Bar 4

1 Ubuhanga ni igitabo cy’amabwiriza y’Imana,

ni Amategeko azahoraho iteka ryose.

Abayakurikiza bose bazabaho,

abayateshukaho bazapfa.

2 Yakobo we, garuka ubwakire,

genda ugana umucyo wabwo.

3 Wigira undi wegurira ikuzo ryawe,

ntugahe abanyamahanga umutungo wawe.

4 Turahirwa twebwe Abisiraheli,

koko twahishuriwe ibishimisha Imana!

Gushyigikira abajyanywe ho iminyago

5 Bantu banjye, nimugire ubutwari,

nimugire ubutwari mwebwe abatuma Isiraheli itibagirana!

6 Mwagurishijwe mu mahanga,

nyamara ntimwarimbutse,

koko mwarakaje Imana ibagabiza abanzi banyu.

7 Koko mwarakaje Umuremyi wanyu,

mwatambiye ibitambo ba Sekibi aho kubitambira Imana.

8 Mwibagiwe Imana ihoraho yabagaburiye,

mwateye agahinda Yeruzalemu yabareze.

9 Yeruzalemu yabonye Imana ibateje uburakari bwayo iravuga iti:

“Baturanyi b’i Siyoni, nimwumve,

Imana yanteye agahinda kenshi.

10 Koko nabonye abana banjye bajyanwa ho iminyago,

bajyanywe ho iminyago bitewe n’Uhoraho.

11 Nabareze mfite ibyishimo,

ariko narabaretse bagenda barira kandi bababaye.

12 Ntihagire uwishimira ko ndi umupfakazi watereranywe na benshi,

ndi mu bwigunge kubera ibicumuro by’abana banjye.

Koko birengagije Amategeko y’Imana,

13 ntibitaye ku mabwiriza yayo,

ntibakurikije amateka yayo,

ntibakurikiye inzira y’ubutungane beretswe.

14 Baturanyi b’i Siyoni, nimuze,

nimwibuke uko abana banjye bajyanywe ho iminyago,

bajyanywe ho iminyago babitewe n’Uhoraho.

15 Koko yabateje ubwoko buturutse kure,

yabateje ubwoko butagira isoni, buvuga ururimi rutumvikana,

yabateje abantu batubaha abasaza, ntibagirire n’abana impuhwe,

16 Umupfakazi bamunyaze abana be yakundaga,

bamunyaze abakobwa be asigara yigunze.

Yeruzalemu ishyigikiye abana bayo

17 “Bana banjye bajyanywe ho iminyago, nabatabara nte?

18 Uwabateje ibi byago,

uwo ni we uzabakiza abanzi banyu.

19 Bana banjye, nimugende, nimugende!

Jyewe dore naratereranywe kandi ndigunze,

20 niyambuye umwambaro w’amahoro,

nambaye umwambaro ugaragaza akababaro,

nzakomeza gutakambira Uhoraho igihe cyose nzaba nkiriho.

21 Bana banjye, nimugire ubutwari mutakambire Imana,

ni yo izabagobotora mu nzara z’abanzi banyu.

22 Koko nizeye ko Uhoraho ari we uzabakiza,

ibyishimo biturutse ku Muziranenge byaransendereye,

Uhoraho Umukiza wanyu azabababarira bidatinze.

23 Ni koko narabaretse muragenda nsigara ndira kandi mbabaye,

nyamara Imana izabangarurira,

tuzibanira mu byishimo n’umunezero bidashira.

24 Nk’uko abaturanyi b’i Siyoni babonye mujyanwa ho iminyago,

ni ko bazabona bidatinze agakiza gaturutse ku Mana yanyu,

kazabageraho hamwe n’ikuzo ryinshi n’ubwiza by’Imana.

25 Bana banjye, nimwihanganire uburakari bw’Imana,

umwanzi wanyu yarabatoteje,

muzabona bidatinze ukurimbuka kwe,

muzamukandagira ku gakanu.

26 Bana banjye nkunda, mwanyuze mu nzira ziruhije,

mwajyanywe nk’amatungo anyazwe n’abanzi.

27 Bana banjye, nimugire ubutwari mutakambire Imana,

Uwabateje ayo makuba azabibuka.

28 Nk’uko kera mwitandukanyije n’Imana,

ni na ko mukwiriye kuyigarukira,

mukwiye kubikorana umwete ukubye incuro cumi.

29 Koko rero Uwabateje ibi byago ni we uzabakiza,

azabazanira ibyishimo bizahoraho.”

Amizero ya Yeruzalemu

30 Yeruzalemu,gira ubutwari,

Imana yakwise iryo zina ni yo izaguhoza.

31 Bagushije ishyano abakugiriye nabi,

bagushije ishyano abishimiye gusenyuka kwawe!

32 Igushije ishyano imijyi yagize abana bawe inkoreragahato,

ugushije ishyano umujyiwabakiriye!

33 Koko rero nk’uko uwo mujyi wishimiye ugusenyuka kwawe,

uko wanejejwe n’ukurimbuka kwawe,

ni ko na wo uzababara bikabije ubwo uzaba warimbutse.

34 Nzawunyaga imbaga nyamwinshi yawuteraga kwirata,

ubwirasi bwawo nzabuhindura icyunamo.

35 Jyewe Uhoraho nzawumanuriraho umuriro,

umuriro uzawutwika igihe kirekire,

uzaba indiri ya ba Sekibi igihe kirekire.

36 Yeruzalemu we, reba iburasirazuba,

itegereze umunezero Imana ikoherereje.

37 Abana bawe bari barajyanywe ho iminyago baragarutse,

bakoranyijwe baturuka iburasirazuba n’iburengerazuba,

bakoranyijwe n’itegeko ry’Imana nziranenge,

banejejwe n’ikuzo ry’Imana.