Ezira 2

Icyiciro cya mbere cy’abavuye muri Babiloniya

1 Dore Abayahudi bo mu mazu Umwami Nebukadinezari wa Babiloniya yari yarajyanye ho iminyago. Baje mu gihugu cy’u Buyuda no mu murwa wacyo wa Yeruzalemu bavuye muri Babiloniya, maze umuntu wese asubira mu mujyi gakondo w’iwabo.

2 Baje bayobowe na Zerubabeli na Yeshuwa na Nehemiya, na Seraya na Rēlaya na Moredekayi, na Bilishani na Misipari na Bigivayi, na Rehumu na Bāna. Dore umubare w’Abisiraheli bakomokaga muri buri nzu:

3 Abakomokaga kuri Paroshi bari ibihumbi bibiri n’ijana na mirongo irindwi na babiri.

4 Abakomokaga kuri Shefatiya bari magana atatu na mirongo irindwi na babiri.

5 Abakomokaga kuri Ara bari magana arindwi na mirongo irindwi na batanu.

6 Abakomokaga kuri Pahati-Mowabu, ni ukuvuga urubyaro rwa Yoshuwa na Yowabu, bari ibihumbi bibiri na magana inani na cumi na babiri.

7 Abakomokaga kuri Elamu bari igihumbi na magana abiri na mirongo itanu na bane.

8 Abakomokaga kuri Zatu bari magana cyenda na mirongo ine na batanu.

9 Abakomokaga kuri Zakayi bari magana arindwi na mirongo itandatu.

10 Abakomokaga kuri Bani bari magana atandatu na mirongo ine na babiri.

11 Abakomokaga kuri Bebayi bari magana atandatu na makumyabiri na batatu.

12 Abakomokaga kuri Azigadi bari igihumbi na magana abiri na makumyabiri na babiri.

13 Abakomokaga kuri Adonikamu bari magana atandatu na mirongo itandatu na batandatu.

14 Abakomokaga kuri Bigivayi bari ibihumbi bibiri na mirongo itanu na batandatu.

15 Abakomokaga kuri Adini bari magana ane na mirongo itanu na bane.

16 Abakomokaga kuri Ateri, ni ukuvuga abakomokaga kuri Hezekiya, bari mirongo cyenda n’umunani.

17 Abakomokaga kuri Besayi bari magana atatu na makumyabiri na batatu.

18 Abakomokaga kuri Yora bari ijana na cumi na babiri.

19 Abakomokaga kuri Hashumu bari magana abiri na makumyabiri na batatu.

20 Abakomokaga kuri Gibari bari mirongo cyenda na batanu.

21 Abantu bakomokaga mu mujyi wa Betelehemu bari ijana na makumyabiri na batatu.

22 Abakomokaga mu mujyi wa Netofa bari mirongo itanu na batandatu.

23 Abakomokaga mu mujyi wa Anatoti bari ijana na makumyabiri n’umunani.

24 Abakomokaga mu mujyi wa Azimaveti bari mirongo ine na babiri.

25 Abakomokaga mu mujyi wa Kiriyatiyeyarimu n’uwa Kefira n’uwa Bēroti bari magana arindwi na mirongo ine na batatu.

26 Abakomokaga mu mujyi wa Rama n’uwa Geba bari magana atandatu na makumyabiri n’umwe.

27 Abakomokaga mu mujyi wa Mikimasi bari ijana na makumyabiri na babiri.

28 Abakomokaga mu mujyi wa Beteli n’uwa Ayi bari magana abiri na makumyabiri na batatu.

29 Abakomokaga mu mujyi wa Nebo bari mirongo itanu na babiri.

30 Abakomokaga mu mujyi wa Magibishi bari ijana na mirongo itanu na batandatu.

31 Abakomokaga kuri Elamu wundi bari igihumbi na magana abiri na mirongo itanu na bane.

32 Abakomokaga kuri Harimu bari magana atatu na makumyabiri.

33 Abakomokaga mu mujyi wa Lodi n’uwa Hadidi n’uwa Ono bari magana arindwi na makumyabiri na batanu.

34 Abakomokaga mu mujyi wa Yeriko bari magana atatu na mirongo ine na batanu.

35 Abakomokaga mu mujyi wa Senaya bari ibihumbi bitatu na magana atandatu na mirongo itatu.

36 Itsinda ry’abatambyi:

abakomokaga kuri Yedaya ukomoka kuri Yoshuwa bari magana cyenda na mirongo irindwi na batatu.

