Umukapiteni w’Umunyaroma atabaza Yezu
1 Yezu amaze kubwira abantu ibyo byose, ajya mu mujyi wa Kafarinawumu.
2 Hariyo umukapiteni w’Umunyaroma wari ufite umugaragu yakundaga cyane. Uwo mugaragu yari arwaye agiye gupfa.
3 Uwo mukapiteni ngo yumve ibyo bavuga kuri Yezu, amutumaho bamwe mu bakuru b’Abayahudi, amusaba kuza kumukiriza umugaragu.
4 Bageze aho Yezu ari baramwinginga cyane bati:” “Birakwiye ko uwo muntu wamugoboka,
5 kuko twebwe Abayahudi adukunda kandi ni we watwubakiye urusengero.”
6 Nuko Yezu ajyana na bo maze igihe bageze hafi y’urugo, wa mukapiteni atuma incuti kumubwira ngo: “Nyagasani wikwirushya, ntibinkwiye ko winjira iwanjye.
7 Kuza kukwishakira na byo nasanze bitankwiye, ahubwo tegeka gusa, umugaragu wanjye arakira.
8 Erega nanjye ndi umuntu utegekwa, kandi mfite abasirikari ntegeka. Iyo mbwiye umwe muri bo nti ‘Genda’, aragenda, nabwira undi nti ‘Ngwino’, akaza, nabwira n’umugaragu wanjye nti ‘Kora iki’, akagikora.”
9 Yezu abyumvise atyo atangarira uwo muntu, arahindukira abwira imbaga y’abantu yari imukurikiye ati: “Reka mbabwire: no mu Bisiraheli sinigeze mbona ufite ukwizera kugeze aha!”
10 Abatumwe bahindukiye basanga wa mugaragu yakize.
Yezu azura umwana w’umupfakazi
11 Nyuma y’ibyoYezu ajya mu mujyi witwa Nayini, ashagawe n’abigishwa be n’imbaga y’abantu.
12 Ageze bugufi bw’irembo ry’umujyi, ahura n’abatwaye umurambo. Uwapfuye yari umuhungu w’ikinege, nyina akaba umupfakazi. Imbaga y’abantu benshi bo mu mujyi bari kumwe n’uwo mupfakazi.
13 Nyagasani amubonye amugirira impuhwe, maze aramubwira ati: “Wirira!”
14 Nuko yegera ingobyi umurambo warimo ayikoraho, abahetsi barahagarara. Aravuga ati: “Musore, ndagutegetse byuka!”
15 Uwari wapfuye areguka atangira kuvuga. Nuko Yezu amushyikiriza nyina.
16 Abari aho bose baratinya maze basingiza Imana bati: “Umuhanuzi ukomeye yabonetse muri twe”, kandi bati: “Imana yagendereye abantu bayo.”
17 Inkuru y’ibyo Yezu yakoze ikwira muri Yudeya yose no mu karere kose kahakikije.
Yohani Mubatiza atuma kuri Yezu
18 Abigishwa ba Yohani bamumenyesha ibyo byose. Yohani ni ko guhamagara babiri muri bo,
19 abatuma kuri Nyagasani ngo bamubaze bati: “Mbese ni wowe wa wundiugomba kuza, cyangwa dutegereze undi?”
20 Bageze aho Yezu ari baramubwira bati: “Yohani Mubatiza yadutumye kukubaza niba ari wowe wa wundi ugomba kuza, cyangwa niba tugomba gutegereza undi?”
21 Icyo gihe basanga Yezu akiza abantu benshi indwara n’ububabare n’ingabo za Satani, ahumura n’impumyi nyinshi.
22 Hanyuma asubiza izo ntumwa ati: “Mugende mutekerereze Yohani ibyo mwiboneye n’ibyo mwiyumviye muti ‘Impumyi zirahumuka, abamugaye baragenda, ababembe barakira, ibipfamatwi birumva, abapfuye barazuka, n’abakene baragezwaho Ubutumwa bwiza!’
23 Hahirwa rero umuntu wese utazareka kunyizera.”
24 Intumwa za Yohani zimaze kugenda, Yezu atangira kubwira rubanda ibyerekeye Yohani, arababaza ati: “Mwagiye mu butayu kureba iki? Mbese ni urubingo ruhungabanywa n’umuyaga?
25 None se mwagiye kureba iki? Ese ni umuntu wambaye imyambaro y’agaciro? Oya, abambaye imyambaro y’akataraboneka bakanadamarara, ni abibera mu ngoro z’abami.
