Ingoma ya Alegisanderi mukuru
1 Alegisanderimwene Filipo w’Umunyamasedoniya, yaturutse mu gihugu cye ateye Dariyusi umwami w’Abaperesi n’Abamedi, aho amariye kumutsinda amusimbura ku ngoma ahereye ku ntara z’u Bugereki.
2 Agaba ibitero byinshi, yigarurira imijyi myinshi ikomeye kandi atsemba abami bo muri ako karere.
3 Yarakomeje agera iyo gihera, avana iminyago myinshi muri ibyo bihugu. Nuko ku isi yose ntihagira urevura. Ibyo byatumye yikuza maze yinangira umutima,
4 aherako agaba igitero gikomeye yigarurira intara n’ibihugu byinshi. Abami baramuyoboka bakajya bamuzanira imisoro.
5 Hanyuma Alegisanderi aza gufatwa n’indwara ikomeye, yumva ko agiye gupfa.
6 Ahamagaza abagaba b’ingabo b’ibyegera babyirukanye na we, abagabanya igihugu cye mbere y’uko apfa.
7 Alegisanderi yapfuye amaze imyaka cumi n’ibiri ku ngoma,
8 maze abo bagaba b’ingabo batangira gutegeka, buri wese aho yagabanye.
9 Aho Alegisanderi apfiriye, abo bagaba b’ingabo bose bariyimitse bakomeza kuzungurwa n’abana babo imyaka ishira ari myinshi, icyakora bateza ibyago ku isi hose.
Abayahudi bafata umuco w’Abagereki
10 Muri abo bana babo haza kwaduka uwabarushije bose ubugome, ari we Antiyokusi Epifaniumuhungu w’Umwami Antiyokusi. Epifani uwo yari yarabaye ingwate i Roma, aza kuba umwami mu mwaka w’ijana na mirongo itatu na karindwi kuva Abagereki bashinze ingoma yabo muri Siriya.
11 Muri icyo gihe mu Bisiraheli haduka abantu b’ibyigomeke, bashuka abantu benshi bababwira bati: “Nimucyo tugirane amasezerano n’amahanga adukikije, kuko kuva aho twitandukanyirije na bo, ari bwo twagwiririwe n’ibyago bitagira ingano.”
12 Ayo magambo arabanyura.
13 Ni bwo benshi muri rubanda bihutiye gusanga umwami, na we abaha uburenganzira bwo gukurikiza imigenzo y’abanyamahanga.
14 Nuko biyubakira inzu y’imikino i Yeruzalemu, bakayikoreramo iyo migenzo y’abanyamahanga.
15 Bavanyeho ibimenyetso biranga ko bakebwe kandi bihakana Isezerano riziranenge, kugira ngo basābane n’abanyamahanga. Bityo bakora ibidakwiye bagira ngo bīgure.
Umwami Antiyokusi Epifani atera Misiri
16 Antiyokusi abonye ko ubutegetsi bwe bumaze gushinga imizi, ashaka no kwigarurira igihugu cya Misiri kugira ngo na cyo agitegeke.
17 Nuko agaba igitero gikomeye mu Misiri kirimo amagare y’intambara, inzovun’amato menshi.
18 Antiyokusi arwanya Putolemeyi umwami wa Misiri maze Putolemeyi arahunga, asiga ku rugamba haguye ingabo ze nyinshi.
19 Antiyokusi yigarurira imijyi ikomeye y’Abanyamisiri, ahavana n’iminyago itabarika.
20 Mu mwaka wa 143amaze gutsinda Misiri, azamukana n’ingabo nyinshi cyane atera igihugu cya Isiraheli n’umujyi wa Yeruzalemu.
Umwami Antoyokusi Epifani asahura Ingoro y’Imana
21 Antiyokusi yinjira mu Ngoro y’Imana afite ubwirasi bukabije, asahura igicaniro cy’izahabu, n’igitereko cy’amatara n’ibyacyo byose,
22 n’ameza yari agenewe gushyirwaho imigati imurikwa, n’intango zashyirwagamo amaturo asukwa, n’ibikombe n’amasafuriya by’izahabu, n’umwenda ukingirije icyumba kiziranenge n’amakamba. Yasahuye kandi n’imitako y’izahabu yari itamirije mu ruhande rw’imbere rw’Ingoro, ayitamururaho yose.
23 Asahura ifeza n’izahabu n’ibikoresho by’agaciro gakomeye, ajyana n’ibindi byiza yashoboye kubona.
24 Antiyokusi yamaze gusahura ibyo bintu byose asubira mu gihugu cye. Yasize yishe abantu benshi, avuze n’amagambo y’ubwirasi bukabije.
25 Nuko haba icyunamo mu gihugu cyose cya Isiraheli.
26 Abatware n’abakuru b’Abayahudi baraganya,
abasore n’inkumi bacika intege,
abagore ntibongera kwita ku buranga bwabo.
27 Umukwe atangira kuganya,
umugeni mu cyumba ajya mu cyunamo.
28 Isi ihinda umushyitsi kubera ibyago by’Abisiraheli,
abaturage bose bakorwa n’ikimwaro.
Abanyasiriya bubaka ikigo ntamenwa i Yeruzalemu
29 Hashize imyaka ibiri umwami yohereza mu mijyi y’u Buyuda umukuru w’abasoresha, agera i Yeruzalemu n’ingabo nyinshi.
30 Ahageze abeshya abaturage abizeza amahoro, maze na bo bamugirira icyizere. Hanyuma agwa gitumo umurwa wabo, awuteza ibyago bikomeye kandi yica Abisiraheli batagira ingano.
