Lk 8

Abagore bagendanaga na Yezu

1 Nyuma y’ibyo Yezu anyura mu mijyi no mu byaro, atangaza Ubutumwa bwiza bwerekeye ubwami bw’Imana. Ba bigishwa be cumi na babiri bagendanaga na we,

2 hamwe n’abagore bamwe yari yarakijije indwara, abandi akabameneshamo ingabo za Satani. Abo ni Mariya w’i Magadala wari wameneshejwemo ingabo ndwi za Satani,

3 na Yowana muka Shuza umunyabintu wa Herodi, na Suzana n’abandi benshi, batangaga ku byabo ngo bafashe Yezu n’abigishwa be.

Umugani w’umubibyi

4 Imbaga nyamwinshi y’abantu irakorana, bari baturutse muri buri mujyi bagana aho Yezu ari. Nuko abacira uyu mugani ati:

5 “Habayeho umuntu wagiye kubiba, igihe abiba imbuto zimwe zigenda zigwa ku nzira, hanyuma abantu barazikandagira n’inyoni zirazitoragura.

6 Izindi zigwa ku gasi, ngo zimare kumera ziruma kuko zabuze amazi.

7 Izindi zigwa mu mahwa, amahwa azirengaho ziragwingira.

8 Izindi zigwa mu butaka bwiza, zirakura zera imbuto ijana rumwe rumwe.”

Yezu amaze kuvuga atyo avuga cyane ati: “Ufite amatwi yumva ngaho niyumve!”

Igituma Yezu yavugiraga mu migani

9 Abigishwa be bamubaza icyo uwo mugani ushaka kuvuga.

10 Arabasubiza ati: “Mwebwe mwahawe kumenya amabanga y’ubwami bw’Imana, naho abandi babimenyeshwa n’imigani kugira ngo

‘Kureba barebe ariko be kubona,

kumva bumve ariko be gusobanukirwa.’

Yezu asobanura umugani w’umubibyi

11 “Dore icyo uwo mugani uvuga: imbuto zibibwa ni Ijambo ry’Imana.

12 Imbuto zaguye ku nzira zigereranywa n’abantu bumva iryo Jambo, nyuma Satani akaza akarikura mu mitima yabo, kugira ngo bataryemera ngo bakizwe.

13 Izaguye ku gasi ni nk’abantu bumva Ijambo ry’Imana, bakaryakirana ubwuzu ariko ntibashinge imizi. Baryemera igihe gito, nyuma bahura n’ibibagerageza bakarireka.

14 Izaguye mu mahwa ni nk’abumva iryo Jambo, maze guhagarika umutima no kwishakira ubukungu, no kwishimisha mu by’ubuzima bikarirengaho, bakamera nk’imbuto zarumbye.

15 Naho izaguye mu butaka bwiza ni nk’abumva iryo Jambo n’umutima mwiza uboneye, bakarikomeza ntibacogore, bakera imbuto.

Ikigereranyo cy’itara

16 “Ntawe ucana itara ngo aryubikeho akabindi cyangwa ngo arishyire munsi y’igitanda. Ahubwo aritereka ahirengeye kugira ngo abinjira bose basange habona.

17 Nta gihishwe kitazahishurwa, nta n’ibanga ritazamenyekana ngo rishyirwe ahagaragara.

18 “Murajye mwitondera uburyo mwumva ibyo mbabwira. Ufite azongererwa, naho udafite na busa azakwa n’utwo yaririragaho.”

Nyina wa Yezu n’abavandimwe be

19 Abavandimwe ba Yezu na nyina bajya aho ari, ariko ntibabasha kumugeraho kubera ikivunge cy’abantu.

20 Bamwe babimenyesha Yezu bati: “Nyoko n’abavandimwe bawe bahagaze hanze kandi baragushaka.”

21 Arabasubiza ati: “Mama n’abavandimwe banjye ni abumva Ijambo ry’Imana bakarikurikiza.”

Yezu ahosha inkubi y’umuyaga

22 Igihe kimwe Yezu yajyanye mu bwato n’abigishwa be, arababwira ati: “Twambuke dufate hakurya.”

Nuko baragenda.

23 Bacyambuka ikiyaga Yezu arisinzirira. Nuko haza inkubi y’umuyaga, ubwato bwuzura amazi ku buryo bendaga kurohama.

24 Begera Yezu baramukangura bati: “Mwigisha, mwigisha, turashize!”

Nuko arakanguka, maze acyaha umuyaga n’umuhengeri w’amazi, byose birahosha haba ituze.

25 Hanyuma arababaza ati :“Mbese ntimunyizera?”

Bagira ubwoba barumirwa, barabazanya bati: “Uyu ni muntu ki, utegeka n’imiyaga n’amazi bikamwumvira?”

Yezu akiza umuntu w’i Gerasa wahanzweho

26 Bomokera mu ntara y’Abanyagerasa, hakurya y’ikiyaga cya Galileya.

27 Yezu akigera imusozi, umuntu wahanzweho ava mu mujyi aza amusanga. Hari hashize igihe atacyikoza umwambaro, atagitaha no mu rugo ahubwo yibera mu irimbi.

