Yh 14

Yezu ni we nzira igeza ku Mana

1 Yezu arababwira ati: “Ntimuhagarike imitima. Mwizere Imanananjye munyizere.

2 Mu rugo rwa Data harimo amazu menshi. Iyo bitaba bityo simba narababwiye ko ngiye kubategurira umwanya.

3 Nuko rero ningenda nkamara kuwubategurira, nzagaruka mbajyaneyo kugira ngo aho ndi namwe muzabeyo.

4 Aho njya, inzira ijyayo murayizi.”

5 Tomasi aramubaza ati: “Nyagasani, ko tutazi aho ugiye inzira yo twayibwirwa n’iki?”

6 Yezu aramusubiza ati: “Ni jye nzira n’ukuri n’ubugingo. Ntawe ujya kwa Data atanyuze kuri jye.

7 Ubwo munzi na Data muzamumenya. Ndetse kuva ubu muramuzi kandi mwaramubonye.”

8 Filipo aramubwira ati: “Nyagasani, twereke So biraba bihagije.”

9 Yezu aramubwira ati: “Filipo we, nabanye namwe igihe kingana gitya none ukaba utanzi! Umbonye aba abonye na Data. None wavuga ute ngo nimbereke Data?

10 Mbese ntiwemera ko ndi muri Data kandi na Data akaba ari muri jye? Ibyo mbabwira si ibyo nihangira, ahubwo Data uba muri jye ni we ukora umurimo we.

11 Nimwemere ibyo mbabwira, ko ndi muri Data na Data akaba ari muri jye. Nibura mubyemezwe n’ibyo mubona nkora.

12 Ndababwira nkomeje ko unyizera, ibyo nkora na we azabikora ndetse azakora n’ibibiruta, kuko ngiye kwa Data.

13 Icyo muzasaba cyose mu izina ryanjye nzagikora, kugira ngo ikuzo rya Data ryerekanirwe mu Mwana we.

14 Nimugira icyo munsabacyose mu izina ryanjye nzagikora.

Yezu abasezeranira Mwuka Muziranenge

15 “Nimunkunda muzakurikiza amategeko yanjye.

16 Nanjye nzasaba Data kubaha undi Mujyanama kugira ngo agumane namwe iteka.

17 Uwo ni we Mwuka w’ukuri. Ab’isi ntibabasha kumwakira kuko batamureba ntibanamumenye. Naho mwebweho muramuzi kuko ari kumwe namwe kandi azabamuri mwe.

18 “Sinzabasiga mwenyine nk’impfubyi, nzagaruka mbasange.

19 Hasigaye umwanya muto ab’isi ntibabe bakimbona, ariko mwebweho muzambona. Kuko ndiho namwe muzabaho.

20 Uwo munsi muzamenya ko ndi muri Data kandi namwe mukaba muri jye, nk’uko nanjye ndi muri mwe.

21 “Uwemera amategeko yanjye, akayakurikiza, uwo ni we unkunda kandi unkunda azakundwa na Data, nanjye nzamukunda kandi nzamwiyereka.”

22 Yuda (utari Isikariyoti) aramubaza ati: “Nyagasani, kuki uzatwiyereka twenyine ntiwiyereke rubanda rwose?”

23 Yezu aramusubiza ati: “Unkunda wese azakurikiza ibyo mvuga, na Data azamukunda maze tumusange tugumane na we.

24 Utankunda ntakurikiza ibyo mvuga, kandi rero amagambo mwumva mvuga si ayanjye, ahubwo ni aya Data wantumye.

25 “Ibyo mbibabwiye nkiri hamwe namwe.

26 Ariko wa Mujyanama ari we Mwuka Muziranenge Data azohereza mu izina ryanjye, ni we uzabigisha byose kandi azabibutsa ibyo nababwiye byose.

27 “Mbasigiye amahoro, amahoro yanjye ni yo mbahaye. Sinyabahaye nk’uko ab’isi bayatanga. Ntimuhagarike imitima kandi ntimugire ubwoba.

28 Mwumvise ko nababwiye nti: ‘Ndagiye kandi nzagaruka mbasange.’ Iyaba mwankundaga mwakwishimiye ko ngiye kwa Data, kuko Data anduta.

29 Ibyo mbaye mbibabwiye bitaraba, kugira ngo nibiba muzanyemere.

30 Nta gihe ngifite cyo kuvugana namwe byinshi kuko umutware w’iyi siaje, icyakora nta bushobozi amfiteho.

31 Nyamara ab’isi bagomba kumenya ko nkunda Data kandi ngakora byose nk’uko yabintegetse

“Nimuhaguruke, tuve hano.”

—https://d1b84921e69nmq.cloudfront.net/126/32k/JHN/14-bf3e360c989393b8c5c4de6f2feb2aca.mp3?version_id=387—