Mk 14

Abakuru b’Abayahudi bajya inama yo kwica Yezu

1 Hari hasigaye iminsi ibiri ngo habe umunsi mukuru wa Pasika y’Abayahudi, n’iminsi mikuru y’imigati idasembuye. Abakuru bo mu batambyi n’abigishamategeko bashakaga uko bafata Yezu bakoresheje amayeri, kugira ngo bamwicishe.

2 Icyakora bakavuga bati: “Ntituzamufate mu minsi mikuru, kugira ngo rubanda badatera imidugararo.”

Umugore asīga Yezu amarashi

3 Igihe Yezu yari i Betaniya kwa Simoni umubembe afungura, haje umugore azanye icuparyuzuye amarashi yitwa naridi, amininnye kandi ahenda cyane. Nuko amena iryo cupa, amarashi ayasuka mu mutwe wa Yezu.

4 Bamwe mu bari aho bararakara baravugana bati: “Ariya marashi ayapfushirije iki ubusa?

5 Mbese ntiyari kugurishwa amafaranga arenga igihembo cy’imibyizi magana atatu, agahabwa abakene?”

Nuko batonganya uwo mugore cyane.

6 Ariko Yezu arababwira ati: “Nimumureke! Muramuhora iki kandi icyo ankoreye ari cyiza?

7 Abakene muhorana na bo aho mwashakira mwabagirira neza, naho jye ntituzahorana.

8 Akoze ibyo ashoboye nubwo igihe kitaragera, ansīze amarashi ku mubiri antegurira guhambwa.

9 Ndababwira nkomeje ko ku isi yose aho Ubutumwa bwiza buzamamazwa, ibyo uyu mugore angiriye bizavugwa, abantu babimwibukireho.”

Yuda yiyemeza kugambanira Yezu

10 Yuda Isikariyoti, umwe mu bigishwa cumi na babiri, ajya kuvugana n’abakuru bo mu batambyi uburyo yabashyikiriza Yezu.

11 Babyumvise baranezerwa, bamusezeranya amafaranga bazamuha. Nuko Yuda atangira kwiga uko yamubashyikiriza n’igihe yabikorera.

Yezu asangira n’abigishwa be ifunguro rya Pasika

12 Umunsi wa mbere w’Iminsi mikuru y’Imigati idasembuye, ari wo baryagaho umwana w’intama wa Pasika, abigishwa ba Yezu baramubaza bati: “Ni hehe ushaka ko tujya kugutegurira ifunguro rya Pasika?”

13 Yezu atuma babiri mu bigishwa be ati: “Nimujye mu mujyi, murahura n’umugabo wikoreye ikibindi cy’amazi mumukurikire.

14 Inzu ari bujyemo mubwire nyirayo muti: ‘Umwigisha akudutumyeho ngo utwereke icyumba wamuteguriye, aho ari busangirire n’abigishwa be ifunguro rya Pasika.’

15 Na we ari bubereke icyumba kigari mu igorofa yo hejuru kirimo ibyicaro kandi giteguye, abe ari ho mudutunganyiriza ifunguro rya Pasika.”

16 Ba bigishwa baragenda bajya mu mujyi basanga bimeze nk’uko yabibabwiye, maze bategura ifunguro rya Pasika.

17 Bugorobye Yezu azana n’abigishwa be cumi na babiri.

18 Nuko mu gihe bafungura Yezu aravuga at:i “Ndababwira nkomeje ko umwe muri mwe dusangira agiye kungambanira.”

19 Batangira kubabara no kumubaza umwe umwe bati: “Mbese ni jye?”

20 Yezu arabasubiza ati: “Ni umwe muri mwe cumi na babiri, uwo duhuriza intoki ku mbehe.

21 Koko Umwana w’umuntu agiye kwicwa nk’uko Ibyanditswe bivuga kuri we. Nyamara ugiye kumugambanira azabona ishyano, icyari kuba cyiza kuri uwo muntu ni iyo aba ataravutse.”

