Mk 7

Yezu ahinyura inyigisho z’Abafarizayi

1 Abafarizayi na bamwe mu bigishamategeko baturutse i Yeruzalemu bakikiza Yezu.

2 Babona bamwe mu bigishwa be barisha intoki zanduye, ni ukuvuga badakarabye.

3 Koko kandi Abafarizayi kimwe n’abandi Bayahudi bose, ntabwo barya batabanje gukaraba intoki babyitondeye, bakurikiza umuco wa ba sekuruza.

4 N’iyo bavuye mu isoko, ntabwo barya batabanje kwitera amazi. Bafite n’indi mihango baziririza basigiwe na ba sekuruza, nk’iyo koza ibikombe n’ibibindi n’inzabya z’umuringa [n’ibitanda] babihumanura.

5 Noneho Abafarizayi n’abigishamategeko babaza Yezu bati: “Kuki abigishwa bawe batubahiriza umuhango wa ba sogokuruza, bakarya badakarabye?”

6 Yezu arabasubiza ati: “Mwa ndyarya mwe, Ezayi yabahanuye uko muri nk’uko Ibyanditswe bivuga ngo:

‘Aba bantu bampoza ku rurimi,

ariko imitima yabo imba kure.

7 Barushywa n’ubusa bansenga,

kuko inyigisho bigisha ari amategeko y’abantu gusa.’ ”

8 Yezu arakomeza ati: “Amategeko y’Imana muyarengaho, mukihambira ku mihango y’abantu.

9 Mwihatira kwirengagiza ibyo Imana yategetse, kugira ngo mukurikize imihango yanyu.

10 Musa yaravuze ati: ‘Ujye wubaha so na nyoko’, kandi ati: ‘Uzatuka se cyangwa nyina azicwe.’

11 Naho mwebwe muvuga ko umuntu ashobora kubwira se cyangwa nyina ati: ‘Icyo najyaga kugufashisha ni “Korubani” (ni ukuvuga ituro ryagenewe Imana)’.

12 Bityo mukaba mutakimukundiye kugifashisha se cyangwa nyina,

13 mukaba muhinduye ubusa Amategeko y’Imana kubera imihango yababayemo akarande. Hariho kandi n’ibindi byinshi bene nk’ibyo mukora.”

Ibihumanya umuntu

14 Nuko Yezu yongera guhamagara rubanda arababwira ati: “Nimuntege amatwi mwese kandi musobanukirwe ibi:

15 nta cyinjira mu muntu kivuye inyuma cyamuhumanya. Ahubwo ikiva mu muntu ni cyo kimuhumanya. [

16 Ufite amatwi yumva ngaho niyumve!]”

17 Yezu amaze gutandukana na rubanda asubira imuhira, abigishwa be bamusobanuza iby’ayo marenga.

18 Arababwira ati: “Mbese namwe muri abaswa bigeze aho? Ese ntimuramenya ko nta cyinjira mu muntu kivuye hanze kimuhumanya?

19 Si mu mutima kiba kigiye ahubwo kiba kigiye mu nda, nyuma kikamuvamo kinyuze epfo.” Bityo Yezu yemezaga ko nta byokurya bihumanya.

20 Arongera aravuga ati: “Ikiva mu muntu ni cyo kimuhumanya,

21-22 kuko mu mitima y’abantu ari ho hava imigambi mibi: ubusambanyi n’ubujura n’ubwicanyi, n’irari n’ubugome n’uburiganya, no kwiyandarika n’ishyari, no gutukana n’ubwirasi n’ubugoryi.

23 Ibyo bibi byose biva mu muntu imbere ni byo bimuhumanya.”

Umugore utari Umuyahudi asanga Yezu

24 Nuko Yezu arahaguruka ajya mu karere gahereranye n’umujyi wa Tiri, yinjira mu nzu. Ntiyashakaga ko hagira ubimenya, ariko ntiyashobora kwihisha.

25 Umugore wari ufite akana k’agakobwa kahanzweho n’ingabo ya Satani, yumvise ibya Yezu ahita aza amwikubita imbere.

26 Uwo mugore yari umunyamahangakazi w’i Fenisiya ho muri Siriya. Nuko asaba Yezu kumenesha iyo ngabo ya Satani yari mu mukobwa we.

27 Yezu aramusubiza ati: “Reka abana babanze bahage, kuko atari byiza gufata ibyokurya byabo ngo ubijugunyire imbwa.”

28 Umugore aramusubiza ati: “Ni koko Nyagasani, ariko kandi n’imbwa zibunze munsi y’ameza zirya utwo abana bataye hasi.”

29 Yezu aramubwira ati: “Kuko uvuze utyo igendere, ingabo ya Satani ivuye mu mukobwa wawe.”

30 Asubiye imuhira asanga wa mwana aryamye ku buriri, ingabo ya Satani yamuvuyemo.

Yezu akiza igipfamatwi k’ikiragi

31 Yezu avuye mu karere k’i Tiri, anyura i Sidoni agera ku Kiyaga cya Galileya, aca hagati y’intara ya Dekapoli.

32 Nuko bamuzanira umuntu w’igipfamatwi cy’ikiragi, baramwinginga ngo amurambikeho ikiganza.

33 Yezu amuvana mu ruhame rw’abantu amushyira ukwe, amukoza intoki mu matwi. Nuko acira amacandwe ayamukoza ku rurimi.

34 Hanyuma yubura amaso areba ku ijuru, asuhuza umutima ababaye. Aramubwira ati: “Efata!” ni ukuvuga ngo “Zibuka!”

35 Ako kanya amatwi ye arazibuka, ururimi rwe ruragobodoka atangira kuvuga neza.

36 Yezu arabihanangiriza ngo ntibagire uwo babibwira. Ariko uko yababuzaga kubivuga, ni ko barushagaho kubyamamaza.

37 Abantu baratangara bikomeye baravugana bati: “Ibintu byose yabikoze neza! Yatumye ibipfamatwi byumva, n’ibiragi bivuga!”

—https://d1b84921e69nmq.cloudfront.net/126/32k/MRK/7-268c1e9a10cfe2916fb49cf0e96ae9d3.mp3?version_id=387—