1 Amateka 23

Dawidi agabanya Abalevi imirimo

1 Dawidi ageze mu zabukuru yimika umuhungu we Salomo, aba umwami wa Isiraheli.

2 Nuko akoranya abatware bose b’Abisiraheli, kimwe n’abatambyi n’Abalevi.

3 Babara Abalevi umwe umwe bahereye ku bafite imyaka mirongo itatu, maze umubare w’abagabo ugera ku bihumbi mirongo itatu n’umunani.

4 Dawidi aha Abalevi ibihumbi makumyabiri na bine muri bo inshingano yo kugenzura imirimo y’Ingoro y’Uhoraho, abandi ibihumbi bitandatu abagira abanditsi n’abacamanza.

5 Abandi ibihumbi bine abagira abarinzi b’amarembo, abandi ibihumbi bine basigaye abaha inshingano yo gusingiza Uhoraho, bakoresha ibicurangisho yari yarateganyirije uwo murimo.

6 Dawidi abagabanyamo amatsinda atatu akurikije bene Levi, ari bo Gerishoni na Kehati na Merari.

7 Bene Gerishoni ni Lādani na Shimeyi.

8 Bene Lādani ni Yehiyeli na Zetamu na Yoweli.

9 Bene Shimeyi ni Shelomoti na Haziyeli na Harani. Abo ni bo bari abakuru b’imiryango ya bene Lādani.

10 Bene Shimeyi ni Yahati na Ziza, na Yewushi na Beriya.

11 Umukuru yari Yahati, agakurikirwa na Ziza. Yewushi na Beriya ntibabyaye abahungu benshi, bityo babarwa ko ari inzu imwe.

12 Bene Kehati ni Amuramu na Yisehari, na Heburoni na Uziyeli.

13 Bene Amuramu ni Aroni na Musa. Aroni n’abamukomokaho beguriwe burundu imirimo yerekeye ibikoresho byeguriwe Imana. Bagombaga kosereza imibavu imbere y’Uhoraho no kumukorera, no gusabira abantu umugisha mu izina ry’Uhoraho.

14 Naho Musa umuntu w’Imana n’abahungu be, babarwa mu muryango wa Levi.

15 Bene Musa ni Gerushomu na Eliyezeri.

16 Impfura ya Gerushomu ni Shebuweli.

17 Eliyezeri yabyaye umuhungu umwe ari we Rehabiya. Ariko Rehabiya we yabyaye abahungu benshi cyane.

18 Impfura ya Yiseheri ni Shelomiti.

19 Bene Heburoni ni Yeriya na Amariya, na Yahaziyeli na Yekameyamu.

20 Bene Uziyeli ni Mika na Ishiya.

21 Bene Merari ni Mahili na Mushi. Bene Mahili ni Eleyazari na Kishi.

22 Eleyazari yapfuye nta muhungu abyaye, icyakora yasize abakobwa maze bene se wabo ari bo bene Kishi barabarongora.

23 Bene Mushi ni Mahili na Ederi na Yeremoti.

24 Abo ni bo bakomotse kuri Levi hakurikijwe imiryango yabo. Bari abakuru b’amazu yabo nk’uko babaruwe hakurikijwe amazina yabo. Abari bafite imyaka makumyabiri n’abayirengeje, bari bashinzwe gukora imirimo yo mu Ngoro y’Uhoraho.

25 Koko rero Dawidi yari yaravuze ati: “Uhoraho Imana y’Abisiraheli yahaye ubwoko bwayo ituze, na we azaba i Yeruzalemu iteka ryose.

26 Bityo ntibizaba bikiri ngombwa ko Abalevi bimukana Ihema ry’ibonaniro, cyangwa ibikoresho byo muri ryo.”

27 Hakurikijwe amabwiriza ya nyuma ya Dawidi, habaye ibarura ry’Abalevi bahereye ku bafite imyaka makumyabiri.

28 Umurimo wabo wari uwo gufasha abakomoka kuri Aroni imirimo yo mu Ngoro y’Uhoraho, n’iyo mu rugo rwayo no mu byumba byayo. Bari bashinzwe kandi no guhumanura ibikoresho byose byeguriwe Imana, no gukora indi mirimo yo mu Ngoro y’Imana:

29 kwita ku migati yaturwaga Imana, no gutegura ifu yaturanwaga n’amaturo y’ibinyampeke, no gukora imigati y’amoko yose ari idasembuye ari n’iyokeje, no kugenzura ibipimo by’uburemere n’iby’uburebure.

30 Bari bashinzwe guhimbaza no gusingiza Uhoraho buri gitondo na buri mugoroba,

31 n’igihe cyose baturaga Uhoraho amaturo ya buri sabato, no mu mboneko z’ukwezi, no ku yindi minsi mikuru. Buri gihe bagombaga gukorera Uhoraho bujuje umubare wategetswe, kandi bakurikije amabwiriza bahawe.

32 Bari bashinzwe kwita ku Ihema ry’ibonaniro n’Ingoro, no gufasha abavandimwe babo bakomoka kuri Aroni imirimo yo Ngoro y’Uhoraho