Urupfu rwa Yuda Makabe
1 Demeteriyo amenye ko Nikanori n’ingabo ze baguye ku rugamba, arongera yohereza Bakidesi na Alikimu mu gihugu cy’u Buyuda, bayoboye ingabo ze z’intwari.
2 Nuko bafata inzira igana muri Galileya, bagota umujyi wa Mesaloti wari bugufi ya Arubele, barawigarurira kandi bahica abantu benshi.
3 Mu kwezi kwa mbere k’umwaka wa 152bashinga inkambi ahateganye na Yeruzalemu.
4 Hanyuma bajya i Bērizeti bayoboye ingabo ibihumbi ijana na makumyabiri zigenza amaguru, n’ingabo ibihumbi bibiri zirwanira ku mafarasi.
5 Yuda na we yari yashinze inkambi Eleyasa, ari kumwe n’ingabo ibihumbi bitatu z’intwari.
6 Ingabo z’Abayahudi zibonye ubwinshi bw’igitero cy’abanzi zigira ubwoba, benshi muri bo barahunga, mu nkambi hasigara abantu batarenze magana inani.
7 Yuda abonye ko abantu be bagabanutse kandi igitero kikaba kimusatiriye arashavura, kuko atari agifite igihe cyo gukoranya ingabo ze.
8 Muri ako kababaro Yuda abwira abari basigaye ati: “Nimuhaguruke duhangane n’abanzi bacu, turebe ko twabatsinda.”
9 Nyamara bo bamuca intege bavuga bati: “Nta kindi dushoboye gukora muri aka kanya uretse gukiza amagara yacu. Ubu turi bake cyane, tuzagarukana n’abavandimwe bacu tubarwanye.”
10 Yuda arabasubiza ati: “Ntibikavugwe ko nahunze urugamba! Niba umunsi wacu wageze, mureke dupfe kigabo twitangire abavandimwe bacu, aho guhara ishema ryacu.”
11 Nuko igitero cy’abanzi gisohoka mu nkambi kijya guhangana n’Abayahudi. Abarwanira ku mafarasi bigabanyamo amatsinda abiri, naho abarwanisha imihumetso n’ab’imiheto, mbese abantu b’intwari bose ni bo babanje imbere.
12 Bakidesi atera aturutse mu ruhande rw’iburyo, impanda zivuze igitero cy’abagenza amaguru gisatira giturutse ku mpande zombi. Ku ruhande rwa Yuda na bo bavuza impanda,
13 maze isi ihinda umushyitsi kubera urwamo rw’ingabo. Urugamba rwatangiye mu gitondo rurakomeza kugeza nimugoroba.
14 Yuda abona ko Bakidesi n’ingabo ze z’intwari baherereye ku ruhande rw’iburyo. Hanyuma ab’intwari mu bantu ba Yuda baramwegera.
15 Nuko bahashya ingabo z’Abanyasiriya zari mu ruhande rw’iburyo, bakurikirana abasigaye babageza ku musozi wa Azara.
16 Ariko Abanyasiriya bari ku ruhande rw’ibumoso babonye ko ingabo zabo zo ku ruhande rw’iburyo zitsinzwe, bakurikirana Yuda na bagenzi be babaturutse inyuma.
17 Intambara irushaho gukaza umurego, hapfa abantu benshi ku mpande zombi.
18 Yuda na we aricwa, abasigaye mu bantu be barahunga.
Ihambwa rya Yuda Makabe
19 Yonatani na Simoni batwara umurambo w’umuvandimwe wabo Yuda, bawushyingura mu mva ya ba sekuruza i Modini.
20 Abisiraheli bose baramuririra, bamara iminsi myinshi bari mu cyunamo bavuga bati:
21 “Ntibishoboka! Iyo ntwari n’umukiza wa Isiraheli apfuye ate!”
22 Ibindi bigwi bya Yuda n’intambara yarwanye, ibikorwa yakoze n’ibiranga ikuzo rye ntibyanditswe byose, kuko byari byinshi cyane.
Yonatani asimbura ku ngoma umuvandimwe we Yuda
23 Yuda amaze gupfa, abantu badakurikiza Amategeko y’Imana bongera kwaduka muri Isiraheli, n’inkozi z’ibibi zibyutsa umutwe.
