Salomo agomera Imana
1 Umwami Salomo wari wararongoye umukobwa w’umwami wa Misiri, yongera kubenguka abanyamahangakazi benshi b’Abamowabu n’Abamoni, n’Abedomu n’Abanyasidoni n’Abaheti.
2 Abo bose bakomokaga mu mahanga Uhoraho yari yarabujije Abisiraheli ati: “Ntimugashyingirane na bo kugira ngo batazahindura imitima yanyu, mukiyegurira imana zabo.” Nyamara Salomo arababenguka.
3 Bityo atunga abagore b’ibikomangoma magana arindwi n’inshoreke magana atatu. Nuko abo bagore be baramuyobya cyane.
4 Salomo ageze mu zabukuru abagore be bamwica umutima, ayoboka izindi mana ku buryo atongeye gukunda Uhoraho Imana ye abikuye ku mutima, nk’uko se Dawidi yamukundaga.
5 Nuko Salomo aramya Ashitaroti imanakazi y’Abanyasidoni, na Molekiseshyano y’Abamoni.
6 Uko ni ko Salomo yakoze ibizira imbere y’Uhoraho, ntiyakomeza kumuyoboka nk’uko se Dawidi yabigenzaga.
7 Muri icyo gihe Salomo yubatse ahasengerwa ikigirwamana Kemoshi seshyano y’Abamowabu, ku musozi w’iburasirazuba bwa Yeruzalemu, ahubakira na Moleki seshyano y’Abamoni.
8 Uko ni ko yubakiye imana z’abagore be bose b’abanyamahangakazi, kugira ngo bajye bazosereza imibavu bazitambire n’ibitambo.
9-10 Uhoraho Imana y’Abisiraheli yari yarabonekeye Salomo incuro ebyiri, amwihanangiriza kutaramya izindi mana. Nyamara Salomo ntiyamwumvira ahubwo amutera umugongo, maze Uhoraho aramurakarira.
11 Uhoraho aramubwira ati: “Kubera ko witwaye utyo ntiwitondere Isezerano ryanjye, kandi ntukurikize amabwiriza naguhaye, ngiye kukwambura ubwami mbugabire umwe mu bagaragu bawe.
12 Icyakora kubera so Dawidi ibyo sinzabikora ukiriho, nzabwambura umwana wawe.
13 Ndetse umwana wawe sinzamutwara ubwami bwose, nzamusigira umuryango umwe kubera umugaragu wanjye Dawidi, no kubera Yeruzalemu nitoranyirije.”
Abanzi ba Salomo
14 Nuko Uhoraho aterereza Salomo umwanzi witwa Hadadi w’Umwedomu wakomokaga ku bami b’Abedomu.
15 Igihe Umwami Dawidi yigaruriraga Edomu, Yowabu umugaba w’ingabo ze yagiyeyo guhambisha intumbi z’abaguye ku rugamba,
16 hanyuma yicisha Abedomu bose b’igitsinagabo. Yowabu n’abantu be bagumayo amezi atandatu, kugeza ubwo batsembye ab’igitsinagabo bose muri Edomu.
17 Hadadi wari ukiri muto acika ku icumu, ahungira mu Misiri hamwe n’Abedomu b’ibyegera bya se.
18 Bahaguruka i Midiyani banyura i Parani, bahavana abaturage bajyana na bo mu Misiri, umwami w’aho aha Hadadi icumbi n’igaburo rya buri gihe amuha n’isambu.
19 Hadadi atona ku mwami wa Misiri, umwami amushyingira muramu we ari we murumuna w’Umwamikazi Tahupenesi umugore w’umwami.
20 Nuko uwo murumuna wa Tahupenesi abyarana umuhungu na Hadadi amwita Genubati, maze Tahupenesi aramuhamagaza amushyira mu rugo rw’ibwami. Genubati areranwa n’abana b’umwami.
21 Hadadi akiri mu Misiri yumva ko Umwami Dawidi yapfuye kandi ko n’umugaba w’ingabo Yowabu yapfuye, maze abwira umwami wa Misiri ati: “Nyemerera nsubire mu gihugu cyacu.”
22 Umwami aramubaza ati: “Ni iki wabuze kuri jye gitumye ushaka gusubira mu gihugu cyanyu?”
Hadadi aramusubiza ati: “Nta cyo. Nyamara unyemerere nsubireyo.”
23 Imana yongera guterereza Salomo undi mwanzi witwa Rezoni mwene Eliyada, wari warahunze kwa shebuja Hadadazeriumwami w’i Soba.
