Yuda ahÅrera Abayahudi b’i Yope n’i Yaminiya
1 Amasezerano hagati y’Abayahudi na Liziya amaze kumvikanwaho Liziya agaruka ibwami, naho Abayahudi batangira guhinga imirima yabo.
2 Ariko bamwe mu batware b’akarere ari bo Timoteyo na Apoloniyo bene Genewosi, na Yeronimu na Demofoni ndetse na Nikanori umutware w’Abanyashipure, ntibatumaga Abayahudi bagira umutekano n’amahoro.
3 Muri icyo gihe abaturage b’i Yopebakoze ishyano. Bagaragarije Abayahudi babaga iwabo ko nta rwango babafitiye, maze barabatumira hamwe n’abagore babo n’abana babo, kugira ngo batembere mu nyanja bari mu mato bateguriye icyo gikorwa.
4 Kubera ko icyo cyemezo cyari cyafashwe n’abatuye umujyi bose, Abayahudi ntibagira ikibi bikanga maze bemera ubwo ubutumire, kugira ngo bakomeze kugirana na bo umubano mwiza. Ariko bageze mu nyanja rwagati babaroha bose. Bari bageze ku bantu magana abiri.
5 Yuda amaze kumenya ubugome bukabije bwagiriwe bene wabo akoranya abantu be.
6 Amaze kwambaza Imana yo mucamanza utabera, ajya gutera abishe bene wabo. Yitwikiriye ijoro, icyambu agiha inkongi atwika n’amato yose, yica n’abantu bose bari bahungiye aho hantu.
7 Ibyo birangiye arahava kubera ko amarembo y’umujyi yari afunze. Ariko agenda afite umugambi wo kuzagaruka agatsemba abatuye Yope bose.
8 Yuda aza kumenya ko abaturage b’i Yaminiyabashaka kugenza Abayahudi bari batuye mu mujyi wabo, nk’uko bagenje abari batuye i Yope.
9 Nuko i Yaminiya na ho ahatera mu ijoro, atwika icyambu n’amato yari ahari, ku buryo icyezezi cy’umuriro cyagaragaraga i Yeruzalemu, nko mu birometero mirongo ine na bitanu.
Yuda yigarurira umujyi wa Kasifo
10 Yuda n’abantu be bavuye i Yaminiya bajya gutera Timoteyo. Nuko bamaze kurenga umujyi nko mu birometero bibiri, baterwa n’Abarabu bagera ku bihumbi bitanu bafashijwe n’abantu magana atanu barwanira ku mafarasi.
11 Intambara ikomeye iratangira, ariko ingabo za Yuda ziratsinda kubera ko zari zifashijwe n’Imana. Izo nzererezi z’Abarabu zibonye ko zitsinzwe, zisaba Yuda ngo abahe amahoro. Basezeranya Abayahudi ko bazabaha amatungo kandi bakabafasha no mu bindi byose bazakenera.
12 Koko rero Yuda yabonaga ko bashobora kumugirira akamaro muri byinshi, bituma yemera kugirana na bo amasezerano y’amahoro. Ayo masezerano amaze kwemezwa, Abarabu basubira mu mahema yabo.
13 Yuda atera n’undi mujyi ukomeye witwaga Kasifo, wari uzengurutswe n’ibirundo by’ibitaka n’inkuta, ukaba wari utuwe n’abantu baturutse mu bihugu bitandukanye.
14 Abo baturage kubera ko bari biringiye inkuta zabo zikomeye n’ibigega byabo byuzuye ibiribwa, batangira gutuka Yuda n’abantu be ibitutsi bibi, bongeraho no gutuka Imana mu magambo umuntu atatinyuka gusubiramo.
15 Ariko Yuda na bagenzi be, biyambaza Nyagasani Nyirububasha n’Umugenga mukuru w’isi, we warimbuye inkuta za Yerikomu gihe cya Yozuwe adakoresheje imashini z’intambara, maze biroha ku nkuta z’umujyi.