26 None se nyine mwagiye kureba iki? Ese ni umuhanuzi? Ni we koko, ndetse aruta umuhanuzi!
27 Yohani uwo ni we Ibyanditswe bivuga, aho Imana igira iti: ‘Dore nohereje intumwa yanjye mbere yawe, kugira ngo igutunganyirize inzira.’
28 Reka mbabwire: mu bana b’abantu ntawe uruta Yohani, nyamara umuto mu bwami bw’Imana aramuruta.”
29 Abantu bose bamwumvise barimo n’abasoresha, biyemeje kumvira Imana. Ni cyo cyatumye basanga Yohani ngo ababatize.
30 Ibiri amambu Abafarizayi n’abahanga mu by’Amategeko, banze imigambi Imana yari ibafitiye, ntibasanga Yohani ngo ababatize.
31 Yezu arakomeza ati: “Mbese abantu b’iki gihe nabagereranya n’iki? Mbese bameze nka ba nde?
32 Ni nk’abana bicaye mu isoko bahamagarana bati: ‘Twateye imbyino z’umunezero ntimwabyina! Duteye iz’ishavu ntimwarira!’
33 Yohani Mubatiza yaje yigomwa kurya no kunywa inzoga muravuga muti: ‘Yahanzweho!’
34 Naho Umwana w’umuntu aje arya anywa muravuga muti: ‘Mbega igisahiranda cy’igisinzi, cy’incuti y’abasoresha n’abanyabyaha!’
35 Nyamara ubwenge bw’Imana bugaragazwa n’abagengwa na bwo bose.”
Umugore w’umunyabyaha ababarirwa
36 Umwe mu Bafarizayi atumira Yezu ngo basangire. Bageze iwe bajya ku meza.
37 Muri uwo mujyi hari umugore w’umunyabyaha. Amenye ko Yezu ari ku meza kwa wa Mufarizayi, azana icupa ryuzuye amarashi.
38 Ahagarara inyuma ya Yezu ahagana ku birengearira, amarira atonyangira ku birenge bya Yezu maze abihanaguza umusatsi we, agumya kubisomagura no kubisīga ya marashi.
39 Umufarizayi wari watumiye Yezu abonye ibyo, ni ko kwibwira ati: “Iyaba uyu muntu yari umuhanuzi koko, aba yamenye uriya mugore umukozeho uwo ari we n’icyo ari cyo, ko ari umunyabyaha.”
40 Yezu afata ijambo ati: “Simoni, mfite icyo nkubwira.”
Simoni ati: “Mwigisha, mbwira.”
41 Yezu ati: “Tuvuge ko abantu babiri bārimo umwenda w’uwabagurije. Umwe yari amurimo ungana n’igihembo cy’imibyizi magana atanu, naho undi ay’imibyizi mirongo itanu.
42 Abonye ko nta wari ufite icyo yamwishyura, bombi abarekera imyenda yabo. None se ni uwuhe muri abo uzarushaho kumukunda?”
43 Simoni aramusubiza ati: “Ndatekereza ko ari uwo yarekeye umwenda munini.”
Yezu aramubwira ati: “Ubivuze uko biri.”
44 Nuko akebuka wa mugore maze abaza Simoni ati: “Urabona uyu mugore? Ninjiye iwawe ntiwampa amazi yo koga ibirenge, ariko we yansutseho amarira ku birenge maze abihanaguza umusatsi we.
45 Ntiwandamukije unsoma, ariko we kuva aho ngereye aha ntiyahwemye kunsoma ibirenge.
46 Ntiwansīze amavuta mu mutwe, ariko we yansīze amarashi ku birenge.
47 Ni yo mpamvu nkubwira ko amaze kubabarirwa ibyaha bye byinshi, urukundo rwe rwinshi ni rwo rubigaragaza. Naho ubabariwe bike, urukundo rwe ruba ruke.”
48 Yezu ni ko kubwira uwo mugore ati: “Ibyaha byawe urabibabariwe.”
49 Abatumirwa bari kumwe ku meza batangira kwibaza bati: “Uyu ni muntu ki ugeza n’aho kubabarira ibyaha?”
50 Ariko Yezu abwira uwo mugore ati: “Ukwizera kwawe kuragukijije, genda amahoro.”
—https://d1b84921e69nmq.cloudfront.net/126/32k/LUK/7-45fc9ad04daa0df4ae69c3aeb1406956.mp3?version_id=387—