Yuda arwanya amahanga amukikije
1 Amahanga abakikije yumvise ko urutambiro rwongeye gusanwa, Ingoro na yo ikongera kubakwa nk’uko yari imeze mbere, ayo mahanga ararakara cyane.
2 Nuko abatuye ayo mahanga biyemeza kwica Abisiraheli babatuyemo, maze batangira kubatsemba.
3 Abedomu bari baragoteye Abisiraheli ahitwa Akarabatenimuri Idumeya. Yuda arabarwanya arabatsinda baratatana, maze anyaga ibyabo.
4 Hanyuma yibuka ubugome bw’Ababayani,kubera ko bari barabereye inkomyi Abisiraheli bababuza amahoro, kandi babatega ibico mu mayira.
5 Yuda abagotera mu bigo ntamenwa byabo, yiyemeza kubatsemba. Ibyo bigo ntamenwa abitwikana n’ibyarimo byose.
6 Ibyo birangiye anyura mu gihugu cy’Abamoni, ahasanga ingabo zikomeye n’abaturage benshi bategekwaga na Timoteyo.
7 Yuda agaba ibitero byinshi, arabarwanya arabatsinda.
8 Nuko yigarurira umujyi wa Yāzerin’insisiro zawo zose, hanyuma agaruka mu Buyuda.
Abisiraheli batabaza Yuda
9 Abanyamahanga bo muri Gileyadi bishyira hamwe, kugira ngo batsembe Abisiraheli bari batuye mu gihugu cyabo. Nuko Abisiraheli bahungira mu kigo ntamenwa cy’i Datema.
10 Bandikira Yuda n’abavandimwe be bati: “Abanyamahanga badukikije bishyize hamwe kugira ngo badutsembe.
11 Ingabo zabo zitegekwa na Timoteyo ziritegura gufata ikigo ntamenwa twahungiyemo.
12 Nimutebuke mudutabare kuko benshi muri twe bamaze kwicwa.
13 Abavandimwe bacu bose bari batuye mu karere k’i Tobubarishwe, abagore n’abana babo bajyanwa ho iminyago n’ibyabo byose biranyagwa. Aho hantu hiciwe abantu bagera ku gihumbi.”
14 Yuda n’abavandimwe be bagisoma iyo baruwa, hatunguka izindi ntumwa ziturutse muri Galileya zashishimuye imyambaro kubera akababaro, na zo zije gutabaza.
15 Izo ntumwa ziravuga ziti: “Abantu batubaha Imana b’i Putolemayida, n’ab’i Tiri n’ab’i Sidoni, n’abo muri Galileya yose y’abanyamahanga, bishyize hamwe kugira ngo badutsembe.”
16 Yuda na rubanda rwose bumvise ayo magambo, bakoranya inama ikomeye yo gusuzuma ukuntu batabara abavandimwe babo b’Abayahudi, bugarijwe n’ibyago bikomoka ku bitero by’abanyamahanga.
17 Nuko Yuda abwira umuvandimwe we Simoni ati: “Toranya abantu ukeneye, ujye gutabara abavandimwe bacu b’Abayahudi bo muri Galileya, naho jye n’umuvandimwe wacu Yonatani tuzajya muri Gileyadi.”
18 Mu Buyuda ahasiga Yozefu mwene Zakariya na Azariya ku buyobozi bw’igihugu, kugira ngo bakirinde bafatanyije n’ingabo zisigaye.
19 Yuda arabategeka ati: “Muyobore igihugu kandi ntimuzashoze intambara n’abanyamahanga, kugeza ubwo tuzahindukira.”
20 Simoni ajyana n’ingabo ibihumbi bitatu batera muri Galileya, naho Yuda ajyana ingabo ibihumbi umunani batera muri Gileyadi.
Simoni na Yuda batsinda intambara nyinshi
21 Simoni ageze muri Galileya, ashoza intambara nyinshi arwanya abanyamahanga, arabatsinda barahunga,
22 arabakurikirana kugera ku marembo y’i Putolemayida. Kuri urwo rugamba hishwe abanyamahanga bagera ku bihumbi bitatu abanyaga ibyabo.
