Gutandukana kw’abashakanye
1 Hanyuma Yezu ava aho ngaho ajya mu ntara ya Yudeya, n’iburasirazuba bw’uruzi rwa Yorodani. Imbaga y’abantu yongera gukoranira aho ari, asubira kubigisha nk’uko yabimenyereye.
2 Abafarizayi bazanwa no kumutegera mu byo avuga. Baramubaza bati: “Mbese biremewe ko umugabo yirukana umugore we?”
3 Na we arababaza ati: “Musa yabategetse iki?”
4 Baramusubiza bati: “Musa yahaye umugabo uruhushya rwo kwirukana umugore we, amaze kumuha urwandiko rwemeza ko amusenze.”
5 Yezu arababwira ati: “Icyatumye Musa abandikira iryo tegeko ni uko imitima yanyu inangiye.
6 Ariko mbere na mbere, igihe Imana yaremaga yaremye abantu, umugabo n’umugore.
7 ‘Ni cyo gituma umugabo azasiga se na nyina akabana n’umugore we akaramata,
8 bombi bakaba umuntu umwe’, ku buryo baba batakiri babiri ahubwo baba babaye umuntu umwe.
9 Nuko rero ntihakagire umuntu utandukanya abo Imana yafatanyije.”
10 Bageze imuhira abigishwa bongera kumusobanuza ibyo yavuze.
11 Arababwira ati: “Umugabo wese wirukana umugore we maze akazana undi, aba asambanye kandi akaba ahemukiye umugore we wa mbere.
12 N’umugore wahukana n’umugabo we agashaka undi mugabo, aba asambanye.”
Yezu yakira abana bato
13 Abantu bazanira Yezu abana bato ngo abakoreho, maze abigishwa be barabacyaha.
14 Yezu abibonye biramurakaza, arababwira ati: “Nimureke abana bato bansange, mwibabuza kuko ubwami bw’Imana ari ubw’abameze nka bo.
15 Ndababwira nkomeje ko utākira ubwami bw’Imana nk’uko umwana muto abwākira, atazabwinjiramo bibaho.”
16 Nuko ahobera abo bana, abarambikaho ibiganza abaha umugisha.
Umuntu w’umukungu asanga Yezu
17 Yezu agihaguruka aho umuntu aza yiruka, amupfukama imbere aramubaza ati: “Mwigisha mwiza, nakora iki kugira ngo mpabwe ubugingo buhoraho?”
18 Yezu aramusubiza ati: “Unyitiye iki mwiza? Nta mwiza n’umwe ubaho uretse Imana yonyine.
19 Uzi Amategeko ngo ntukice, ntugasambane, ntukibe, ntukabeshyere abandi, ntugahuguze, ujye wubaha so na nyoko.”
20 Undi ati: “Mwigisha, ayo yose narayakurikije kuva mu buto bwanjye.”
21 Nuko Yezu amwitegereje aramukunda. Ni ko kumubwira ati: “Icyakora ushigaje kimwe, genda ugurishe ibyo utunze byose ibivuyemo ubihe abakene, ni bwo uzaba ufite ubutunzi mu ijuru, maze uze unkurikire.”
22 Uwo muntu yumvise iryo jambo arasuherwa, agenda ashavuye kuko yari afite ibintu byinshi.
23 Yezu areba abigishwa be arababwira ati: “Mbega ukuntu biruhije abakungu kwinjira mu bwami bw’Imana!”
24 Abigishwa be bumvise ibyo baratangara. Nuko Yezu yungamo ati: “Bana banjye, mbega ukuntu biruhanyijekwinjira mu bwami bw’Imana!.
25 Icyoroshye ni uko ingamiya yanyura mu mwenge w’urushinge, kuruta ko umukungu yakwinjira mu bwami bw’Imana.”
26 Abigishwa be barushaho gutangara, barabazanya bati: “Noneho se ni nde ubasha kurokoka?”
27 Yezu arabitegereza arababwira ati: “Koko ku bantu ni ibidashoboka, ariko ku Mana si ko biri kuko yo byose biyishobokera.”
28 Nuko Petero aramubwira ati: “Twebwe twasize byose turagukurikira.”
29 Yezu ati: “Ndababwira nkomeje ko umuntu wese wasize urugo cyangwa abavandimwe, cyangwa nyina cyangwa se, cyangwa abana cyangwa amasambu kubera jye n’Ubutumwa bwiza,
30 muri iki gihe uwo muntu azahabwa ibiruta ibyo incuro ijana. Azahabwa ingo n’abavandimwe na ba nyina n’abana n’amasambu, icyakora azanatotezwa, no mu gihe kizaza azahabwa ubugingo buhoraho.
