Yezu ageragezwa na Satani
1 Yezu ava kuri Yorodani yuzuye Mwuka Muziranenge, maze ajyanwa na Mwuka mu butayu.
2 Ahageragerezwa na Satani iminsi mirongo ine. Iyo minsi yose ayimara atarya, irangiye arasonza.
3 Satani ni ko kumubwira ati: “Niba uri Umwana w’Imana, tegeka iri buye rihinduke umugati.”
4 Yezu aramusubiza ati: “Biranditswe ngo ‘Umuntu ntatungwa n’ibyokurya gusa.’ ”
5 Nuko Satani amujyana ahirengeye, maze mu kanya kangana urwara amwereka ibihugu byose byo ku isi.
6 Aramubwira ati: “Ndaguha ubushobozi bwose kuri biriya bihugu n’icyubahiro cyabyo byose, kuko ari jye wabihawe nkaba mbigabira uwo nshatse.
7 Nundamya byose biraba ibyawe.”
8 Yezu aramusubiza ati: “Biranditswe ngo ‘Uzaramye Nyagasani Imana yawe, abe ari we wenyine uyoboka.’ ”
9 Satani amujyana i Yeruzalemu amuhagarika ku munara w’Ingoro y’Imana, aramubwira ati: “Niba uri Umwana w’Imana simbuka ugwe hasi,
10 kuko byanditswe ngo
‘Imana izategeka abamarayika bayo bakurinde,
11 bazakuramira mu maboko yabo,
kugira ngo udasitara ku ibuye.’ ”
12 Yezu aramusubiza ati: “Byaravuzwe ngo ‘Ntukagerageze Nyagasani Imana yawe.’ ”
13 Satani amaze kugerageza Yezu mu buryo bwose, amusiga aho amutega ikindi gihe.
Yezu atangira umurimo we mu ntara ya Galileya
14 Yezu asubira muri Galileya afite ububasha bwa Mwuka w’Imana, yamamara muri iyo ntara yose.
15 Yigishirizaga mu nsengero zaho abantu bose bakamushima.
Ab’i Nazareti bahinyura Yezu
16 Nuko Yezu ajya i Nazareti aho yarerewe, maze nk’uko yamenyereye yinjira mu rusengero ku munsi w’isabato, arahaguruka ngo asome Ibyanditswe.
17 Bamuhereza umuzingo w’igitabo cy’umuhanuzi Ezayi, awuzinguye asoma ahantu handitswe ngo.
18 “Mwuka wa Nyagasani ari kuri jye,
yansīze amavuta arantoranya,
yantoranyirije kugeza Ubutumwa bwiza ku bakene.
Yantumye gutangariza imfungwa ko zifunguwe,
n’impumyi ko zihumutse,
n’abakandamijwe ko bavanywe mu buja,
19 no gutangaza umwaka Nyagasani agiriyemo imbabazi.”
20 Nuko Yezu azinga uwo muzingo w’igitabo awusubiza uwushinzwe maze aricara, abari mu rusengero bose bamuhanga amaso.
21 Nuko arababwira ati: “Ibyo byanditswe mumaze kumva, uyu munsi birashohojwe.”
22 Bose bagumya kogeza ibye, batangarira amagambo meza yavugaga. Barabaza bati: “Mbese aho uyu si we mwene Yozefu?”
23 Nyamara arababwira ati: “Ndabazi, ahari aho mugiye kunciraho wa mugani ngo ‘Muganga, ngaho ivūre!’ Murambwira kandi muti ‘Twumvise ibyo wakoreye i Kafarinawumu, ngaho bikorere n’ino iwanyu!’ ”
24 Yungamo ati: “Ndababwira nkomeje ko nta muhanuzi wemerwa iwabo.
25 Ni ukuri no mu gihe cya Eliya hariho abapfakazi benshi mu gihugu cya Isiraheli, igihe imvura yamaraga imyaka itatu n’amezi atandatu itagwa, bigatera inzara ikomeye mu gihugu cyose.
26 Nyamara nta n’umwe muri bo Eliya yoherejweho, ahubwo yoherejwe ku mupfakazi w’i Sarepati ho mu karere ka Sidoni.
27 No mu gihe cy’umuhanuzi Elisha hariho abantu benshi barwaye ibibembe mu gihugu cya Isiraheli, nyamara nta n’umwe muri bo wabikize ahubwo hakize Nāmani w’Umunyasiriya.”
28 Abari mu rusengero bose bumvise ibyo bararakara cyane,
29 bahita bahaguruka bamusohora mu mujyi, bamujyana ku manga y’umusozi wari wubatsweho umujyi wabo bagira ngo bamuhirike.
30 Ariko we abaca mu myanya y’intoki arigendera.
Yezu akiza umuntu wahanzweho
31 Nuko Yezu amanuka i Kafarinawumu umujyi wo muri Galileya, maze atangira kwigisha abantu ku isabato.
32 Batangazwaga cyane n’imyigishirize ye kuko yavuganaga ubushobozi.
33 Mu rusengero harimo umuntu wahanzweho n’ingabo ya Satani, maze avuga cyane aranguruye ati:
34 “Ayi! Yezu w’i Nazareti uradushakaho iki? Mbese wazanywe no kuturimbura? Nzi uwo uri we, ni wowe Muziranenge wavuye ku Mana.”
35 Yezu acyaha iyo ngabo ya Satani ati: “Ceceka muvemo!”
Iherako imutura hasi hagati yabo, maze imusohokamo itagize icyo imutwara.
36 Bose barumirwa baravugana bati: “Mbega ijambo! Dore arategekana ubushobozi n’ububasha ingabo za Satani zikamenengana!”
37 Amakuru ye yamamara muri ako karere kose.
Yezu akiza abarwayi benshi
38 Nuko Yezu ahaguruka mu rusengero ajya kwa Simoni Petero, asanga nyirabukwe wa Simoni ahinda umuriro bikomeye, maze bamusaba kumukiza.
39 Yezu amwunama hejuru acyaha umuriro maze urazima. Ako kanya arabyuka arabazimanira.
40 Izuba rirenzebazanira Yezu abantu barwaye indwara zitari zimwe, maze abarambikaho ibiganza umwe umwe arabakiza.
41 N’ingabo za Satani zisohoka mu bantu benshi zivuga ziranguruye ziti: “Uri Umwana w’Imana!” Yezu arazicyaha azibuza kuvuga, kuko zari zizi ko ari we Kristo.
Yezu akwiza Ubutumwa bw’Imana
42 Bukeye Yezu ava mu mujyi ajya ahantu hiherereye, maze haza imbaga y’abantu bamushaka. Bamubonye bashaka kumwigumanira ngo ye kubasiga.
43 Ni ko kubabwira ati: “Ngomba kugeza Ubutumwa bwiza bw’ubwami bw’Imana no mu yindi mijyi, kuko ari cyo yantumye gukora.”
44 Nuko ajya kubutangariza mu nsengero zo muri Yudeya.
—https://d1b84921e69nmq.cloudfront.net/126/32k/LUK/4-3644611679b3d60b97961b0ed182554e.mp3?version_id=387—