28 Akibona Yezu induru ayiha umunwa, yikubita hasi imbere ye avuga aranguruye ati: “Uranshakaho iki Yezu Mwana w’Imana Isumbabyose? Ndakwinginze we kunyica urubozo.”

29 Ibyo byatewe n’uko Yezu yari ategetse ingabo ya Satani kumuvamo. Iyo ngabo yamuhangagaho kenshi, bigatuma bamurinda bamubohesheje iminyururu amaguru n’amaboko, ariko izo ngoyi akazituritsa maze ikamubuyereza ahantu hadatuwe.

30 Yezu aramubaza ati: “Witwa nde?”

Aramusubiza ati: “Nitwa Giteronyamwinshi.” Ibyo abivugira ko yari yarahanzweho n’ingabo za Satani nyinshi.

31 Zinginga Yezu ngo atazohereza ikuzimu.

32 Hafi aho ku musozi hari umugana w’ingurubenyinshi zarishaga. Izo ngabo za Satani zinginga Yezu ngo azireke zinjire mu ngurube, arazemerera.

33 Nuko ziva muri uwo muntu zinjira mu ngurube, maze umukumbi wose ucuncumuka ku gacuri, wiroha mu kiyaga urarohama.

34 Abashumba bazo babonye ibibaye barahunga, iyo nkuru bayikwiza mu mujyi no mu byaro.

35 Abaturage bajya kwirebera ibyabaye. Bageze aho Yezu ari babona wa muntu ingabo za Satani zavuyemo, yicaye hasi iruhande rwa Yezu, yambaye yagaruye ubwenge bibatera ubwoba.

36 Abari babyiboneye babatekerereza ukuntu uwo wari wahanzweho yakize.

37 Noneho abaturage bose b’iyo ntara y’Abanyagerasa basaba Yezu kubavira aho, kubera ko ubwoba bwari bwabatashye. Yezu ajya mu bwato ngo agende,

38 uwameneshejwemo ingabo za Satani asaba Yezu ngo bigumanire. Ariko Yezu aramusezerera agira ati:

39 “Subira iwanyu ubatekerereze ibyo Imana yagukoreye byose.”

Nuko uwo muntu aragenda, yamamaza mu mujyi wose ibyo Yezu yamukoreye.

Yezu akiza umugore urwaye, azura n’umwana

40 Yezu agarutseimbaga y’abantu iramwakira, kuko bose bari bamutegereje.

41 Haza umugabo witwaga Yayiro, wari umutware w’urusengero rw’Abayahudi. Yikubita imbere ya Yezu amusaba kuza iwe.

42 Amubwira ko umukobwa we w’ikinege w’imyaka nka cumi n’ibiri asamba.

Akigenda rubanda nyamwinshi bamuniganagaho.

43 Muri abo bantu harimo umugore wari urwaye indwara yo kuva, ayimaranye imyaka cumi n’ibiri. [Yari yaratagaguje utwe twose mu baganga, ariko] nta wari warashoboye kumukiza.

44 Yegera Yezu amuturutse inyuma maze akora ku ncundaz’umwitero we. Ako kanya amaraso arakama.

45 Yezu arabaza ati: “Ni nde unkozeho?”

Bose barahakana maze Petero aravuga ati: “Mwigisha, ese ntubona ko abantu benshi bagukikije bakaba bakubyiga?”

46 Ariko Yezu aravuga ati: “Hari uwankozeho kuko numvise hari ububasha bumvuyemo.”

47 Wa mugore abonye ko yamenyekanye, ni ko kuza ahinda umushyitsi yikubita imbere ya Yezu, amutekerereza icyatumye amukoraho n’ukuntu yahise akira, abari aho bose barabyumva.

48 Yezu ni ko kumubwira ati: “Mwana wanjye, ukwizera kwawe kuragukijije, genda amahoro.”

49 Akivuga atyo haza intumwa ibwira wa mutware w’urusengero iti: “Umukobwa wawe amaze gupfa, ntiwirirwe urushya umwigisha.”

50 Yezu abyumvise abwira Yayiro ati: “Witinya, nyizera gusa arakira.”

51 Ageze mu rugo ntiyareka hari uwinjirana na we, uretse Petero na Yohani na Yakobo, na se na nyina b’umwana.

52 Bose barariraga bashavujwe n’uwo mwana. Yezu ni ko kubabwira ati: “Mwirira, ntiyapfuye ahubwo arasinziriye.”

53 Baramuseka, kuko bari bazi ko umwana yapfuye.

54 Nuko Yezu amufata ukuboko aramuhamagara ati: “Mwana, byuka!”

55 Umukobwa agarura akuka aba muzima, maze ahita abyuka. Yezu ategeka ko bamugaburira.

56 Ababyeyi ibyishimo birabasāba, nyamara Yezu arabihanangiriza ngo be kugira uwo bamenyesha ibibaye.

—https://d1b84921e69nmq.cloudfront.net/126/32k/LUK/8-7f8293c5417826183d9a148fdb36645b.mp3?version_id=387—