Yezu akiza umuntu wari unyunyutse ikiganza
1 Yezu asubiye mu rusengero ahasanga umuntu wari unyunyutse ikiganza.
2 Bagenzura Yezu ngo barebe ko amukiza ku isabato, kugira ngo babone icyo bamurega.
3 Yezu abwira uwo muntu wari unyunyutse ikiganza ati: “Haguruka ujye hariya hagati.”
4 Nuko arababaza ati: “Mbese hemewe iki ku munsi w’isabato, kugira neza cyangwa se kugira nabi? Gukiza umuntu cyangwa kumwica?” Baricecekera.
5 Yezu abararanganyamo amaso arakaye, kandi atewe agahinda n’uko imitima yabo inangiye. Nuko abwira uwo muntu ati: “Rambura ikiganza.” Arakirambura maze cyongera kuba kizima.
6 Abafarizayi basohotse, ako kanya bahuza umugambi n’abo mu ishyaka rya Herodi, kugira ngo bashake uko bamwica.
Abantu benshi basanga Yezu ku Kiyaga cya Galileya
7 Nuko Yezu n’abigishwa be bagenda bagana ku kiyaga, imbaga nyamwinshi y’abantu iramukurikira. Bari baturutse muri Galileya no muri Yudeya,
8 baturutse n’i Yeruzalemu no mu ntara ya Idumeya no hakurya ya Yorodani, no mu karere ka Tiri na Sidoni. Bazanywe n’uko bumvise ibyo Yezu yakoraga.
9 Nuko abwira abigishwa be kumwegereza ubwato ngo ajyemo rubanda rutamuniganaho,
10 kuko yari yakijije abantu benshi bigatuma abari barwaye bose bamwisukaho kugira ngo bamukoreho.
11 Ingabo za Satani na zo iyo zabonaga Yezu, zituraga hasi imbere ye zikarangurura ziti: “Uri Umwana w’Imana.”
12 Na we akazibuza azihanangiriza ngo ze kumwamamaza.
Yezu atoranya abigishwa cumi na babiri
13 Hanyuma Yezu azamuka umusozi, maze ahamagara abo yishakiye baramusanga.
14 Nuko atoranya muri bo cumi na babiri kugira ngo babane na we, ajye abohereza kwamamaza Ubutumwa bwiza,
15 abaha n’ububasha bwo kumenesha ingabo za Satani.
16 Abo cumi na babiri yatoranyije ni aba: Simoni Petero,
17 na Yakobo na Yohani bene Zebedeyi ari bo yahimbye Bowanerige (ni ukuvuga “abakubita nk’inkuba”),
18 na Andereya na Filipo na Barutolomayo, na Matayo na Tomasi na Yakobo mwene Alufeyi, na Tadeyo na Simoni w’umurwanashyaka w’igihugu,
19 na Yuda Isikariyoti wa wundi wagambaniye Yezu.
Yezu na Bēlizebuli
20 Hanyuma Yezu agaruka imuhira, imbaga y’abantu yongera guterana, bigeza aho we n’abigishwa be babura uko bafungura.
21 Bene wabo babimenye baza kuhamuvana, kuko bavugaga bati: “Yasaze.”
22 Abigishamategeko bari bavuye i Yeruzalemu baravuga bati: “Yahanzweho na Bēlizebuli”, kandi bati: “Ububasha bwo kumenesha ingabo za Satani abuhabwa n’uwo mutware wazo.”
23 Yezu arabahamagara maze abaha urugero ati: “Satani ashobora ate kumenesha Satani?
24 Iyo igihugu gisubiranyemo ntigishobora gukomera.
25 Byongeye kandi iyo umuryango usubiranyemo, ntushobora gukomera.
26 Nuko rero niba Satani ubwe yirwanya, aba yiciyemo ibice ntashobore gukomera, ibye bikaba birangiye.
27 “Ntawe ubasha kwigabiza urugo rw’umunyamaboko ngo amusahure ibyo atunze keretse abanje kumuboha, ubwo ni bwo yasahura urugo rwe.
28 “Ndababwira nkomeje ko ibyaha byose abantu bakoze, ndetse n’ibyo batutse Imana byose bazabibabarirwa.
29 Ariko uzatuka Mwuka Muziranenge ntabwo azababarirwa bibaho. Azabarwaho icyaha gihoraho iteka ryose.”
30 Icyateye Yezu kuvuga ibyo ni uko bari bavuze ngo yahanzweho n’ingabo ya Satani.
Nyina wa Yezu n’abavandimwe be
31 Nyina wa Yezu n’abavandimwe be baraza bahagarara hanze, bamutumaho.
32 Abantu benshi bari bicaye bamukikije baramubwira bati: “Yewe, nyoko n’abavandimwe bawe bari hanze baragushaka.”
33 Yezu arabasubiza ati: “Mama n’abavandimwe banjye ni bande?”
34 Nuko araranganya amaso mu bari bicaye bamukikije, aravuga ati: “Mama n’abavandimwe banjye ni aba:
35 umuntu wese ukora ibyo Imana ishaka ni we murumuna wanjye, ni we mushiki wanjye, ni na we mama.”
—https://d1b84921e69nmq.cloudfront.net/126/32k/MRK/3-c47f71ddb388bd71fc42c07004c265bc.mp3?version_id=387—