31 Ikindi kandi hari benshi mu b’imbere bazaba ab’inyuma, na benshi mu b’inyuma babe ab’imbere.”
Yezu avuga ubwa gatatu ko azapfa akazuka
32 Ubwo bari mu nzira bagana i Yeruzalemu, Yezu ajya imbere y’abigishwa be. Bari bahagaritse umutima cyane, abandi babakurikiye na bo bari bafite ubwoba. Yezu yongera kwihererana n’abigishwa be cumi na babiri, atangira kubabwira ibigiye kumubaho ati:
33 “Dore tugiye i Yeruzalemu, Umwana w’umuntu azashyikirizwa abakuru bo mu batambyi n’abigishamategeko, bamucire urubanza rwo gupfa. Bazamugabiza abanyamahanga
34 bamushinyagurire, bamuvundereze amacandwe, bamukubite ibiboko bamwice, maze iminsi itatu nishira azuke.”
Yakobo na Yohani bisabira ubutoni
35 Hanyuma Yakobo na Yohani bene Zebedeyi baramwegera, baramubwira bati: “Mwigisha, turashaka ko wadukorera icyo tugusaba.”
36 Arababaza ati: “Murashaka ko mbakorera iki?”
37 Baramusubiza bati: “Uduhe kuzicarana nawe ku ntebe za cyami, umwe iburyo undi ibumoso, igihe uzaba wimye ingoma ufite ikuzo.”
38 Yezu arababwira ati: “Ntabwo muzi icyo musaba. Mbese mwashobora kunywera ku gikombe cy’umubabarongomba kunywa? Ese mwashobora kubatizwa mu mubabarokimwe nanjye?”
39 Baramusubiza bati: “Twabishobora.”
Nuko Yezu arababwira ati: “Ni koko igikombe cyanjye muzakinyweraho, n’ukuntu nzabatizwa ni ko muzabatizwa,
40 naho gutanga ibyicaro iburyo cyangwa ibumoso bwanjye, si jye ubigaba ahubwo bifite ababigenewe.”
41 Bagenzi babo uko ari icumi babyumvise, batangira kurakarira Yakobo na Yohani.
42 Yezu arabarembuza arababwira ati: “Muzi ko abahawe gutegeka amahanga bayatwaza igitugu, kandi n’abakomeye bo muri yo bakayabuza epfo na ruguru.
43 Ariko muri mwe ntibikagende bityo. Ahubwo ushaka kuba mukuru muri mwe agomba kujya abakorera,
44 kandi ushaka kuba uw’imbere muri mwe agomba kuba umugaragu wa bose.
45 Umwana w’umuntu na we ntiyazanywe no gukorerwa, ahubwo yazanywe no gukorera abandi no kubapfira kugira ngo abe incungu ya benshi.”
Yezu ahumūra Barutimeyo
46 Hanyuma bagera i Yeriko. Nuko Yezu n’abigishwa be bahavana n’imbaga y’abantu benshi. Basanga umuntu w’impumyi witwaga Barutimeyo mwene Timeyo, yicaye iruhande rw’inzira asabiriza.
47 Yumvise ko Yezu w’i Nazareti aje, arangurura ijwi ati: “Yezu Mwene Dawidi, ngirira impuhwe!”
48 Benshi baramucyaha ngo aceceke!
Ariko we arushaho kurangurura ati: “Mwene Dawidi, ngirira impuhwe!”
49 Nuko Yezu arahagarara aravuga ati: “Nimumuhamagare.”
Bahamagara iyo mpumyi barayibwira bati: “Haguruka vuba araguhamagaye!”
50 Ijugunya umwitero wayo, irabaduka isanga Yezu.
51 Yezu abaza uwo muntu ati: “Urashaka ko ngukorera iki?”
Aramusubiza ati: “Mwigisha, mpumūra!”
52 Yezu ati: “Igendere, ukwizera kwawe kuragukijije.”
Uwo mwanya arahumuka maze akurikira Yezu.
—https://d1b84921e69nmq.cloudfront.net/126/32k/MRK/10-c81a42d316acebd1f9fa2d7ee00d7397.mp3?version_id=387—