31 Nuko asahura umurwa arawutwika, asenya amazu yawo n’inkuta zawo.
32 Uwo mukuru w’abasoresha n’ingabo ze bajyana abagore n’abana ari imbohe, banyaga n’amatungo yabo.
33 Abo bantu bongera kubaka umurwa wa Dawidi, bawukikiza inkuta zikomeye n’iminara, uba ikigo ntamenwacyabo.
34 Bagishyiramo abantu b’abagizi ba nabi kandi b’ibyigomeke, baba ari bo bahakomera.
35 Bahabika intwaro kandi bahahunika ibyokurya, bahabika n’iminyago basahuye i Yeruzalemu, maze habera Abisiraheli umutego ukomeye.
36 Icyo kigo kibera Ingoro y’Imana imbogamizi,
bituma Abisiraheli bahora ku nkeke.
37 Bamennye amaraso y’inzirakarengane mu mpande zose z’Ingoro,
bahumanyije Icyumba kizira inenge.
38 Batuma abatuye Yeruzalemu bahunga,
umujyi wigarurirwa n’abanyamahanga,
abawuvukiyemo ubabera ishyanga,
abaturage bawo barawuhunga.
39 Ingoro yawo yarasenywe ihinduka itongo,
iminsi mikuru yawo yahindutse icyunamo,
amasabato yawo ntiyubahirijwe,
icyubahiro cyawo cyahindutse urw’amenyo.
40 Aho ikuzo ryawo ryageze ni ho ikimwaro cyagarukiye,
ubuhangange bwawo bwahindutse icyunamo.
Antiyokusi Epifani akuraho idini y’Abayahudi
41 Bukeye Umwami Antiyokusi ategeka ko abatuye igihugu cye cyose bibumbira mu muryango umwe,
42 kandi buri wese akareka imigenzo ye. Amahanga yose yubahiriza amabwiriza ye.
43 Benshi mu Bisiraheli na bo bakira neza idini ye, batura ibitambo ibigirwamana kandi ntibubahiriza isabato.
44 Umwami yohereza intumwa zijyana amabaruwa i Yeruzalemu no mu yindi mijyi y’u Buyuda, abategeka gukurikiza imigenzo itari isanzwe mu gihugu cyabo.
45 Yabujije Abayahudi gutambira mu Ngoro ibitambo bikongorwa n’umuriro, n’ibindi bitambo ibyo ari byo byose n’amaturo asukwa. Yabategetse kandi kutubahiriza isabato n’iminsi mikuru,
46 guhumanya Ingoro n’ibikoresho biziranenge.
47 Yabategetse kubaka intambiro n’indaro n’ingoro z’ibigirwamana, gutamba ingurube n’andi matungo ahumanye ho ibitambo,
48 kureka gukeba abahungu babo no kwiyandarika biroha mu bihumanya n’ibizira byose.
49 Umwami yashatse ko bibagirwa Amategeko no kureka imigenzo yabo yose.
50 Bityo umuntu wese udakurikije amabwiriza y’umwami yagombaga kwicwa.
51 Umwami amaze kohereza ayo mabwiriza mu gihugu cye cyose, ashyiraho abantu bo kugenzura abaturage, ategeka n’abatuye mu Buyuda gutambira ibitambo muri buri mujyi.
52 Benshi mu Bayahudi bemeye kwica Amategeko ya Musa, bumvira abo bagenzuzi maze igihugu bagiteza ibyago.
53 Ibyo byatumye Abisiraheli b’indahemuka bashya ubwoba, basigara bihishahisha ahantu hose babonye ubuhungiro.
54 Mu mwaka wa 145,ku itariki ya cumi n’eshanu z’ukwezi kwa Kisilevu,umwami yubaka “Igiterashozi kirimbuzi” mu mwanya w’urutambiro rwo mu Ngoro y’Imana, yubaka n’intambiro mu yindi mijyi y’u Buyuda.
55 Boserezaga imibavu ku miryango y’amazu no ku bibuga,
56 naho ibitabo by’Amategeko babonaga barabishwanyaguzaga bakabitwika.
57 Umuntu wese bafatanye Ibyanditswe biziranege cyangwa babonye akurikiza Amategeko ya Musa, bamuciraga urwo gupfa hakurikijwe iteka ry’umwami.
58 Buri kwezi abayoboke b’umwami bari bafite ububasha bwo kugenza batyo, Abisiraheli babaga bakurikije Amategeko ya Musa bafatirwaga muri buri mujyi.
59 Ku itariki ya makumyabiri n’eshanu za buri kwezi, batambiraga ibitambo ku rutambiro rwubatswe aho urw’ibitambo bikongorwa n’umuriro rwahoze mu Ngoro.
60 Abagore babaga barakebesheje abahungu babo baricwaga hakurikijwe iteka ry’umwami,
61 impinja zabo zibaziritse ku ijosi. Babicanaga na bene wabo, hamwe n’abakebye izo mpinja.
62 Nyamara Abisiraheli benshi bakomeza kuba intwari, banga kurya ibintu byahumanye.
63 Aho kubirya cyangwa kwica Isezerano Imana yagiranye na bo biyemeje gupfa, koko kandi baricwa.
64 Nuko muri iyo minsi, uburakari bw’Imana burushaho kugurumanira Abisiraheli.