Irimbuka rya Babiloni
1 Ubu ni ubutumwa bwagenewe abaturiye ubutayu bwegereye inyanja.
Nk’uko serwakira yambukiranya mu majyepfo,
ni ko umwanzi aturutse mu butayu cya gihugu giteye ubwoba.
2 Neretswe ibiteye ubwoba:
Umugambanyi akomeje kugambana,
umusahuzi na we arasahura,
Abanyelamu bagabye igitero,
Abamedi bagose umujyi.
Uhoraho aravuze ati:
“Nzazimanganya imibabaro yose yatewe na Babiloni.”
3 Ibyo neretswe binteye ubwoba bwinshi,
ndababara nk’umugore uri ku bise,
ibyo numva binteye ubwoba,
ibyo mbona bitumye mpinda umushyitsi.
4 Nacitse intege ndadagadwa kubera ubwoba,
nifuje amafu ya nimugoroba,
nyamara na yo yanteye ubwoba.
5 Ibyokurya byateguwe, ibirago byashashwe,
abantu bararya kandi baranywa.
Ako kanya humvikana ijwi rivuga riti:
“Nimuhaguruke bagaba b’ingabo,
nimutegure intwaro zanyu.”
6 Koko rero Uhoraho arambwiye ati:
“Genda ushyireho umurinzi,
amenyeshe abantu ibyo abona.
7 Nabona amagare y’intambara akururwa n’amafarasi,
nabona abagendera ku ndogobe no ku ngamiya,
yitonde yitegereze neza.”
8 Nuko uwo munyezamu arangurura ijwi ati:
“Databuja, mba ndi ku izamu umunsi wose,
ndigumaho ndetse n’ijoro ryose.
9 None dore ibyo mbona:
haje umuntu uri mu igare rikururwa n’amafarasi abiri.”
Uwo munyezamu arongera ati:
“Babiloni irarimbutse, Babiloni irarimbutse!
Ibigirwamana byayo byose bihindutse ivu.”
10 Bwoko bwanjye, mwebwe mwahondaguwe nk’imyaka ku mbuga,
ndababwira ibyo numvise,
ibyo nabwiwe n’Uhoraho Nyiringabo, Imana ya Isiraheli.
Ubutumwa bwagenewe Edomu
11 Ubu ni ubutumwa bwagenewe Edomu.
Ijwi riturutse i Seyiririmbaza riti:
“Mbese munyezamu, ijoro rigeze he?
Mbese munyezamu, ijoro rigeze he?”
12 Nuko ndasubiza nti:
“Bugiye gucya bwongere bwire,
niba ushaka kongera kumbaza ugaruke.”
Ubutumwa bwagenewe Arabiya
13 Ubu ni ubutumwa bwagenewe Arabiya.
Yemwe bagenzi b’i Dedani,
muzarara mu bihuru by’inzitane byo muri Arabiya.
14 Mwebwe abatuye i Tema, nimushyire amazi abishwe n’inyota,
nimushyire impunzi ibyokurya.
15 Koko bahunze inkota yavuye mu rwubati,
bahunze imiheto n’intambara ikaze.
16 Koko rero Uhoraho arambwiye ati: “Mu mwaka umwe gusa, utarengaho n’umusi n’umwe, ubuhangange bwose bwa Kedaribuzayoyoka.
17 Hazasigara abantu mbarwa mu barwanisha imiheto b’ingabo z’i Kedari.” Uko ni ko Uhoraho Imana ya Isiraheli avuze.