Ab’i Nazareti bahinyura Yezu
1 Yezu ava aho ngaho ajya mu mujyi w’iwabo. Abigishwa be bajyana na we.
2 Isabato igeze ajya kwigishiriza mu rusengero. Abenshi bamwumvise baratangara cyane bati: “Mbese biriya byose abikomora he? Ubu bwenge yahawe ni bwenge ki? Ibi bitangaza byo abikora ate?
3 Mbese si we wa mubaji mwene Mariya, akaba n’umuvandimwe wa Yakobo na Yozefu, na Yuda na Simoni? Ese bashiki be bo ntiduturanye?” Ibyo bituma batamwemera.
4 Nuko Yezu arababwira ati: “Nta handi umuhanuzi asuzugurwa uretse mu karere k’iwabo no muri bene wabo, n’iwe mu rugo.”
5 Ntiyashobora kugira igitangaza ahakorera, uretse abarwayi bamwe yakijije abarambitseho ibiganza.
6 Atangazwa n’uko batamwemeye.
Yezu atuma abigishwa be cumi na babiri
Yezu azenguruka ako karere kose yigisha, ava ku murenge ajya ku wundi.
7 Nuko ahamagara ba bigishwa be cumi na babiri, atangira kubatuma babiri babiri, abaha ububasha bwo kumenesha ingabo za Satani.
8 Arabihanangiriza ati: “Ntimugire icyo mujyana, yaba impamba cyangwa umufuka, cyangwa amafaranga mutwara mu mikandara yanyu, keretse inkoni yonyine.
9 Mwambare inkweto, mwambare n’ikanzu imwe ntimujyane iya kabiri.
10 Urugo muzabonamo icumbi, muzarugumemo kugeza igihe muzahavira.
11 Ahantu hose batazabakira ntibabatege amatwi, muzaveyo muhunguye umukunguguwo mu birenge byanyu, kugira ngo bibabere icyemezo cy’icyaha cyabo.”
12 Nuko baragenda bajya kubwira abantu ko bagomba kwihana.
13 Bamenesha ingabo nyinshi za Satani zari mu bantu, basīga abarwayi benshi amavutabarabakiza.
Urupfu rwa Yohani Mubatiza
14 Umwami Herodi yumva ibya Yezu, kandi koko izina rye ryari rimaze kwamamara hose. Bamwe baravugaga bati: “Ni Yohani Mubatiza wazutse! Ni cyo gituma afite ububasha bwo gukora ibitangaza.”
15 Abandi bakavuga bati: “Ni Eliya.”
Naho abandi bati: “Ni umuhanuzi kimwe n’abahanuzi ba kera.”
16 Herodi na we abyumvise aravuga ati: “Ni Yohani! Namuciye igihanga none yazutse!”
17 Koko kandi Herodi yari yaratumye abantu gufata Yohani, baramuboha bamushyira muri gereza, impamvu yaturutse kuri Herodiya umugore w’umuvandimwe we Filipo. Uwo mugore Herodi yari yaramutunze.
18 Ni cyo cyatumaga Yohani abwira Herodi ati: “Ntibyemewe ko utunga umugore w’umuvandimwe wawe.”
19 Kubera iyo mpamvu Herodiya arwara Yohani inzika, agashaka uko yamwicisha nyamara ntabishobore.
20 Herodi yatinyaga Yohani akajya amurengera, kuko yari azi ko ari intungane akaba n’umuziranenge. Yakundaga kumwumva nubwo yamubwiraga ibimubangamiye.
21 Nuko Herodi atumira abatware be n’abakuru b’abasirikari n’abanyacyubahiro bo muri Galileya, mu munsi mukuru wo kwibuka ivuka rye. Noneho Herodiya abona ko ari cyo gihe cyo kwihimūra.
22 Umukobwa we araza arabyina, binyura Herodi n’abatumirwa be. Umwami Herodi ni ko kubwira uwo mukobwa ati: “Nsaba icyo ushaka cyose ndakiguha.”
23 Ndetse aramurahira ati: “Icyo unsaba cyose ndakiguha, naho cyaba ari kimwe cya kabiri cy’igihugu cyanjye.”
24 Nuko uwo mukobwa arasohoka, abaza nyina ati: “Nsabe iki?”
Undi ati: “Saba igihanga cya Yohani Mubatiza.”
25 Ako kanya uwo mukobwa ariruka asanga umwami ati: “Ndashaka ko mumpa igihanga cya Yohani Mubatiza, mukakimpa nonaha ku mbehe.”
