2 Bami 6

Ishoka yarohamye ikarohorwa

1 Abagize itsinda ry’abahanuzi babwira Elisha bati: “Dore aha hantu udukoranyiriza ni hato.

2 Reka tujye kuri Yorodani, buri wese azane igiti maze twiyubakire aho tuzajya dukoranira.”

Arabemerera ati: “Nimugende.”

3 Umwe muri bo abwira Elisha ati: “Databuja, reka tujyane.”

Elisha aramusubiza ati: “Ndaje.”

4 Aherako ajyana na bo, bageze kuri Yorodani batema ibiti.

5 Mu gihe umwe yatemaga igiti, ishoka ye irakuka irohama mu mazi. Arataka ati: “Ayii! Databuja, iyi shoka yari intirano!”

6 Elisha aramubaza ati: “Irohamiye hehe?” Amaze kumwereka aho yarohamiye Elisha aca agati akajugunyayo, maze ishoka izamukayo irareremba.

7 Elisha aramubwira ati: “Yisingire uyizane.” Nuko arambura ukuboko arayifata

Elisha afata ingabo za Siriya

8 Mu gihe umwami wa Siriya yarwanyaga igihugu cya Isiraheli yagishije inama abagaragu be, hanyuma abarangira aho ingabo zigomba gushinga ibirindiro.

9 Nuko Elisha atuma ku mwami wa Isiraheli ati: “Witondere hariya hantu, kuko hari ibirindiro by’ingabo za Siriya.”

10 Bityo umwami wa Isiraheli yoherezaga ingabo ze kugenzura aho hantu Elisha yabaga yabarangiye. Elisha abigenza atyo kenshi, bituma umwami wa Isiraheli amenya uko abanzi be bitegura.

11 Ibyo bihagarika umutima umwami wa Siriya cyane, maze atumira abagaragu be arababaza ati: “Ni nde muri mwe waba ari icyitso cy’umwami wa Isiraheli?”

12 Umwe mu bagaragu aramubwira ati: “Nyagasani, nta wuturimo ahubwo Elisha umuhanuzi wo muri Isiraheli amenya byose, ku buryo abasha no kubwira umwami wabo ibyo wavugiye mu cyumba cyawe.”

13 Nuko umwami wa Siriya arategeka ati: “Mugende murebe aho ari maze nohereze abo kumufata.” Bamusubije ko ari i Dotani,

14 umwami aherako yoherezayo abarwanira ku mafarasi no mu magare y’intambara n’izindi ngabo nyinshi, zigenda ijoro ryose umujyi zirawugota.

15 Umugaragu wa Elisha azinduka kare, maze abona ingabo n’amafarasi n’amagare bigose umujyi. Abwira Elisha ati: “Databuja, karabaye! Tugire dute?”

16 Elisha aramubwira ati: “Wigira ubwoba. Dore ingabo turi kumwe ziruta izabo ubwinshi.”

17 Hanyuma arasenga ati: “Uhoraho, mubonekere abashe kwirebera.” Nuko Uhoraho abonekera uwo mugaragu, abona imisozi yuzuyeho amafarasi n’amagare y’umuriro bikikije Elisha.

18 Ingabo z’Abanyasiriya zisatiriye Elisha, yambaza Uhoraho agira ati: “Ziriya ngabo zihume amaso.” Uhoraho azihuma amaso nk’uko Elisha yabisabye.

19 Elisha arazibwira ati: “Erega mwibeshye inzira n’umujyi babatumyemo, nimunkurikire mbayobore ku muntu mushaka!” Nuko Elisha abajyana mu murwa wa Samariya.

20 Bageze i Samariya Elisha yongera gusaba Uhoraho ati: “Noneho aba Banyasiriya bahumūre babashe kureba.” Uhoraho aherako arabahumūra, barebye basanga bari i Samariya.

21 Umwami wa Isiraheli azirabutswe abaza Elisha ati: “Mubyeyi, ese mbatsembe, mbatsembeho se?”

22 Elisha aramusubiza ati: “Oya, wibatsembaho. Mbese ubusanzwe abo ugize ingaruzwamuheto urabatsemba? Ahubwo bafungurire ubahe icyo kunywa n’icyo kurya, ubohereze basubire kwa shebuja.”

23 Nuko umwami abakorera ibirori bamaze kurya no kunywa arabohereza basubira kwa shebuja. Kuva ubwo nta dutsiko tw’ingabo z’Abanyasiriya twongeye gutera igihugu cya Isiraheli.

Inzara izahaza Abanyasamariya

24 Ikindi gihe Benihadadi umwami wa Siriya akoranya ingabo ze, aragenda agota Samariya.

25 Bityo inzara ikomeye iyogoza uwo mujyi ku buryo umutwe w’indogobe waguraga ibikoroto mirongo inani by’ifeza, naho irobo y’agakondwe k’amahurunguru y’inuma ikagura ibikoroto bitanu by’ifeza.

26 Igihe kimwe umwami wa Isiraheli anyuze ku rukuta ruzengurutse umujyi, umugore ararangurura ati: “Nyagasani, ndengera.”

27 Umwami aramubaza ati: “Uhoraho atakurengeye, jye se nakumarira iki? Dore nta kintu gisigaye, ari umugati cyangwa divayi.”

28 Icyakora umwami yungamo ati: “Urifuza iki?”

Umugore aramusubiza ati: “Uriya mugore mugenzi wanjye yarambwiye ngo nzane umwana wanjye tumurye none, ejo na we azazana uwe tumurye.

29 Umwana wanjye twaramutetse turamurya. Bukeye mubwiye nti: ‘Zana umwana wawe na we tumurye’, ajya kumuhisha.”

30 Umwami yumvise amagambo y’uwo mugore ashishimura imyambaro ye, maze rubanda rwose rumubona yambaye igaragaza akababaroimbere y’imyambaro ye, kuko yagendagendaga ku rukuta rw’umujyi.

31 Nuko umwami aritotomba ati: “Imana impane bikomeye niba uyu munsi bigejeje nimugoroba, Elisha mwene Shafati ntaramwicisha.”

Elisha atangaza ko inzara irangiye

32 Ubwo Elisha yari ari iwe ari kumwe n’abakuru b’imiryango mu nama, umwami amutumaho intumwa. Nyamara mbere y’uko imugeraho Elisha abwira abo bakuru ati: “Murabona uriya mwami w’umwicanyi, anyoherejeho umuntu wo kunca umutwe. Nagera hano mukinge urugi, mumubuze kwinjira kuko n’umwami ubwe aje amukurikiye.”

33 Elisha amaze kuvuga atyo, intumwa iba irahageze iti: “Uhoraho ubwe ni we waduteje ibi byago! None se naba nkimwizeyeho iki?”