1 Hanyuma wa muntu anjyana mu Cyumba kizira inenge cy’Ingoro maze aragipima. Inkuta z’urwinjiriro zari zifite metero eshatu z’ubugari.
2 Umuryango wari ufite metero eshanu z’ubugari, inkuta zifite umubyimba wa metero ebyiri n’igice. Naho Icyumba ubwacyo cyari gifite metero makumyabiri z’uburebure na metero icumi z’ubugari.
3 Nuko wa muntu yinjira mu Cyumba kizira inenge apima inkingi z’urwinjiriro, asanga buri nkingi ifite metero imwe y’ubugari, apima n’urwinjiriro asanga rufite metero eshatu z’ubugari, naho inkuta zifite umubyimba wa metero eshatu n’igice.
4 Apima icyumba cy’imbere asanga gifite impande enye zingana, ari metero icumi ku icumi. Hanyuma arambwira ati: “Iki ni Icyumba kizira inenge cyane.”
Amazu yometse ku nkuta z’Ingoro
5 Wa muntu apima umubyimba w’urukuta rw’Ingoro asanga ari metero eshatu. Amazu yometse ku mpande zose z’Ingoro yari agizwe n’ibyumba bito bikurikiranye, bifite metero ebyiri z’ubugari.
6 Ayo mazu yari agizwe n’amagorofa atatu, buri gorofa ifite ibyumba mirongo itatu. Inkuta z’ibyo byumba zari zegeranye n’urukuta rw’inyuma rw’Ingoro, ariko zitaruhinguranyije.
7 Ibyo byumba byari byometse ku Ngoro byagendaga birutana uko bikurikirana, kuva mu igorofa yo hasi ujya mu yo hejuru, kuko urukuta rw’Ingoro rwazamukaga rugabanuka. Bityo icyumba cyo hejuru kikaruta icyo munsi yacyo. Kuva mu igorofa yo hasi ujya mu yo hejuru hari ingazi zo kuzamukiraho.
8 Nuko mbona urufatiro rukikije Ingoro, ari na rwo rufatiro rwa bya byumba biyometseho, rwari rufite ubuhagarike bwa metero eshatu.
9 Urukuta rw’inyuma rw’ibyo byumba rwari rufite umubyimba wa metero ebyiri n’igice. Naho umwanya utubatsemo wari hagati ya bya byumba
10 n’ibyumba by’abatambyi, wari ufite metero icumi z’ubugari impande zose z’Ingoro.
11 Ibyo byumba byari bifite imiryango ibiri yerekeye kuri wa mwanya utubatsemo, umuryango umwe werekeye mu majyaruguru, undi mu majyepfo. Umwanya utubatsemo wari ufite metero ebyiri n’igice z’ubugari mu mpande zose.
Amazu yubatswe aherekeye i burengerazuba
12 Iburengerazuba bw’Ingoro hari amazu ateganye na wa mwanya utubatsemo. Ayo mazu yari afite uburebure bwa metero mirongo ine n’eshanu, n’ubugari bwa metero mirongo itatu n’eshanu. Urukuta rw’ayo mazu rwari rufite umubyimba wa metero ebyiri n’igice.
Ibipimo byose by’ingoro
13 Nuko wa muntu apima Ingoro asanga ifite metero mirongo itanu z’uburebure. Naho wa mwanya utubatsemo n’amazu n’inkuta zayo, byari bifite uburebure bwa metero mirongo itanu.
14 Ubugari bw’imbere y’Ingoro n’ubw’umwanya utubatsemo mu ruhande rw’iburasirazuba, bwari metero mirongo itanu.
15 Wa muntu apima uburebure bw’inzu yari mu rugo rw’inyuma rw’Ingoro, hamwe n’impande zombi z’urwinjiriro asanga ari metero mirongo itanu.
Imbere mu Ngoro y’Imana
Icyumba cy’urwinjiriro rw’Ingoro, n’Icyumba kizira inenge n’ikizira inenge cyane,
16 byose byari byometseho imbaho guhera hasi kugeza ku madirishya, ndetse no mu mpande zombi z’urwinjiriro rwa ya magorofa atatu. Amadirishya na yo bayazengurutsaho utubaho.
17 Uhereye hejuru y’umuryango ukagera imbere mu Ngoro no ku nkuta zose imbere n’inyuma,
18 hari hashushanyijeho abakerubi n’imikindo. Hagati y’abakerubi babiri hari hashushanyijeho umukindo. Buri mukerubi yari afite mu maso habiri.
19 Ahasa n’ah’umuntu hari herekeye umukindo wo ku ruhande rumwe, ahasa n’ah’intare herekeye umukindo wo ku rundi ruhande. Ni na ko byari bimeze impande zose z’Ingoro.
20 Mu mpande zose kuva hasi kugera hejuru y’umuryango, hari hashushanyije abakerubi n’imikindo.
21 Ibizingiti by’umuryango w’Icyumba kizira inenge byari mpande enye.
Urutambiro rukozwe mu mbaho
Imbere y’Icyumba kizira inenge cyane hari igisa
22 n’urutambiro rubājwe mu mbaho, rufite metero n’igice y’ubuhagarike na metero imwe y’ubugari. Indiba yarwo n’inguni zarwo n’impande zarwo byari bikozwe mu mbaho. Wa muntu arambwira ati: “Aya ni ameza ahora imbere y’Uhoraho.”
Inzugi
23 Urugi rw’Icyumba kizira inenge n’urw’Icyumba kizira inenge cyane zari ngari, buri rugi rwarimo ebyiri.
24 Izo nzugi zashoboraga gukingurwa zombi, buri rugi ruteye ku mapata yarwo.
25 Ku rugi rwo ku Cyumba kizira inenge hari hashushanyijeho abakerubi n’imikindo nk’ibyo ku nkuta. Hejuru y’umuryango w’icyumba cy’urwinjiriro, hari akabaraza gakozwe mu mbaho.
26 Ku mpande zose z’icyumba cy’urwinjiriro hari amadirishya y’ibyuma bisobekeranye, kandi inkuta zishushanyijeho imikindo. Uko ni ko byari bimeze no ku nkuta z’ibyumba byometse ku Ngoro, no kuri ka kabaraza.