Mk 5

Yezu akiza umuntu w’i Gerasa wahanzweho

1 Yezu afata hakurya y’ikiyaga mu ntara y’Abanyagerasa.

2 Yezu akigera imusozi, umuntu aza amusanga aturutse mu irimbi. Uwo muntu yari ahanzweho n’ingabo ya Satani.

3 Yiberaga mu irimbi kandi nta muntu n’umwe wari ugishobora kumuboha, haba no kumubohesha iminyururu.

4 Akenshi bamubohaga amaguru bakoresheje ibyuma, n’amaboko bakoresheje iminyururu, noneho iminyururu akayituraguritsa, n’ibyuma akabicagagura. Nta muntu wari ukimushobora.

5 Ijoro n’amanywa yazereraga mu irimbi no ku misozi, avuza induru kandi yikebesha amabuye.

6 Akiri kure abona Yezu, aza yiruka aramupfukamira.

7 Maze avuga cyane aranguruye ijwi ati: “Uranshakaho iki, Yezu Mwana w’Imana Isumbabyose? Girira Imana we kunyica urubozo!”

8 Ibyo byatewe n’uko Yezu yari ategetse ati: “Ngabo ya Satani, va muri uwo muntu!”

9 Yezu abaza uwo muntu ati: “Witwa nde?”

Aramusubiza ati: “Nitwa Giteronyamwinshi, kuko turi benshi cyane.”

10 Nuko yinginga Yezu cyane ngo ye kumenesha izo ngabo za Satani mu gihugu.

11 Hafi aho ku musozi hari umugana munini w’ingurubezarishaga.

12 Izo ngabo za Satani zinginga Yezu ziti: “Tureke twigire muri ziriya ngurube tuziberemo!”

13 Arazemerera. Nuko ziva muri uwo muntu zinjira mu ngurube, maze umugana wose ucuncumuka ku gacuri wiroha mu kiyaga. Izo ngurube zose uko zari nk’ibihumbi bibiri zirarohama.

14 Abashumba bazo barahunga, iyo nkuru bayikwiza mu mujyi no mu byaro. Abaturage bahita baza kureba ibibaye ibyo ari byo.

15 Bageze aho Yezu ari, babona wa muntu wari warahanzweho na cya gitero nyamwinshi cy’ingabo za Satani, basanga yicaye yambaye, yagaruye ubwenge bibatera ubwoba.

16 Ababibonye babatekerereza ibyabaye kuri uwo muntu wari warahanzweho, n’ibyabaye kuri za ngurube.

17 Baherako binginga Yezu ngo abavire ku musozi.

18 Yezu agiye mu bwato, uwari warahanzweho aramwinginga ngo bijyanire.

19 Yezu ntiyamwemerera ahubwo aramubwira ati: “Subira imuhira usange bene wanyu, ubatekerereze ibyo Nyagasani yagukoreye byose n’impuhwe yakugiriye.”

20 Nuko uwo muntu aragenda, atangira kwamamaza muri ako karere ka Dekapoli ibyo Yezu yamukoreye byose, abantu bose baratangara.

Yezu akiza umugore urwaye, azura n’umwana

21 Hanyuma Yezu ajya mu bwato asubira hakurya. Imbaga nyamwinshi y’abantu yongera guteranira aho ari, ku nkombe y’ikiyaga.

22 Haza umuntu witwaga Yayiro, wari umwe mu batware b’urusengero rw’Abayahudi. Abonye Yezu aramupfukamira,

23 aramwinginga cyane ati: “Umukobwa wanjye arenda gupfa. Ndakwinginze ngwino umurambikeho ibiganza, kugira ngo akire ye gupfa.”

24 Nuko barajyana. Yezu aherekezwa n’abantu benshi bagenda bamubyiganiraho.

25 Muri bo hari umugore wari urwaye indwara yo kuva, ayimaranye imyaka cumi n’ibiri.

26 Yarababaraga cyane, biturutse no ku baganga benshi yivujeho. Ibintu bimushiraho ntibyagira icyo bimumarira, ahubwo arushaho kumererwa nabi.

27 Yumvise ibyo bavugaga kuri Yezu, araza aca mu kivunge cy’abantu, amuturuka inyuma akora ku mwitero we

28 kuko yibwiraga ati: “Ninkora ku myambaro ye ndakira.”

29 Amaraso ahita akama, maze yumva mu mubiri we akize ya ndwara.

30 Ako kanya Yezu yiyumvamo ko hari imbaraga zimuvuyemo, arahindukira areba abantu, arababaza ati: “Ni nde ukoze ku myambaro yanjye?”

31 Abigishwa be baramusubiza bati: “Dorere! Abantu barakubyiganiraho nawe ukabaza ngo ‘Ni nde unkozeho?’ ”

32 Yezu abararanganyamo amaso, kugira ngo arebe uwabikoze uwo ari we.

33 Wa mugore ashya ubwoba ahinda umushyitsi, kuko yari azi ibimaze kumubaho. Araza amwikubita imbere, amubwiza ukuri kose.

34 Yezu ni ko kumubwira ati: “Mwana wanjye, ukwizera kwawe kuragukijije. Genda amahoro kandi ukire icyo cyago!”

35 Akivuga atyo haza intumwa zibwira wa mutware w’urusengero ziti: “Ko umukobwa wawe amaze gupfa, uraruhiriza iki umwigisha?”

36 Ariko Yezu yirengagizaibyo bavuze, abwira uwo mutware w’urusengero ati: “Witinya, nyizera gusa!”

37 Nuko ntiyagira uwo akundira kujyana na we, uretse Petero, na ba bavandimwe Yakobo na Yohani.

38 Bageze mu rugo rw’uwo mutware w’urusengero, Yezu ahasanga urusaku rw’abarira n’abacura imiborogo.

39 Yinjiye mu nzu arababaza ati: “Ni iki gitumye musakuza? Murarizwa n’iki? Umwana ntiyapfuye, ahubwo arasinziriye.”

40 Baramuseka cyane. Yezu ni ko guhēza abantu bose, ajyana n’ababyeyi b’umwana n’abari kumwe na we, bajya aho umwana ari.

41 Amufata ukuboko aramubwira ati: “Talita kumi”, ni ukuvuga ngo “Mukobwa, byuka!”

42 Ako kanya uwo mukobwa arabyuka atangira kugenda, abantu barumirwa. Yari amaze imyaka cumi n’ibiri avutse.

43 Yezu arabihanangiriza ngo be kugira uwo bamenyesha ibibaye, kandi ababwira kugaburira uwo mwana.

—https://d1b84921e69nmq.cloudfront.net/126/32k/MRK/5-900ac18b8512398026a5d0b734cfa9f3.mp3?version_id=387—