Yezu ashyikirizwa Umunyaroma Pilato wategekaga Yudeya
1 Igitondo gitangaje abakuru bo mu batambyi n’abakuru b’imiryango n’abigishamategeko, mbese abagize urukiko rw’ikirenga bose, bateranira hamwe mu nama. Bamaze kuboha Yezu, baramujyana bamushyikiriza Pilato.
2 Nuko Pilato aramubaza ati: “Ni wowe mwami w’Abayahudi?”
Yezu aramusubiza ati: “Urabyivugiye.”
3 Abakuru bo mu batambyi bamurega ibirego byinshi.
4 Pilato yongera kumubaza ati: “Ko nta cyo usubiza? Ese ntiwumva ko ibyo bakurega ari byinshi?”
5 Yezu ntiyongera kugira icyo asubiza, Pilato abibonye aratangara.
Yezu acirwa urwo gupfa
6 Ku munsi mukuru wa Pasika, Pilato yari amenyereye kurekurira abantu imfungwa imwe bamusabaga.
7 Icyo gihe muri gereza hari abari barishe abantu mu myivumbagatanyo yo kugomera Abanyaroma, muri abo hari uwitwaga Baraba.
8 Rubanda ni ko kuzamuka basanga Pilato, bamusaba kubagenzereza nk’uko yari asanzwe abigira.
9 Arababaza ati: “Murashaka ko mbarekurira umwami w’Abayahudi?”
10 Pilato yari azi ko abakuru bo mu batambyi bamugabije Yezu babitewe n’ishyari.
11 Ariko abakuru bo mu batambyi boshya rubanda gusaba Pilato ngo abarekurire Baraba.
12 Pilato yongera kubabaza ati: “None se uwo mwita umwami w’Abayahudi mugire nte?”
13 Bamusubiza baranguruye amajwi bati: “Mubambe ku musaraba!”
14 Pilato arababaza ati: “Kuki? Icyaha yakoze ni ikihe?”
Barushaho gusakuza bati: “Mubambe!”
15 Pilato ashaka gushimisha rubanda, abarekurira Baraba. Ategeka ko Yezu abambwa ku musaraba bamaze kumukubita ibiboko.
Abasirikari bashinyagurira Yezu
16 Abasirikari bamujyana mu gikari cy’ingoro y’umutegetsi, bahakoranyiriza abandi basirikari bose.
17 Bambika Yezu umwitero w’umutuku wijimye, bazingazinga ikamba ry’amahwa bararimutamiriza.
18 Biha kumuramya bati: “Urakarama Mwami w’Abayahudi!”
19 Bamara umwanya bamukubita ikibingo mu mutwe, bakamuvundereza amacandwe, maze bagapfukama ngo baramuramya.
20 Nuko bamaze kumushinyagurira batyo, bamwambura wa mwitero utukura bamusubiza imyambaro ye. Baramusohokana bajya kumubamba ku musaraba.
Yezu abambwa ku musaraba
21 Bakigenda bahura n’umuntu w’i Sirene witwaga Simoni, se wa Alegisanderi na Rufo ava mu cyaro. Abasirikari bamuhatira gutwara umusaraba wa Yezu.
22 Bajyana Yezu ahitwa i Gologota, bisobanurwa ngo “ahitiriwe igihanga.”
23 Bamuha divayi ivanzemo umuti wo koroshya uburibwe, ariko arayanga.
24 Nuko bamubamba ku musaraba, bigabanya imyambaro ye bakoresheje ubufindo, kugira ngo buri wese amenye iyo ari bujyane.
25 Igihe bamubambaga ku musaraba hari isaa tatu.
26 Itangazo ry’icyo yaregwaga ryari ryanditswe ngo “Umwami w’Abayahudi.”
27 Yari abambanywe n’abambuzi babiri, umwe iburyo undi ibumoso. [
28 Nuko biba nk’uko Ibyanditswe bivuga ngo “Yabazwe mu bagome.”]
29 Abahisi baramutukaga, bakazunguza umutwe bati: “Ngaho da! Wowe wasenya Ingoro y’Imana ukayubaka mu minsi itatu,
30 ikize wivane ku musaraba turebe!”
31 Abakuru bo mu batambyi bafatanyaga n’abigishamategeko kumushinyagurira, bakamuseka bati: “Yakijije abandi none ananiwe kwikiza!
32 Umva ko ari Kristo umwami w’Abisiraheli, ngaho namanuke ku musaraba tubibone, tumwemere!”
Ndetse n’abari babambanywe na we ni ko bamutukaga.
Urupfu rwa Yezu
33 Isaa sita mu gihugu cyose hacura umwijima, kugeza isaa cyenda.
34 Nuko isaa cyenda zigeze Yezu avuga aranguruye ati: “Eloyi, Eloyi, lama sabakitani?” Bisobanurwa ngo “Mana yanjye, Mana yanjye, ni iki gitumye untererana?”
35 Bamwe mu bari bahagaze aho babyumvise baravuga bati: “Umva re! Aratabaza Eliya.”
36 Nuko umuntu umwe ariruka afata icyangwe, acyinika muri divayi isharira agihambira ku kibingo, akimushyira ku munwa ngo anyunyuze ati: “Mureke turebe ko Eliya aza kumumanura ku musaraba.”
37 Yezu arangurura ijwi, aherako avamo umwuka.
38 Nuko mu Ngoro y’Imana umwenda wakingirizaga Icyumba kizira inenge cyaneutabukamo kabiri, uhereye hejuru ukageza hasi.
39 Umukapiteni w’abasirikari wari umuhagaze imbere, abonye ukuntu apfuye aravuga ati: “Ni ukuri, uyu muntu yari umwana w’Imana!”
40 Hari n’abagore babireberaga kure. Barimo Mariya w’i Magadala na Salome na Mariya nyina wa Yakobo muto, na Yozefu.
41 Abo bagore bakurikiraga Yezu akiri muri Galileya, bamufasha imirimo. Hari n’abandi bagore benshi bamuherekeje ajya i Yeruzalemu.
Umurambo wa Yezu ushyirwa mu mva
42 Bugiye kwira ku munsi w’imyiteguro, isabato igiye gutangira,
43 haza Yozefu ukomoka mu mujyi wa Arimateya, wari umujyanama w’ikirangirire mu rukiko rw’ikirenga rw’Abayahudi. Yari umwe mu bari bategerejeubwami bw’Imana, maze aratinyuka ajya kwa Pilato amusaba umurambo wa Yezu.
44 Pilato atangazwa no kumva ko Yezu amaze gupfa. Atumira umukapiteni w’abasirikari, amubaza ko yamaze gupfa koko.
45 Umukapiteni arabimwemeza, Pilato ni ko kwemerera Yozefu kujyana umurambo wa Yezu.
46 Nuko Yozefu amaze kugura umwenda wera, avana umurambo wa Yezu ku musaraba awuhambira muri uwo mwenda. Aherako awushyingura mu mva yari yarakorogoshowe mu rutare, hanyuma ahirikiraho ibuye arikingisha umuryango.
47 Mariya w’i Magadala na Mariya nyina wa Yozefu, bitegerezaga aho umurambo ushyinguwe.
—https://d1b84921e69nmq.cloudfront.net/126/32k/MRK/15-9e9e469badc337b333746897e79a3ea9.mp3?version_id=387—