2 Mak 13

Antiyokusi yicisha Menelasi

1 Mu mwaka wa 149,Yuda na bagenzi be bamenya ko Antiyokusi Ewupatori aje gutera u Buyuda ari kumwe n’igitero kinini.

2 Umwami yari aherekejwe na Liziya, Minisitiri w’intebe akaba ari na we wamureze. Buri wese yari ayoboye ingabo z’Abagereki ibihumbi icumi zigenza amaguru, n’ibihumbi bitanu na magana atatu zirwanira ku mafarasi, inzovu makumyabiri n’ebyiri n’amagare y’intambara magana atatu ateweho ibyuma bigenda bitema.

3 Nuko Menelasi arabasanga ariko abaryarya, ashishikariza umwami Antiyokusi gukomeza urugendo rwe. Ibyo ntiyabiterwaga no gushakira icyiza igihugu cye, ahubwo yabiterwaga n’icyizere yari afite cyo gusubizwa ku murimo we w’ubutambyi bukuru.

4 Nyamara Nyagasani umwami w’abami, atuma uburakari bwa Antiyokusi bugurumanira Menelasi.Liziya amaze gutekerereza umwami Antiyokusi ko uwo mugome ari we mvano y’ibyo byago byose, Antiyokusi ategeka ko bamujyana i Beroya bakahamwicira, bakurikije uburyo abaturage baho babigenzaga.

5 Aho hantu hari umunara ufite uburebure bwa metero makumyabiri n’eshanu wuzuyemo ivu. Hejuru yawo hari imashini izenguruka impande zose, ibiyigezeho byose ikabiroha mu ivu.

6 Aho rero ni ho burizaga abanyabyaha bose, babaga bubahutse gusahura ibikoresho byeguriwe Imana cyangwa barakoze ibindi bicumuro bikabije, bakabarohamo kugira ngo bapfire muri iryo vu.

7 Nguko uko byagendekeye Menelasi, uwo muntu utubahaga Imana n’Amategeko wapfuye akabura gihamba.

8 Koko rero yapfuye urumukwiye kuko yacumuriye kenshi urutambiro rwa Nyagasani, kandi umuriro n’ivu byarwo byari ibiziranenge. Ibyo byatumye na we apfira mu ivu.

Yuda atsindira Antiyokusi hafi y’i Modini

9 Nuko umwami Antiyokusi akomeza urugendo ariko afite imigambi mibi. Yari agambiriye kugirira Abayahudi ubugome burengeje ubwo se yari yarabagiriye ku ngoma ye.

10 Yuda abimenye ategeka abantu gutakambira Nyagasani umunsi n’ijoro, bamusaba kongera kubagoboka kubera ko bari bagiye kunyagwa Amategeko, n’igihugu cyababyaye n’Ingoro y’Imana.

11 Byongeye kandi bamusabaga no kudatererana abo bantu bari batangiye kugira agahenge, ngo hato batongera kugwa mu maboko y’abo banyamahanga b’abagome.

12 Nuko bose bamaze guteranira hamwe, bamara iminsi itatu batakambira Nyagasani nyir’impuhwe, barira kandi bigomwa kurya. Hanyuma Yuda ababwira amagambo abakomeza, kandi abategeka ko bagomba kwitegura urugamba.

13 Yuda amaze kubonana n’abakuru b’Abayahudi, yiyemeza kujya gutera abifashijwemo n’Imana, atarinze gutegereza ko ingabo za Antiyokusi zisesekara mu Buyuda, cyangwa zikigarurira Yeruzalemu.

14 Nguko uko iyo ntambara Yuda yayiragije Umuremyi w’isi, hanyuma ashishikariza bagenzi be kurwana gitwari kugeza gupfa, barwanira ishyaka Amategeko n’amabwiriza yabo, bakarwanira na Yeruzalemu n’Ingoro ndetse n’igihugu cyabo cyose. Nuko ashinga inkambi hafi y’i Modini.

15 Yuda aha abantu be intego bagomba gukurikiza ari yo iyi: “Ugutsinda ni ukw’Imana.” Hanyuma atoranya ab’intwari mu basore, maze nijoro ajyana na bo batera inkambi y’umwanzi, aho ihema ry’umwami ryari riri, bahica abantu bagera ku bihumbi bibiri. Bica kandi inzovu yarutaga izindi ubunini hamwe n’uwari uyiyoboye.

16 Inkambi yose icikamo igikuba, maze Yuda n’ingabo ze bataha batsinze.

17 Mu rukerera ibyo byose byari birangiye, babikesheje Nyagasani wabafashaga kandi akabarinda.

Antiyokusi Ewupatori yiyunga n’Abayahudi

18 Ubwo butwari bukomeye Abayahudi bagaragaje bushegesha Umwami Antiyokusi. Nuko agerageza kwigarurira ibirindiro byabo akoresheje uburiganya.

19 Atera Betisuri ikigo ntamenwa cy’Abayahudi, bamusubiza inyuma, arisuganya ariko atsindwa burundu.

20 Nuko Yuda yoherereza abarinzi b’ikigo ntamemwa ibyo bari bakeneye.

21 Nyamara uwitwa Rodoki wo mu ngabo z’Abayahudi amenera ibanga abanzi, baramushakashaka arafatwa maze aricwa.

22 Umwami yongera kumvikana n’abarinzi b’umujyi wa Betisuri, abizeza amahoro barabimwemerera, maze avanayo ingabo ze.

23 Hanyuma ajya kurwanya Yuda n’ingabo ze ariko aratsindwa. Umwami Antiyokusi yari yasize Filipo Antiyokiya kugira ngo amusigarireho. Nuko amenya ko Filipo yigaragambije, maze bituma acika intege. Agirana imishyikirano n’Abayahudi, abemerera kuzubahiriza amasezerano bagiranye no kuyashyira mu bikorwa. Nuko atamba igitambo kigaragaza ubwo bwiyunge bwabo, bityo agaragaza icyubahiro afitiye Ingoro ayigenera impano ivuye ku mutima.

24 Nuko yakira neza Yuda Makabe, maze asiga ashyizeho Hegemonide kugira ngo ategeke akarere gahereye i Putolemayida kakagera ku gihugu cy’Abanyagera.

25 Umwami ubwe ajya i Putolemayida, ariko abaturage b’uwo mujyi ntibari banyuzwe n’amasezerano yagiranye n’Abayahudi. Byarabababaje cyane kugeza ubwo basaba ko ayo masezerano aseswa.

26 Liziyani ko kujya ahantu bose bamureba, abasobanurira uko ashoboye kose ayo masezerano, bityo agusha neza abamwumvaga, arabahumuriza kandi atuma bagarura umutima. Nuko ajya Antiyokiya.

Ngibyo iby’icyo gitero n’ukuntu umwami Antiyokusi yatahutse.