16 Babikesheje ubushake bw’Imana bigarurira uwo mujyi. Bahatsinda abantu batabarika, bigeza n’aho ikizenga cyari hafi aho, gifite ubugari bwa metero magana ane cyendaga kuzura imivu y’amaraso yagitembagamo.
Yuda atsinda urugamba rw’i Karinayimu
17 Yuda na bagenzi be bavuye i Kasifo bakora urugendo rugera ku birometero ijana na mirongo ine, bagera ku kigo ntamenwa cy’i Karagisi. Icyo kigo cyari gituwe n’Abayahudi bitwaga Abatubiyo.
18 Icyakora ntibasanga Timoteyo muri ako karere, kuko yari yahavuye nta n’icyo ahakoze, uretse ko yasize ingabo nyinshi muri icyo kigo ntamenwa.
19 Nuko Dositeyo na Sosipateri, abagaba b’ingabo ba Yuda Makabe, batera icyo kigo ntamenwa maze bahica abantu barenga ibihumbi icumi.
20 Ibyo birangiye Yuda agabanya ingabo ze mo imitwe myinshi, ashyiraho abagaba bo kuziyobora, hanyuma akurikirana Timoteyo wari kumwe n’ingabo ibihumbi ijana na makumyabiri zigenza amaguru, n’izirwanira ku mafarasi ibihumbi bibiri na magana atanu.
21 Timoteyo amenye ko Yuda ari hafi, abanza kohereza abagore n’abana hamwe n’imitwaro yose mu mujyi wa Karinayimu.Koko rero kugota aho hantu ntibyari byoroshye ndetse no kuhagera byari biruhije, kubera ko inzira zajyagayo zari impatanwa.
22 Mu gihe umutwe wa mbere w’ingabo zari ziyobowe na Yuda uhatungutse, ingabo z’abanzi zikuka umutima, bagira ubwoba batewe n’ukwigaragaza kw’Imana ibona byose. Nuko bahunga intatane nk’abasazi ku buryo na bo ubwabo bakomeretsanyaga, bagasogotana inkota zabo bwite.
23 Yuda akurikirana n’umurego mwinshi abo bagome, abicamo abantu bagera ku bihumbi mirongo itatu.
24 Timoteyo ubwe afatwa n’ingabo za Dositeyo n’iza Sosipateri, abinginga akoresheje uburiganya kugira ngo bamurekure nta cyo bamutwaye. Yavugaga ko yafashe ababyeyi cyangwa abavandimwe ba benshi muri bo, kandi ko bashobora kwicwa baramutse bamugiriye nabi.
25 Nuko abasezeranya ku mugaragaro ko azabasubiza ababyeyi babo ari bazima, Abayahudi baramurekura kugira ngo bakize abavandimwe babo.
Yuda asubira i Yeruzalemu amaze gutsinda
26 Hanyuma Yuda yigarurira umujyi wa Karinayimu n’ingoro yawo yari yareguriwe ikigirwamanakazi Atarigateyoni,ahica abantu ibihumbi makumyabiri na bitanu.
27 Yuda amaze gutsinda no gutsemba abo banzi atera Efuroni, umujyi ukomeye Liziya yari atuyemo hamwe n’abantu baturutse mu bihugu bitandukanye. Abasore b’intarumikwa bari bashinze ibirindiro imbere y’inkuta kandi barwana gitwari. Muri icyo kigo ntamenwa hari imashini nyinshi, n’ibindi bikoresho by’intambara.
28 Ariko Abayahudi bamaze gutakambira Nyagasani ufite ububasha bwo kuburizamo imbaraga z’abanzi, bashobora batyo kwigarurira umujyi, bahica abantu bagera ku bihumbi makumyabiri na bitanu.
29 Bahavuye batera Shitopoli,umujyi wari mu birometero ijana na cumi uvuye i Yeruzalemu.
30 Nyamara Abayahudi bari batuye muri uwo mujyi babwira Yuda ukuntu abaturage bawo babagiriye neza, bakabagaragariza ubupfura mu bihe by’amakuba.
