Ezayi 35

Abasigaye bazatahuka

1 Ubutayu n’agasi bizishima,

igihugu cyumagaye kizishima kirabye indabyo,

indabyo zizarabya nk’amalisi.

2 Icyo gihugu kizuzura indabyo,

kizishima cyane gisābwe n’umunezero.

Kizahabwa ikuzo nk’ibisi bya Libani,

kizagira ubwiza nk’ubw’umusozi wa Karumeli n’ubw’ikibaya cya Sharoni.

Abantu bazabona ikuzo ry’Uhoraho,

bazarangamira ubwiza bw’Imana yacu.

3 Nimukomeze amaboko ananiwe,

nimukomeze n’amavi adandabirana.

4 Nimubwire abakutse umutima muti:

“Nimukomere mwigira ubwoba,

dore Imana yanyu ije guhōra no guhana,

izanywe no kubakiza.”

5 Koko impumyi zizareba,

ibipfamatwi na byo bizumva.

6 Abacumbagira bazasimbuka nk’impara,

ibiragi na byo bizarangurura ijwi binezerewe.

Ubutayu buzatobokamo amasōko,

imigezi itembe ahantu humagaye.

7 Ahari umusenyi utwika hazahinduka ikiyaga,

ubutaka bwumagaye buzatobokamo amasōko,

ahahoze ari amasenga y’imbwebwe hazamera urubingo n’urufunzo.

8 Aho hantu hazaba umuhanda munini,

uzitwa inzira y’intungane,

abahumanye n’abapfapfa ntibazayinyuramo,

intungane zonyine ni zo zizayinyuramo.

9 Muri iyo nzira nta ntare izahakandagira.

inyamaswa y’inkazi ntizayigeramo,

abacunguwe bonyine ni bo bazayinyuramo.

10 Abo Uhoraho yacunguye bazatahuka,

bazagera i Siyoni baririmba,

bazasābwa n’umunezero iteka,

bazagira ibyishimo byinshi,

umubabaro no gusuhuza umutima bizayoyoka.