Urupfu rwa Sawuli n’abahungu be
1 Igihe kimwe Abafilisiti barwanye n’Abisiraheli, barwanira ku musozi wa Gilibowa. Abisiraheli barahunga ndetse benshi muri bo barapfa.
2 Abafilisiti basatira Sawuli n’abahungu be, bica Yonatani na Abinadabu na Malikishuwa bene Sawuli.
3 Urugamba rwibasira Sawuli, abarashi b’Abafilisiti baramusatira baramukomeretsa cyane.
4 Sawuli abwira uwamutwazaga intwaro ati: “Kura inkota yawe unsogote, ntava aho nicwa urubozo na bariya banyamahanga batakebwe!” Ariko uwo wamutwazaga intwaro bimutera ubwoba ntiyabyemera. Sawuli ni ko gufata inkota ye ayishitaho.
5 Uwamutwazaga intwaro abonye Sawuli apfuye, yishita ku nkota ye apfana na Sawuli.
6 Nguko uko uwo munsi Sawuli n’abahungu be batatu n’uwamutwazaga intwaro, n’abo bari kumwe na we bose bapfiriye rimwe.
7 Nuko Abisiraheli bari batuye mu kibaya cya Yizerēli no hakurya ya Yorodani, bamenye ko ingabo z’Abisiraheli zahunze na Sawuli n’abahungu be bapfuye, basiga imijyi yabo barahunga, Abafilisiti baraza bayituramo.
8 Ku munsi ukurikiye uw’urugamba Abafilisiti baza gucuza imirambo, basanga Sawuli n’abahungu be batatu aho bapfiriye ku musozi wa Gilibowa.
9 Bamuca umutwe bamucuza intwaro ze, babizengurukana mu Bufilisiti hose, kugira ngo iyo nkuru imenyekane mu bantu no mu ngoro z’ibigirwamana byabo.
10 Intwaro za Sawuli bazishyira mu ngoro y’imanakazi Ashitaroti, naho umurambo we bawumanika ku rukuta rw’umujyi w’i Betishani.
11 Abaturage b’i Yabeshi y’i Gileyadibumvise ibyo Abafilisiti bakoreye Sawuli,
12 abagabo bose b’intwari bagenda ijoro ryose bajya i Betishani, bamanura umurambo wa Sawuli n’iy’abahungu be bayijyana i Yabeshi barayitwika.
13 Hanyuma barundarunda amagufwa yabo, bayahamba aho i Yabeshi munsi y’umunyinya. Nuko bamara iminsi irindwi bigomwa kurya.