Yezu ahamagara abigishwa be ba mbere
1 Igihe kimwe Yezu yari ahagaze ku kiyaga cya Genezareti, abantu benshi bamwisukaho kugira ngo bumve Ijambo ry’Imana.
2 Abona amato abiri ku nkombe abarobyi bari bavuyemo, boza ibyo barobeshaga.
3 Ajya mu bwato bumwe muri ayo bukaba ubwa Simoni Petero, amusaba kwitarura inkombe gato. Nuko abwicaramo yigisha imbaga y’abantu.
4 Amaze kuvuga abwira Simoni ati: “Igiza ubwato ahari amazi menshi, maze wowe na bagenzi bawe muterere imitego y’amafi mu mazi murobe.”.
5 Simoni aramusubiza ati: “Mutware, iri joro ryose twarikesheje turoba nyamara ntitwagira icyo dufata. Ariko ubwo ari wowe ubivuze reka nterere imitego.”
6 Babigenje batyo bafata amafi menshi cyane, ndetse imigozi y’imitego yabo itangira gucika.
7 Barembuza bagenzi babo bari mu bundi bwato ngo baze babafashe. Nuko baraza buzuza ayo mato yombi, ku buryo yari agiye kuzīkama.
8 Simoni Petero abibonye atyo apfukamira Yezu, aramubwira ati: “Nyagasani, igirayo kuko jye ndi umunyabyaha.”
9 Icyatumye avuga atyo ni uko we n’abo bari kumwe bari bumiwe, babonye amafi menshi bafashe.
10 Yakobo na Yohani bene Zebedeyi bagenzi ba Simoni, na bo barumirwa. Maze Yezu abwira Simoni ati: “Witinya, kuva ubu uzajya uroba abantu.”
11 Baherako basubiza amato imusozi, basiga byose baramukurikira.
Yezu akiza umuntu urwaye ibibembe
12 Igihe kimwe Yezu ari mu mujyi runaka, haza umuntu washeshe ibibembe ku mubiri wose. Abonye Yezu amwikubita imbere, aramwinginga ati: “Nyagasani, ubishatse wankiza.”
13 Yezu arambura ukuboko amukoraho agira ati: “Ndabishaka kira.” Ako kanya ibibembe bimushiraho.
14 Yezu aramwihanangiriza ngo ye kugira uwo abibwira. Aramubwira ati: “Icyakora ujye kwiyereka umutambyi, maze uture igitambo cyo guhumanurwa nk’uko Musa yabitegetse, bibabere icyemezo cy’uko wakize.”
15 Nyamara Yezu arushaho kwamamara, imbaga nyamwinshi y’abantu igakoranira aho ari kugira ngo bamwumve kandi abakize indwara zabo.
16 Ariko we akanyuzamo akajya ahantu hitaruye agasenga.
Yezu akiza ikimuga
17 Igihe kimwe Yezu yarigishaga, Abafarizayi n’abigishamategeko bari bicaye aho baturutse mu midugudu yose yo muri Galileya, no muri Yudeya n’i Yeruzalemu. Ububasha bwa Nyagasani bwari kuri we kugira ngo akize abantu indwara.
18 Haza abantu bahetse mu ngobyi umuntu umugaye, bashaka uburyo bamwinjiza mu nzu ngo bamushyire imbere ya Yezu,
19 ariko babura aho bamucisha kuko hari abantu benshi. Nuko barurira bajya hejuru y’inzu, baca icyuho mu mategura bamumanuriramo ari mu ngobyi, bamugeza hagati mu bantu imbere ya Yezu.
20 Yezu abonye ukwizera kwabo abwira uwo muntu ati: “Ibyaha byawe urabibabariwe.”
21 Abigishamategeko n’Abafarizayi batangira kubazanya bati: “Ese uyu ni muntu ki utuka Imana? Ni nde ubasha kubabarira abantu ibyaha uretse Imana yonyine?”
22 Yezu amenye ibitekerezo byabo ni ko kubabaza ati: “Ni iki kibateye gutekereza mutyo?
23 Icyoroshye ni ikihe, ari ukuvuga ngo ‘Ibyaha byawe urabibabariwe’, cyangwa ngo ‘Byuka ugende’?
24 Nyamara ndagira ngo mumenye ko ku isi, Umwana w’umuntu afite ubushobozi bwo kubabarira abantu ibyaha.”
Nuko abwira uwo muntu umugaye ati: “Ndagutegetse, byuka ufate ingobyi yawe witahire.”
25 Ako kanya abyuka bamureba, afata ingobyi yari ahetswemo asubira imuhira asingiza Imana.
26 Bose barumirwa basingiza Imana bafite ubwoba cyane, bavuga bati: “Uyu munsi twabonye ibintu by’agatangaza!”
Yezu ahamagara Levi
27 Ibyo birangiye avayo, abona umusoresha witwa Levi yicaye mu biro by’imisoro. Aramubwira ati: “Nkurikira!”
28 Levi arahaguruka, asiga byose aramukurikira.
29 Nuko atumira Yezu iwe amukorera umunsi mukuru ukomeye, amwakira ku meza hamwe n’imbaga y’abasoresha n’abandi bari kumwe na bo.
30 Abafarizayi n’abigishamategeko babo barijujuta, maze babaza abigishwa be bati: “Kuki musangira n’abasoresha n’abanyabyaha?”
31 Yezu arabasubiza ati: “Abazima si bo bakenera umuvuzi, ahubwo abarwayi ni bo bamukenera.
32 Sinazanywe no guhamagara intungane, ahubwo naje guhamagara abanyabyaha ngo bihane.”
Ibyerekeye kwigomwa kurya
33 Nuko baramubwira bati: “Akenshi abigishwa ba Yohani Mubatiza bigomwa kurya kandi bakavuga amasengesho, ab’Abafarizayi na bo ni uko. Nyamara abawe barirīra bakinywera!”
34 Yezu arabasubiza ati: “Mbese mu bukwe mwashobora kubuza abasangwa kurya, umukwe akiri kumwe na bo?
35 Nyamara igihe kizagera umukwe avanwe muri bo, ni bwo bazigomwa kurya.”
36 Yungamo abaha ikigereranyo ati: “Ntawe ukata ikiremo ku mwenda mushya ngo agitere mu mwenda ushaje. Uwabikora yaba aciye uwo mwenda mushya, kandi rero icyo kiremo gishya nticyagendana na wa wundi ushaje.
37 Nta n’usuka inzoga y’umubira mu mpago z’impuzishaje. Uwabikora, igihe iyo nzoga ibira yaturitsa impago igasandara, impago na zo zikangirika.
38 Ahubwo inzoga y’umubira igomba gusukwa mu mpago zikiri nshya.
39 Ikindi kandi umuntu wese unyoye inzoga ihoze ntiyifuza kunywa iy’umubira, kuko agira ati: ‘Ihoze ni yo nziza.’ ”
—https://d1b84921e69nmq.cloudfront.net/126/32k/LUK/5-2b6d15d0bf4d3bafbd436746cc1ee8e1.mp3?version_id=387—