Ikuzo ry’Uhoraho rigaruka mu Ngoro
1 Nuko wa muntu anjyana ku irembo ryerekeye iburasirazuba,
2 maze mbona ikuzo ry’Imana y’Abisiraheli rije rituruka iburasirazuba. Ijwi ry’Imana ryasumaga nk’amazi menshi, kandi isi irabagirana ku bw’iryo kuzo.
3 Iryo bonekerwa ryari nk’iryo nabonye igihe Imana yazaga kurimbura Yeruzalemu, cyangwa nk’iryo naboneye ku muyoboro w’amazi witwa Kebari, maze nikubita hasi nubamye.
4 Hanyuma ikuzo ry’Uhoraho ryinjira mu Ngoro, rinyuze mu irembo ryerekeye iburasirazuba.
5 Nuko Mwuka aranterura anjyana mu rugo rw’imbere, maze rya kuzo ry’Uhoraho ryuzura mu Ngoro.
6 Wa muntu ahagarara iruhande rwanjye, numva Uhoraho ambwirira mu Ngoro ati:
7 “Yewe muntu, aha ni ahagenewe intebe yanjye y’ubwami, kandi ni ho nkandagiza ibirenge. Ni ho nzaba ibihe byose nganje mu Bisiraheli, kandi bo n’abami babo ntibazongera guhumanya izina ryanjye riziranenge, baryandurisha uburaya bwabo cyangwa guhamba imirambo y’abamibabo aha hantu.
8 Bahangaye kubangikanya ingoro zabo n’Ingoro yanjye. Baransatiriye cyane ku buryo dutandukanyijwe n’urukuta gusa, ndetse bahumanyije izina ryanjye riziranenge kubera ibizira bakoze, bituma ndakara ndabarimbura.
9 None rero Abisiraheli bagomba kureka uburaya bwabo, bakajyana imirambo y’abami babo kure yanjye, maze nkazatura muri bo iteka ryose.”
10 Uhoraho yongera kumbwira ati: “Yewe muntu, bwira Abisiraheli iby’iyi Ngoro kugira ngo bakozwe isoni n’ibibi bakoze, maze basobanukirwe n’igishushanyombonera cyayo.
11 Nibaramuka bakozwe n’isoni z’ibibi bakoze, ubasobanurire icyo gishushanyombonera cy’Ingoro n’imiterere yayo: aho binjirira n’aho basohokera, n’imyubakire yayo yose n’amategeko ayigenga. Ubandikire ibyo byose kugira ngo bite ku biyerekeye kandi babikurikize.
12 Iri ni ryo tegeko rigenga Ingoro: ahantu hose hayikikije mu mpinga y’umusozi ni ahaziranenge cyane.”
Ibyerekeye urutambiro n’ibitambo
13 Izi ni zo ngero z’urutambiro hakoreshejwe igipimisho nk’icyapimye Ingoro: urwo rutambiro rwari ruzengurutswe impande zose n’umuyoboro wa santimetero mirongo itanu z’ubujyakuzimu, na santimetero mirongo itanu z’ubugari, umuguno wawo wari santimetero makumyabiri n’eshanu. Ubu ni bwo buhagarike bw’urutambiro:
14 indiba yarwo yari metero imwe y’ubuhagarike, igice cyo hagati cyari gifite urugara rwa santimetero mirongo itanu impande zose, na metero ebyiri z’ubuhagarike. Igice cyo hejuru na cyo cyari gifite urugara rwa santimetero mirongo itanu impande zose na metero ebyiri z’ubuhagarike.
15 Uburebure bw’igice cyo hejuru cy’urutambiro bwari metero ebyiri, kandi hejuru ku nguni zarwo hari amahembe ane.
16 Icyo gice cyo hejuru cy’urutambiro cyari gifite impande enye zingana, buri ruhande rufite metero esheshatu.
17 Igice cyo hagati na cyo cyari gifite impande enye zingana, buri ruhande rufite metero ndwi. Umuguno wari ukizengurutse wari ufite umubyimba wa santimetero makumyabiri n’eshanu, n’urugara rwa santimetero mirongo itanu. Ingazi zijya ku rutambiro zari mu ruhande rw’iburasirazuba.
Urutambiro rwegurirwa Imana
18 Nyagasani Uhoraho arambwira ati: “Yewe muntu, aya ni yo mategeko azagenga urutambiro ubwo ruzaba rumaze kubakwa, kugira ngo rutambirweho ibitambo bikongorwa n’umuriro kandi ruminjagirweho amaraso.
19 Uzafate ikimasa cyo guhongerera ibyaha by’abatambyi bo mu muryango wa Levi bakomoka kuri Sadoki. Ni bo bonyine nategetse kunkorera.
20 Uzafate ku maraso y’icyo kimasa uyaminjagire ku mahembe ane y’urutambiro, no hejuru y’indiba ku nguni zayo uko ari enye, n’impande zose z’urutambiro. Bityo ruzaba ruhumanuwe kandi runyeguriwe.
21 Hanyuma uzajyane cya kimasa cyo guhongerera ibyaha, ugitwikire ahantu habigenewe hanze y’Ingoro.
22 Ku munsi ukurikiyeho uzajyane isekurume y’ihene idafite inenge, na yo ibe igitambo cyo guhongerera ibyaha. Bityo uzahumanure urutambiro nk’uko wabigenje kuri cya kimasa.
23 Numara kuruhumanura, uzafate ikimasa n’impfizi y’intama bidafite inenge
24 uzabiture Uhoraho, abatambyi babiminjagireho umunyu maze babitambire Uhoraho, bibe igitambo gikongorwa n’umuriro.
25 Mu minsi irindwi ujye utamba buri munsi isekurume y’ihene ho igitambo cyo guhongerera ibyaha, utambe kandi n’ikimasa n’impfizi y’intama bidafite inenge.
26 Bityo muri iyo minsi irindwi urutambiro ruzaba ruhumanuwe, ruzaba runyegurirwe kandi rutahwe.
27 Iyo minsi nirangira, ku munsi wa munani no ku yindi minsi izakurikiraho, abatambyi bazajya barutambiraho ibitambo byanyu bikongorwa n’umuriro n’iby’umusangiro, nanjye nzabishimira.” Uko ni ko Nyagasani Uhoraho avuze.