26 Umwami agira agahinda kenshi, nyamara kubera ko yari yabirahiriye imbere y’abatumirwa be yanga kukimwima.
27 Ako kanya yohereza umusirikari, amutegeka kuzana igihanga cya Yohani. Uwo musirikari ajya muri gereza, aca Yohani igihanga
28 akizana ku mbehe. Agiha uwo mukobwa, na we agishyikiriza nyina.
29 Abigishwa ba Yohani bumvise ibyabaye, baraza bajyana umurambo we bawushyingura mu mva.
Yezu agaburira abantu barenze ibihumbi bitanu
30 Nuko Intumwa za Yezu zigaruka aho ari, zimutekerereza ibyo zakoze n’ibyo zigishije byose.
31 Arazibwira ati: “Nimuze tujye kwiherera ahantu hadatuwe muruhuke ho gato”, kuko abantu bari benshi cyane ari urujya n’uruza, bigatuma batabona n’uko bafungura.
32 Nuko bajya mu bwato bajya kwiherera ahantu hadatuwe.
33 Benshi mu bababonye bagenda barabamenya. Nuko bava mu mijyi yaho yose, bariruka banyura iy’ubutaka, babatanga kuhagera.
34 Yezu ageze imusozi abona iyo mbaga y’abantu abagirira impuhwe, kuko bari bameze nk’intama zitagira umushumba. Nuko atangira kubigisha byinshi.
35 Umunsi ukuze abigishwa be baramwegera, baramubwira bati: “Aha hantu ntihatuwe kandi dore burije.
36 Sezerera aba bantu bajye mu mihana no mu nsisiro za bugufi, bihahire ibyo barya.”
37 Yezu arabasubiza ati: “Ahubwo mube ari mwe mubafungurira.”
Baramubaza bati: “Mbese uragira ngo dutange ay’igihembo cy’imibyizi magana abiri, tubagurire imigati yo kurya?”
38 Na we arababaza ati: “Mufite imigati ingahe? Nimujye kureba.”
Bamaze kubimenya baramubwira bati: “Hari itanu n’amafi abiri.”
39 Nuko abategeka kwicaza abantu mu byatsi bitoshye, biremyemo amatsinda.
40 Bicara mu matsinda, rimwe ijana, irindi mirongo itanu, bityo bityo.
41 Afata iyo migati itanu n’amafi abiri, areba ku ijuru, ashimira Imana. Nuko amanyura iyo migati, ayiha abigishwa be, na bo bayikwiza abantu. N’amafi abiri ayagabanya abantu bose.
42 Nuko bose bararya barahaga.
43 Bateranya utumanyu tw’imigati n’utw’amafi twasigaye, twose twuzura inkangara cumi n’ebyiri.
44 Mu bariye, abagabo bonyine bari ibihumbi bitanu.
Yezu agenda ku mazi
45 Bikirangira Yezu ategeka abigishwa be kujya mu bwato, kugira ngo bamubanzirize kugera hakurya i Betsayida, mu gihe agisezerera iyo mbaga y’abantu.
46 Amaze kubasezerera azamuka umusozi ajya gusenga.
47 Bumaze kwira ubwato bwari bugeze mu kiyaga hagati, naho Yezu yasigaye imusozi wenyine.
48 Abonye ko bagashya bibaruhije kuko umuyaga wabaturukaga imbere, bujya gucya Yezu aza abagana agenda ku mazi, asa n’ushaka kubanyuraho.
49 Bamubonye agenda ku mazi bakeka ko ari umuzimu bavuza induru,.
50 kuko bose bamubonye bagakuka umutima cyane. Ako kanya Yezu arababwira ati: “Nimuhumure ni jye, mwigira ubwoba!”
51 Abasanga mu bwato umuyaga urahosha, abigishwa be barumirwa.
52 N’igihe yatuburaga imigati ntibari basobanukiwe icyo bivuga, kuko imitima yabo yari ihumye.
Yezu akiza abarwayi mu ntara ya Genezareti
53 Bamaze gufata hakurya mu ntara ya Genezareti, bazirika ubwato.
54 Bakibuvamo abantu babona Yezu baramumenya.
55 Bagenda bihuta bakwiza inkuru muri ako karere kose. Abantu bumvise aho Yezu ari, bahita baheka abarwayi babo barabamushyīra.
56 Byongeye kandi aho yahingukaga hose, ari mu byaro, ari mu mijyi, ari no mu misozi bashyiraga abarwayi ahagaragara, bakamwinginga ngo byibura bakore ku ncundaz’umwitero we, abazikozeho bose bagakira.
—https://d1b84921e69nmq.cloudfront.net/126/32k/MRK/6-cab515d82ac08157b0e8cec48aa081b4.mp3?version_id=387—