31 Nuko Yuda n’abantu be bashimira abaturage b’uwo mujyi, kandi babasaba gukomeza kugirira neza Abayahudi ndetse no mu bihe bizaza. Hanyuma basubira i Yeruzalemu kuko umunsi mukuru wa Pentekote wari wegereje.
Yuda atsinda ingabo za Gorigiya
32 Uwo munsi mukuru wa Pentekote urangiye, Yuda n’ingabo ze batera Gorigiya umutegetsi wa Idumeya.
33 Gorigiya na we ajya kubarwanya ari kumwe n’ingabo ibihumbi bitatu zigenza amaguru, n’izindi magana ane zirwanira ku mafarasi.
34 Nuko barasakirana maze Abayahudi benshi barahagwa.
35 Umuyahudi witwaga Dositeyo, umuntu wari intwari wo mu ngabo z’Abatubiyo warwaniraga ku ifarasi, asumira igishura cya Gorigiya maze amukururana imbaraga. Yari afite umugambi wo gufata mpiri uwo mugome, ariko umwe mu Banyatarasi barwanira ku mafarasi, asimbukira Dositeyo amuca ukuboko. Nuko Gorigiya ahungira i Marisa.
36 Nyamara Azariya n’abantu be bari bakomeje kurwana igihe kirekire, baza kunanirwa. Yuda atakambira Nyagasani amusaba kugaragaza ko yifatanyije n’ingabo z’Abayahudi, kandi ko ari we ubayobora muri iyo ntambara.
37 Hanyuma akoma akamo k’intambara atera n’indirimbo mu rurimi rwa ba sekuruza, agwa gitumo ingabo za Gorigiya maze zirahunga.
Igitambo cyo gusabira abapfuye
38 Imirwano irangiye Yuda akoranya ingabo ze, bajya mu mujyi wa Adulamu. Kubera ko isabato yari igiye gutangira, barihumanura bakurikije umugenzo wabo, bizihiriza isabato aho ngaho.
39 Umunsi ukurikiyeho, biba ngombwa ko Yuda n’ingabo ze bajyana imirambo y’Abayahudi baguye ku rugamba, kugira ngo bashyingurwe hamwe n’ababo mu mva za ba sekuruza.
40 Ariko basanga mu myambaro ya buri murambo ibikoresho byeguriwe ibigirwamana byasengerwaga i Yaminiya. Nyamara kandi Amategeko ntiyemereraga Abayahudi gufata bene ibyo bintu. Ibyo byagaragarije abantu bose icyatumye abo basirikari bapfa.
41 Nuko abantu bose basingiza Nyagasani, umucamanza utabera kandi uhishura ibyari bihishwe.
42 Muri icyo gihe kandi batakambira Nyagasani kugira ngo ahanagure burundu icyo cyaha cyakozwe. Hanyuma Yuda umugabo w’intwari, ashishikariza ingabo ze kwirinda gukora icyaha nk’icyo. Koko rero buri wese yari yiboneye ingaruka mbi zabaye ku bacumuye.
43 Yuda asaba imfashanyo mu ngabo ze, abona ibikoroto by’ifeza bigera ku bihumbi bibiri abyohereza i Yeruzalemu, kugira ngo bahatambire igitambo cyo guhongerera icyo cyaha. Bityo aba akoze igikorwa cyiza cyane kandi gikwiye gushimwa, agaragaza atyo ko yemera ibyerekeye izuka ry’abapfuye.
44 Koko rero iyo aba atizeye ko abo basirikare bapfuye bazazuka, gusabira abapfuye nta cyo byari kuba bimaze, ndetse byajyaga kuba ari ubucucu.
45 Byongeye kandi Yuda yari azi neza ko hari ingororano itagira uko isa, yateganyirijwe abantu bapfuye batarigeze bateshuka ku Mana. Icyo cyizere kiratunganye kandi ni cyo gikwiye kuranga umuntu wese wubaha Imana. Ni cyo cyatumye atambira abapfuye icyo gitambo, kugira ngo bababarirwe kandi bahanagurweho ibyaha byabo.