24 Kubera ko muri iyo minsi hari harateye inzara ikomeye cyane, igihugu cyose kirabayoboka.
25 Bakidesi atoranya nkana abantu batubaha Imana n’Amategeko, kugira ngo abe ari bo bayobora igihugu.
26 Abo bategetsi bashakisha incuti za Yuda, barabafunga hanyuma babazanira Bakidesi arihōrera, ndetse abakorera ibya mpfura mbi.
27 Nuko haba itotezwa rikomeye ritigeze riboneka muri Isiraheli, uhereye igihe batari bagifite abahanuzi.
28 Incuti za Yuda zose zirakorana zibwira Yonataniziti:
29 “Kuva aho umuvandimwe wawe Yuda apfiriye, nta wundi muntu umeze nka we tubona washobora kutuyobora ngo turwanye umwanzi wacu ari we Bakidesi, n’abandi bose bagambanira ubwoko bwacu.
30 None rero kuva uyu munsi ni wowe duhisemo, kugira ngo umusimbure kandi utuyobore muri iyi ntambara turwana.”
31 Kuva ubwo Yonatani yemera ubutegetsi, asimbura umuvandimwe we Yuda.
Yonatani mu butayu bw’i Tekowa
32 Bakidesi yumvise iyo nkuru, ashaka uburyo yakwicisha Yonatani.
33 Yonatani na Simoni umuvandimwe we, n’abantu babo babimenye bahungira mu butayu bw’i Tekowa, bashinga inkambi hafi y’ikigega cy’amazi cya Asufari.
34 Bakidesi abimenya ku isabato, yambukana n’ingabo ze zose bajya hakurya ya Yorodani.
35 Yonatani yohereza umuvandimwe we Yohani wari umuyobozi w’abari batumwe ku ncuti zabo z’Abanabateyi,kubasaba niba bashobora kubabikira ibintu byabo kuko byari byinshi cyane.
36 Ariko abakomoka kuri Yamburiw’i Medeba bafata Yohani baramwica, bamucuza ibyo yari afite byose maze barigendera n’iminyago yabo.
37 Hashize iminsi Yonatani na Simoni umuvandimwe we, bamenya ko abakomoka kuri Yamburi bagiye gucyuza ubukwe bukomeye, umugeni akazaza ashagawe kuva i Nabata. Uwo umukobwa yari uw’umuntu ukomeye wo mu gihugu cya Kanāni.
38 Bibutse urupfu rw’umuvandimwe wabo Yohani, barazamuka bajya kwihisha mu buvumo bwari ku musozi.
39 Bakiri mu bwihisho babona ikivunge cy’abantu basakabaka, bafite n’ibintu byinshi. Umukwe yari aherekejwe n’incuti ze n’abavandimwe be aje gusanganira umugeni wari hamwe n’abavuza ingoma n’abaririmbyi, n’abafite intwaro zikomeye.
40 Yonatani n’ingabo ze basohoka mu bwihisho barabarwanya, abantu benshi barapfa, abacitse ku icumu bahungira ku musozi. Abayahudi basahura ibyabo byose.
41 Nuko ibyari ubukwe bihinduka icyunamo, n’indirimbo zihinduka amaganya.
42 Yonatani n’umuvandimwe we Simoni bamaze guhōrera umuvandimwe wabo, bigarukira ku nkombe ya Yorodani.
Abayahudi bambuka Yorodani
43 Bakidesi abimenye ahagurukana n’ingabo ze zose ku munsi w’isabato, yerekeza ku nkombe ya Yorodani.
44 Nuko Yonatani abwira abantu be ati: “Nimuhaguruke twirwaneho, dukize ubuzima bwacu kuko bibaye ubwa mbere duhura n’ingorane nk’izi.
45 Dore turatangatanzwe, umwanzi ari imbere yacu, amazi ya Yorodani na yo ari inyuma yacu kandi hirya no hino hari igishanga n’ishyamba. Nta hantu na hamwe dushobora guhungira.
46 None rero nimuze dutakambire Uhoraho adutsindire aba banzi.”
47 Urugamba rutangiye Yonatani abangura inkota kugira ngo ayitere Bakidesi, ariko Bakidesi aramwizibukira asubira inyuma.
48 Nuko Yonatani n’ingabo ze biroha muri Yorodani baroga bafata hakurya, ariko abanzi babo ntibambuka ngo babakurikire.
49 Uwo munsi hapfa abantu bagera ku gihumbi bo mu ngabo za Bakidesi.
Bakidesi mu Buyuda n’urupfu rwa Alikimu
50 Bakidesi agaruka i Yeruzalemu, atangira kubakisha ibigo bikomeye mu Buyuda abikikiza inkuta ndende cyane, ziriho inzugi zikingishije ibihindizo by’ibyuma. Ibyo bigo ntamenwa ni ibi bikurikira: icy’i Yeriko n’icya Emawusi n’icya Betihoroni, icya Beteli n’icya Timuna, n’icya Piratoni n’icya Tifoni.