23 Yuda akoranya Abayahudi bo muri Galileya n’abo muri Arubata, hamwe n’abagore babo n’abana babo n’ibyo bari batunze byose, abazana mu Buyuda banezerewe cyane.
24 Icyo gihe Yuda Makabe n’umuvandimwe we Yonatani bambuka Yorodani, bagenda iminsi itatu mu butayu.
25 Hanyuma bahura n’Abanabateyi,babakira neza kandi babatekerereza ibyabaye byose ku Bayahudi bo muri Gileyadi.
26 Bababwira n’ukuntu bamwe mu Bayahudi bari bafungiwe mu mijyi minini kandi ntamenwa ari yo Bosira na Bosori, na Alema na Kasifo, na Makeda na Karinayimu,
27 bababwira kandi ko hari n’abandi bafungiwe mu yindi mijyi ya Gileyadi, abanzi babo bakaba biyemeje ko bucya batera imijyi ntamenwa y’Abayahudi bakayifata umunsi umwe, bagatsemba abayirimo bose.
28 Ako kanya Yuda n’ingabo ze bahitamo kwerekeza i Bosira, bambukiranyije ubutayu. Nuko bigarurira uwo mujyi bica ab’igitsinagabo bose, barawusahura barangije bawuha inkongi.
29 Yuda n’ingabo ze bagenda ijoro ryose, bagera ku kigo ntamenwa cy’i Datema.
30 Mu gitondo cya kare Yuda n’abo bari kumwe babona igitero cy’abantu benshi, bitwaje inzego n’imashini z’intambarakugira ngo bigarurire icyo kigo ntamenwa, ndetse bahita batera.
31 Yuda abonye ko urugamba rutangiye, yumvise n’urusaku rwinshi ruvanze n’amajwi y’impanda yarangīraga aturuka mu mujyi,
32 abwira ingabo ze ati: “Uyu munsi nimurwanirire abavandimwe bacu b’Abayahudi!”
33 Ingabo azigabanyamo amatsinda atatu, azitegeka gutera abanzi zibaturutse inyuma. Nuko bavuza impanda kandi basenga baranguruye amajwi.
34 Ingabo za Timoteyo zibonye ko zatewe na Yuda Makabe zirahunga. Uwo munsi azitsinda ku buryo budasubirwaho, azicamo abantu bagera ku bihumbi umunani.
35 Hanyuma Yuda n’ingabo ze berekeza mu mujyi wa Alema, barawutera maze barawigarurira bica ab’igitsinagabo bose, barawusahura barangije bawuha inkongi.
36 Bahavuye bajya kwigarurira imijyi ya Kasifo na Makeda, na Bosori n’indi mijyi yo muri Gileyadi.
Izindi ntambara Yuda yatsinze mu gihugu cya Gileyadi
37 Ibyo birangiye Timoteyo akoranya ikindi gitero, ashinga inkambi hakurya y’umugezi ahateganye na Rafoni.
38 Yuda yohereza abatasi mu nkambi y’abanzi, bagaruka bamubwira bati: “Abanyamahanga bose badukikije bateguye igitero kinini cyane kiyobowe na Timoteyo.
39 Bitabaje kandi n’Abarabu b’abacancuro kugira ngo babafashe, none bashinze inkambi hakurya y’umugezi biteguye kugutera.” Nuko Yuda ajya kubarwanya.
40 Yuda n’ingabo ze bageze hafi y’umugezi, Timoteyo abwira abagaba b’ingabo ze ati: “Yuda nadutanga kwambuka ntituzamushobora, kuko kudutsinda bizamworohera.
41 Ariko nagira ubwoba akaguma hakurya y’umugezi, tuzambuka duhangane na we tumutsinde.”
42 Yuda ageze ku mugezi akwirakwiza abagaba b’ingabo ku nkengero zawo, arabategeka ati: “Ntihagire n’umwe mureka ashinga ihema rye, ahubwo bose bajye ku rugamba!”
43 Yuda abimburira ingabo ze asatira abanzi, amenesha abo banyamahanga, bagenda bajugunya intwaro zabo bahungira mu ngoro y’i Karinayimu.
44 Yuda n’ingabo ze bigarurira uwo mujyi, batwika ingoro n’abari bayirimo bose. Uko ni ko Karinayimu yasenywe, kuva ubwo abanyamahanga ntibongera guhangara kurwanya Yuda.