Ifunguro rihamya Isezerano rishya

22 Igihe bafunguraga Yezu afata umugati, amaze gushimira Imana arawumanyura, arawubahereza ati: “Nimwakire, uyu ni umubiri wanjye.”

23 Afata n’igikombe ashimira Imana, arakibahereza banywaho bose.

24 Nuko arababwira ati: “Aya ni amaraso yanjye ahamya Isezerano Imana igiranye n’abayo, amenwe ku bw’abantu benshi.

25 Ndababwira nkomeje ko ntazongera kunywa divayi, kugeza igihe nzanywera divayi nshya mu bwami bw’Imana.”

26 Nuko bamaze kuririmba, barasohoka bajya ku Musozi w’Iminzenze.

Yezu abwira Petero ko ari bumwihakane

27 Yezu arababwira ati: “Ibigiye kumbaho biri bubace intege mwese, ni na ko Ibyanditswe bivuga ngo ‘Nzica umushumba, intama zitatane.’

28 Ariko nimara kuzuka muzansanga muri Galileya.”

29 Petero aramubwira ati: “Ibigiye kukubaho naho bose byabaca intege, jye nta cyo biri buntware!”

30 Yezu aramusubiza ati: “Ndakubwira nkomeje ko muri iri joro, inkoko ijya kubika kabiri umaze kunyihakana gatatu.”

31 Ariko Petero we arushaho kwemeza ati: “Naho byatuma mpfana nawe, sindi bukwihakane na gato!”

Abandi bose na bo bavuga batyo.

Yezu asengera i Getsemani

32 Hanyuma bajya ahantu hitwa Getsemani. Bahageze Yezu abwira abigishwa be ati: “Nimube mwicaye hano igihe nsenga.”

33 Ajyana na Petero na Yakobo na Yohani, atangira guhagarika umutima no gushavura cyane.

34 Arababwira ati: “Agahinda mfite karenda kunyica. Nimugume hano mube maso.”

35 Nuko yigira imbere gato yikubita hasi yubamye, arasenga ngo niba bishoboka icyo gihe cy’umubabaro kitamugeraho.

36 Aravuga ati: “Aba”, ni ukuvuga ngo: “Data byose biragushobokera.” Igiza kure yanjye iki gikombe cy’umubabaro. Nyamara ntibibe uko nshaka, ahubwo bibe uko ushaka.”

37 Hanyuma araza asanga abigishwa be basinziriye, abaza Petero ati: “Simoni, urisinziriye? Ese nturuhije uba maso n’isaha imwe?

38 Mube maso kandi musenge, kugira ngo mutagwa mu bishuko. Umutima w’umuntu ugira imigambi myiza, ariko umubiri wo ugira intege nke.”

39 Asubirayo yongera gusenga, avuga amagambo nk’aya mbere.

40 Ahindukiye asanga na none basinziriye, kuko amaso yabo yari aremerewe n’ibitotsi, maze babura icyo bamusubiza.

41 Agarutse ubwa gatatu arababaza ati: “Mbese muracyasinziriye? Muriruhukiye?Yemwe, igihe kirageze, Umwana w’umuntu agabijwe abanyabyaha.

42 Nimuhaguruke tugende dore ungambanira araje.”

Bafata Yezu

43 Uwo mwanya akivuga ibyo, Yuda umwe muri ba bigishwa cumi na babiri aba araje. Yari kumwe n’igitero cy’abantu bitwaje inkota n’amahiri, boherejwe n’abakuru bo mu batambyi n’abigishamategeko n’abakuru b’imiryango.

44 Uwamugambaniraga yari yabahaye ikimenyetso ati: “Uwo nza kuramutsa nkamusoma araba ari we, mumufate mumujyane mumurinze cyane.”

45 Ako kanya Yuda asanga Yezu aramusuhuza ati: “Mwiriwe Mwigisha.” Nuko aramusoma.

46 Nuko ba bantu bahita basumira Yezu, baramufata.

47 Umuntu umwe mu bari aho akura inkota, ayikubita umugaragu w’Umutambyi mukuru amuca ugutwi.

48 Yezu arababaza ati: “Kuki muje kumfata mwitwaje inkota n’amahiri nk’abagiye gufata igisambo?

49 Iminsi yose nari kumwe namwe mu rugo rw’Ingoro y’Imana nigisha, ntimwamfashe. Ariko ibi bibereyeho kugira ngo bibe nk’uko Ibyanditswe bivuga.”

