu ibyo bamubwiweho.

18 Ababyumvise bose batangazwa cyane n’ibyo abo bashumba bababwiraga.

19 Mariya we abika ibyo byose ku mutima, agahora abizirikana.

20 Nyuma abashumba basubirayo bagenda basingiza Imana, bayihimbaza kubera ibyo bumvise n’ibyo babonye byose, kuko babisanze uko bari babibwiwe.

Yezu bamwita izina

21 Iminsi umunani ishize, igihe cy’imihango yo gukeba umwana kigeze bamwita Yezu, ari ryo zina umumarayika yari yaravuze nyina atarasama inda.

Yezu yegurirwa Imana

22 Igihe kiragera ababyeyi be bubahiriza itegeko rya Musa ryerekeye guhumanurwa, bajyana umwana i Yeruzalemu kumumurikira Nyagasani,

23 nk’uko byanditswe mu Mategeko ya Nyagasani ngo “Umuhungu wese w’impfura azegurirwa Nyagasani.”

24 Bari bajyanywe kandi no gutura igitambo cy’ibyana by’inuma bibiri, cyangwa intungura ebyiri nk’uko byanditswe mu Mategeko ya Nyagasani.

25 I Yeruzalemu hari umuntu witwa Simeyoni, akaba umugabo utunganiye Imana kandi akayubaha. Yari ategereje Uzazanira Abisiraheli agakiza. Mwuka Muziranenge yari kumwe na we,

26 kandi yari yaramuhishuriye ko atazapfa atabanje kubona Kristo wa Nyagasani.

27 Nuko Simeyoni ajyanwa na Mwuka mu rugo rw’Ingoro y’Imana. Ababyeyi b’umwana Yezu bari bamujyanyeyo kugira ngo bamukorere imihango itegetswe.

28 Simeyoni aramuterura ashimira Imana ati:

29 “Databuja, washohoje ibyo wansezeranyije,

none undeke nigendere amahoro.

30 Niboneye n’amaso yanjye agakiza kawe,

31 ako wageneye amahanga yose.

32 Niboneye urumuri rwo kumurikira amahanga,

niboneye n’ikuzo ry’ubwoko bwawe bw’Abisiraheli.”

Ubuhanuzi bwa Simeyoni na Ana

33 Nuko se na nyina bagumya gutangazwa n’ibyo Simeyoni amuvuzeho.

34 Simeyoni abasabira umugisha kandi abwira Mariya nyina w’uwo mwana ati: “Dore uyu mwana azanywe no kugira ngo benshi mu Bisiraheli bagwe abandi babyuke. Imana izamugira intangamugabo benshi bazarwanya,

35 bityo ibitekerezo bihishwe mu mitima ya benshi bishyirwe ahagaragara. Nawe kandi bizakubera nk’inkota ikwahuranyije umutima.”

36 Hariho n’umuhanuzikazi witwaga Ana, umukobwa wa Fanuweli wo mu muryango wa Ashēri. Yari ageze mu za bukuru kandi yari yaramaranye n’umugabo we imyaka irindwi,

37 maze arapfakara. Amara imyaka mirongo inani n’ine adasiba mu rugo rw’Ingoroakorera Imana ijoro n’amanywa, yigomwa kurya kandi asenga.

38 Nuko uwo mwanya Ana araza, ashimira Imana kandi iby’uwo mwana abitekerereza abari bategereje bose ko Yeruzalemu ivanwa mu buja.

Gusubira i Nazareti

39 Ababyeyi ba Yezu barangije imihango yose yategetswe na Nyagasani, basubira mu mujyi wabo i Nazareti muri Galileya.

40 Umwana arakura arakomera, agwiza ubwenge kandi atona ku Mana.

Umwana Yezu ari mu Ngoro y’Imana

41 Buri mwaka ababyeyi ba Yezu bajyaga i Yeruzalemu, kugira ngo bizihize umunsi wa Pasika y’Abayahudi.

42 Yezu amaze imyaka cumi n’ibiri, ajyana na bo muri ibyo birori nk’uko bari basanzwe babijyamo.

43 Iminsi mikuru irangiye ababyeyi barataha, ariko umwana Yezu yisigarira i Yeruzalemu bo batabizi.

44 Bagenda urugendo rw’umunsi wose bakeka ko ari mu bantu bagendanaga. Hanyuma batangira kumushakira muri bene wabo no mu bandi bari baziranye.

45 Nuko batamubonye basubira i Yeruzalemu bamushaka.

46 Nyuma y’iminsi itatu bamubona mu rugo rw’Ingoro y’Imana, yicaye hamwe n’abigisha abateze amatwi, ababaza n’ibibazo.

47 Abamwumvaga bose batangazwaga n’ubwenge bwe n’ibyo yabasubizaga.

48 Ababyeyi be bamubonye barumirwa. Nyina aramubaza ati: “Mwana wanjye, watugenje ute? Dore jye na so ntaho tutagushakiye duhagaritse umutima!”

49 Arabasubiza ati: “Ariko se mwanshakiraga iki? Ese ntimwari muzi ko ngomba kuba mu Nzu ya Data?”

50 Nyamara ntibasobanukirwa icyo ababwiye.

51 Hamyuma asubirana na bo i Nazareti, akomeza kubumvira. Nyina akajya azirikana ibyo byose.

52 Uko Yezu yakuraga ni ko yungukaga ubwenge kandi ashimwa n’Imana n’abantu.

—https://d1b84921e69nmq.cloudfront.net/126/32k/LUK/2-7e03adb27eec4f415f951d208040851c.mp3?version_id=387—