24 Mu gihe Umwami Dawidi yari amaze gutsemba ingabo za Hadadezeri, Rezoni yakoranyije abantu aba ari we uyobora ako gatsiko. Hanyuma ajyana na ko i Damasi bagumayo, amaherezo barahategeka.
25 Ku marorerwa yose Hadadi yakoze, Rezoni yongeraho kuba umwanzi w’Abisiraheli igihe cyose Salomo yari ku ngoma. Rezoni akomeza kwanga urunuka Abisiraheli mu gihe cyose yari umwami wa Siriya.
Yerobowamu agomera Salomo
26 Yerobowamu mwene Nebati w’Umwefurayimu wakomokaga i Sereda, nyina akaba yari umupfakazi witwaga Seruwa, agomera Umwami Salomo kandi yari icyegera cye.
27 Dore impamvu yatumye Yerobowamu amugomera: igihe Umwami Salomo yubakishaga ahiswe Miloagasanisha n’icyuho cy’umurwa wa se Dawidi,
28 Yerobowamu yari umusore w’intwari. Salomo abonye ko ari ingirakamaro, amutoranyiriza kuba umuyobozi w’abanyamirimo y’agahato bakomokaga mu muryango wa Yozefu.
29 Igihe kimwe Yerobowamu ari mu nzira avuye i Yeruzalemu, ahura n’umuhanuzi Ahiya w’i Shilo. Bari bonyine kuri ako gasozi, Ahiya yiteye igishura gishya.
30 Nuko afata uwo mwitero mushya, awugabanyamo imigabane cumi n’ibiri
31 maze abwira Yerobowamu ati: “Akira iyi migabane icumi, ni ko Uhoraho Imana y’Abisiraheli avuze ati: Dore ngiye kwambura Salomo ingoma maze nkugabire imiryango icumi.
32 Nzamusigira umuryango umwembitewe n’umugaragu wanjye Dawidi, n’umurwa wa Yeruzalemu ubwawo nitoranyirije mu ntara zose za Isiraheli.
33 Nzabiterwa n’uko Abisiraheli banteye umugongo bakaramya Ashitaroti imanakazi y’Abanyasidoni, na Kemoshi imana y’Abamowabu, na Moleki imana y’Abamoni. Nzabaziza ko batagenjeje uko nshaka: bakoze ibitanogeye, ntibumvira amateka yanjye n’ibyemezo nafashe nk’uko Dawidi se wa Salomo yabigenzaga.
34 “Nyamara ntabwo ari Salomo nzanyaga ubwami, ahubwo nzamurekera ku ngoma igihe cyose azaba akiriho, mbigiriye umugaragu wanjye Dawidi natoranyije, akitondera amabwiriza n’amateka byanjye.
35 Umuhungu wa Salomo ni we nzanyaga ubwami, naho wowe Yerobowamu nkugabire imiryango icumi.
36 Icyakora nzasigira uwo muhungu wa Salomo umuryango umwe, kugira ngo umugaragu wanjye Dawidi agire umukomokaho ibihe byose utegeka i Yeruzalemu, umurwa natoranyirije kunsengeramo.
37 Wowe Yerobowamu, uzaba umwami w’Abisiraheli ubategeke uko ushaka kose.
38 Nukora ibyo nzagutegeka byose ukagenza uko nshaka, nuntunganira ukumvira amabwiriza n’amateka byanjye nk’uko umugaragu wanjye Dawidi yabigenje, nzabana nawe. Nzakomeza ingoma yawe nk’uko nakomeje iy’umugaragu wanjye Dawidi, kandi abagukomokaho nzabaha gutegeka Isiraheli nta kabuza.
39 Bityo nzahana abakomoka kuri Dawidi kubera Salomo, ariko sinzahora mbahana.”
40 Ni cyo cyatumye Salomo agerageza kwicisha Yerobowamu, ariko Yerobowamu ahungira kwa Shishaki umwami wa Misiri, aguma mu Misiri kugeza ubwo Salomo apfuye.
Urupfu rwa Salomo
41 Ibindi bikorwa n’ibigwi byose bya Salomo, n’iby’ubwenge bwe, byanditswe mu gitabo cyitwa “Amateka ya Salomo”.
42 Salomo yamaze imyaka mirongo ine ari ku ngoma i Yeruzalemu, ategeka Isiraheli yose.
43 Nuko Salomo arapfa bamushyingura mu murwa wa se Dawidi, umuhungu we Robowamu amusimbura ku ngoma.