51 Hanyuma asiga muri buri kigo umutwe w’abasirikare bo kubuza amahoro Abayahudi.
52 Bakidesi akomeza n’umujyi wa Betisuri n’uwa Gezeri, n’ikigo ntamenwa cy’i Yeruzalemu, ahashyira abasirikare kandi ahahunika ibiribwa.
53 Afata abana b’abategetsi b’igihugu abagira ingwate, abafungira mu kigo ntamenwa cy’i Yeruzalemu.
54 Mu kwezi kwa kabiri k’umwaka wa 153,Umutambyi mukuru Alikimu ategeka gusenya urukuta rw’urugo rw’Ingoro, ashaka kuvanaho ibikorwa by’abahanuzi.Atangiye kubirimbagura
55 afatwa n’indwara, maze ibikorwa bye birahagarara. Umunwa we urafatana, uraremara ntiyaba agishobora kuvuga ijambo na rimwe, ntiyashobora no kuraga abo mu rugo rwe.
56 Muri icyo gihe Alikimu apfa afite ububabare burengeje urugero.
57 Bakidesi yumvise ko Alikimu yapfuye agaruka ibwami. Nuko igihugu cy’u Buyuda kibona agahenge mu gihe cy’imyaka ibiri.
Ugutsindwa kwa Bakidesi n’itahuka rye
58 Abayahudi batubahiriza Amategeko y’Imana barakorana, baravuga bati: “Dore Yonatani n’abantu be bibereye mu mahoro nta cyo bikanga.None reka duhamagaze Bakidesi, azabafata bose mu ijoro rimwe.”
59 Nuko bajya kureba Bakidesi kugira ngo bavugane kuri icyo gitekerezo.
60 Bakidesi ahagurukana n’igitero gikomeye, yandikira rwihishwa incuti ze zo mu Buyuda azisaba gufata Yonatani na bagenzi be, ariko ntibyashoboka kuko umugambi wabo wari watahuwe.
61 Ahubwo Yonatani n’ingabo ze bafata abantu mirongo itanu mu bari bateguye ubugambanyi, barabica.
62 Hanyuma Yonatani na Simoni n’abantu babo bahungira mu butayu bw’i Betibasi, basana iby’aho byari byarasenyutse, barahakomeza.
63 Bakidesi abimenye akoranya ingabo ze zose, ahuruza n’abayoboke be bo mu Buyuda.
64 Bakidesi ashinga ibirindiro i Betibasi ahagota igihe kirekire, maze ahashinga imashini z’intambara.
65 Hanyuma Yonatani asiga umuvandimwe we Simoni mu mujyi, ajya mu cyaro ari kumwe n’abantu bake.
66 Yonatani atsinda Odomera n’abavandimwe be, atsinda n’abakomoka kuri Fazironi abasanze mu nkambi yabo. Abo bantu bamaze gutsindwa bemera kwifatanya na Yonatani, kugira ngo barwanye Bakidesi.
67 Simoni n’abantu be bava i Betibasi batwika za mashini z’intambara,
68 barwanya Bakidesi baramutsinda. Bakidesi arababara cyane kubera ko uburyo bwo kurwana yari yateguye butamuhiriye.
69 Nuko arakarira Abayahudi b’abahemu bari bamugiriye inama yo kuza mu Buyuda, yicamo benshi maze yiyemeza gusubira mu gihugu cye.
70 Yonatani abimenye, amutumaho intumwa kugira ngo bagirane amasezerano y’amahoro no kugurana imfungwa.
71 Bakidesi yemera icyifuzo cya Yonatani, amurahira ko atazaca ku masezerano bagiranye kandi ko atazongera kumugirira nabi igihe cyose azaba akiriho.
72 Bakidesi amusubiza imfungwa yari yarafatiye mu Buyuda, hanyuma asubira iwabo kandi ntiyongera kugaruka ukundi mu gihugu cy’Abayahudi.
73 Intambara irahosha muri Isiraheli, Yonatani ajya gutura i Mikimasi, atangira gucira abantu imanzakandi atsemba abatubaha Imana n’Amategeko muri Isiraheli.