50 Abigishwa be bose baramutererana barahunga.

51 Umusore umwe yari amukurikiye yifubitse umwenda, baramufata arabacika,

52 basigarana umwenda we ahunga yambaye ubusa.

Yezu ajyanwa mu rukiko rw’ikirenga rw’Abayahudi

53 Nuko bajyana Yezu ku Mutambyi mukuru, abakuru bose bo mu batambyi n’abakuru b’imiryango n’abigishamategeko barahakoranira.

54 Ubwo Petero amukurikirira kure, aza kugera mu rugo rw’Umutambyi mukuru, yicara ku ikome hamwe n’abakozi baho, arota.

55 Abakuru bo mu batambyi n’abandi bose bagize urukiko rw’ikirenga, bashakaga icyakwicisha Yezu bakakibura.

56 Icyakora habonetse benshi bamushinja ibinyoma, ariko bavugaga ibinyuranye.

57 Bamwe barahaguruka bamushinja ibinyoma bati:

58 “Twamwumvise avuga ngo ‘Nzasenya iyi Ngoro yubatswe n’abantu, maze mu minsi itatu nubake indi itubatswe n’abantu.’ ”

59 Nyamara no kuri iyo ngingo ibirego byabo ntibyari bihuye.

60 Noneho Umutambyi mukuru arahaguruka ahagarara mu ruhame. Abaza Yezu ati: “Ko nta cyo usubiza ku byo aba bantu bagushinja?”

61 Yezu aricecekera ntiyagira icyo asubiza. Nuko Umutambyi mukuru yongera kumubaza ati: “Harya ni wowe Kristo Umwana wa Nyir’ugusingizwa?”

62 Yezu aramusubiza ati: “Ndi we. Byongeye kandi, muzabona Umwana w’umuntu yicaye ku ntebe ya cyami iburyo bw’Imana Nyirububasha, munamubone aje ku bicu byo ku ijuru.”

63 Umutambyi mukuru ni ko gushishimura imyambaro ye kugira ngo agaragaze ko bimushegeshe, maze aravuga ati: “Turacyashaka abagabo b’iki se kandi?

64 Mwiyumviye uko atuka Imana! Murabitekerezaho iki?”

Bose bamucira urwo gupfa.

65 Nuko bamwe batangira kumuvundereza amacandwe, bamupfuka mu maso, bamutera amakofi bamubwira ngo: “Ngaho hanura!”

Abakozi baho na bo baramufata bamukubita inshyi.

Petero yihakana Yezu

66 Icyo gihe Petero yari hanze mu rugo. Nuko haza umwe mu baja b’Umutambyi mukuru,

67 abonye Petero yota aramwitegereza, aramubwira ati: “Nawe wari kumwe na Yezu w’i Nazareti!”

68 Petero aramuhakanira ati: “Sinumva na busa icyo ushaka kuvuga!”

Maze arasohoka ageze ku marembo [inkoko irabika].

69 Wa muja yongeye kumubona abwira abari aho ati: “Uyu ni umwe muri bo.”

70 Petero yongera guhakana. Hashize akanya abari aho bongera kumubwira bati: “Ni ukuri nawe uri uwo muri bo, koko uri Umunyagalileya!”

71 Nuko Petero atangira kwivuma no gucurikiranya indahiro ati: “Uwo muntu muvuga simuzi!”

72 Ako kanya inkoko ibika ubwa kabiri. Petero ni ko kwibuka ijambo Yezu yari yamubwiye ati: “Inkoko irajya kubika kabiri umaze kunyihakana gatatu.” Nuko araturika ararira.

—https://d1b84921e69nmq.cloudfront.net/126/32k/MRK/14-069a341cd991a7ab1a0f8da777e8e161.mp3?version_id=387—