45 Yuda akoranya Abisiraheli bose bari mu gihugu cya Gileyadi, uhereye ku muto ukageza ku mukuru, hamwe n’abagore babo n’abana babo n’ibintu byabo. Abo bantu bose abajyana mu Buyuda.
46 Bageze Efuroni, umujyi munini kandi ukomeye wari wubatse hafi y’inzira, babona ko badashobora kuwuzenguruka, ahubwo ko bagomba kuwambukiranya.
47 Abaturage b’uwo mujyi babima inzira, amarembo yawo bayarundamo amabuye.
48 Yuda aboherereza ubutumwa bubahumuriza agira ati: “Tugiye kwambukiranya igihugu cyanyu kugira ngo tugere mu cyacu, nta muntu uri bubagirire nabi turitambukira gusa!” Ariko bo banga kumwugururira.
49 Nuko Yuda ategeka ingabo ze ko buri muntu aguma mu birindiro bye.
50 Ingabo zitegura kugaba igitero, barwana umunsi wose n’ijoro ryose maze bigarurira uwo mujyi.
51 Bica ab’igitsinagabo bose, umujyi barawusahura kandi barawusenya, bawambukiranya bagenda hejuru y’intumbi.
52 Abayahudi bambuka Yorodani, bagera mu kibaya kinini kiri ahateganye n’umujyi wa Betishani.
53 Inzira yose Yuda yagendaga asindagiza abananiwe, akomeza rubanda rwose kugeza igihe bagereye mu Buyuda.
54 Bazamuka umusozi wa Siyoni mu byishimo n’umunezero, batambira Imana ibitambo bikongorwa n’umuriro kuko bari batabarutse amahoro, nta n’umwe mu babo waguye ku rugamba.
Yozefu na Azariya batsindirwa i Yaminiya
55 Igihe Yuda na Yonatani bari muri Gileyadi, naho Simoni umuvandimwe wabo ari i Putolemayida muri Galileya,
56 Yozefu mwene Zakariya na Azariya bari abagaba b’ingabo mu Buyuda, bumvise ibigwi byabo n’intambara barwanye,
57 baribwira bati: “Reka natwe twiheshe ishema, tujye kurwanya amahanga adukikije.”
58 Nuko bategeka ingabo bayoboraga, batera umujyi wa Yaminiya.
59 Gorigiyan’ingabo ze basohoka mu mujyi bajya kubarwanya.
60 Yozefu na Azariya n’ingabo zabo baratsindwa maze barahunga, Gorigiya n’ingabo ze barabakurikirana kugera ku mupaka w’u Buyuda. Uwo munsi hicwa abantu bagera ku bihumbi bibiri mu Bisiraheli.
61 Ibyo bituma Abisiraheli batsindwa bikomeye, kuko Yozefu na Azariya banze kumvira Yuda n’abavandimwe be. Koko rero bibwiraga ko na bo bizatuma bavugwa ibigwi.
62 Nyamara bo ntibabarirwaga mu bantu Imana yari yarahaye inshingano yo gukiza Abisiraheli.
Yuda atsinda igihugu cya Idumeya n’u Bufilisiti
63 Intwari Yuda n’abavandimwe be babaye ibirangirire muri Isiraheli, no mu mahanga yose aho babavugaga ibigwi.
64 Abantu babasangaga ari benshi kugira ngo babashimire.
65 Yuda n’abavandimwe be bajya gutera Abedomu bari batuye mu karere k’amajyepfo. Bigarurira umujyi wa Heburoni n’insisiro zawo, basenya ikigo ntamenwa kandi batwika iminara yacyo.
66 Bahavuye berekeza mu gihugu cy’Abafilisiti, bambukiranyije Maresha.
67 Uwo munsi abatambyi bashatse kuvugwa ibigwi, barahubutse bajya ku rugamba maze baricwa.
68 Hanyuma Yuda yerekeza mu ntara ya Ashidodi, mu gihugu cy’Abafilisiti. Asenya intambiro zabo, atwika amashusho abājwe y’ibigirwamana byabo kandi asahura imijyi yaho, maze agaruka mu Buyuda.