37 Abakomokaga kuri Imeri bari igihumbi na mirongo itanu na babiri.

38 Abakomokaga kuri Pashehuri bari igihumbi na magana abiri na mirongo ine na barindwi.

39 Abakomokaga kuri Harimu bari igihumbi n’ijana na cumi na barindwi.

40 Itsinda ry’Abalevi:

abakomokaga kuri Yoshuwa na Kadimiyeli, na bo bakomokaga kuri Hodaviya, bari mirongo irindwi na bane.

41 Itsinda ry’abaririmbyi bo mu Ngoro y’Imana:

abakomokaga kuri Asafu bari ijana na makumyabiri n’umunani.

42 Itsinda ry’abarinzi b’Ingoro y’Imana ryari rigizwe n’abakomokaga kuri Shalumu no kuri Ateri, no kuri Talimoni no kuri Akubu, no kuri Hatita no kuri Shobayi. Bose bari ijana na mirongo itatu n’icyenda.

43 Itsinda ry’abakozi bo mu Ngoro y’Imana ryari rigizwe n’abakomokaga kuri Sīha no kuri Hasufa no kuri Tabawoti,

44 no kuri Kerosi no kuri Siyaha no kuri Padoni,

45 no kuri Lebana no kuri Hagaba no kuri Akubu,

46 no kuri Hagabu no kuri Shalimayi no kuri Hanani,

47 no kuri Gideli no kuri Gahari no kuri Reyaya,

48 no kuri Resini no kuri Nekoda no kuri Gazamu,

49 no kuri Uza no kuri Paseya no kuri Besayi,

50 no kuri Asina no kuri Meyunimu no kuri Nefusimu,

51 no kuri Bakibuki no kuri Hakufa no kuri Harihuri,

52 no kuri Basiluti no kuri Mehida no kuri Harisha,

53 no kuri Barikosi no kuri Sisera no kuri Tema,

54 no kuri Nesiya no kuri Hatifa.

55 Itsinda ry’abakomokaga ku bagaragu ba Salomo ryari rigizwe n’abakomokaga kuri Sotayi, no kuri Hasofereti no kuri Peruda,

56 no kuri Yāla no kuri Darikoni no kuri Gideli,

57 no kuri Shefatiya no kuri Hatili, no kuri Pokereti-Hasebayimu no kuri Ami.

58 Abo mu itsinda ry’abakozi bo mu Ngoro y’Imana hamwe n’abo mu itsinda ry’abakomokaga ku bagaragu ba Salomo, bose bari magana atatu na mirongo cyenda na babiri.

59 Kandi hari abantu batahutse bavuye i Telimela n’i Teliharisha n’i Kerubu no muri Adani no muri Imeri, batashoboye gutanga ibimenyetso byemeza ko ba sekuruza bari Abisiraheli.

60 Abo bantu bakomokaga kuri Delaya no kuri Tobiya no kuri Nekoda, bari magana atandatu na mirongo itanu na babiri.

61 Hari n’abatambyi bagize ingorane nk’izo. Abo ni abakomokaga kuri Hobaya no kuri Hakosi no kuri Barizilayi (uwo yitiriwe sebukwe kuko yari yarashatse umukobwa wa Barizilayi w’i Gileyadi).

62 Bashatse ibisekuruza byabo mu bitabo by’ibarura ariko ntibabibona, bityo babarwa nk’abahumanye maze bahagarikwa ku mirimo y’ubutambyi.

63 Nuko umutegetsi w’u Buyuda ababuza kurya ibyokurya byavanywe ku bitambo byatuwe Imana, kugeza ubwo hazaboneka umutambyi uzafata icyemezo gishingiye ku bizaba byerekanywe na Urimu na Tumimu.

64 Umubare w’abatahutse bose bavuye muri Babiloniya, bari ibihumbi mirongo ine na bibiri na magana atatu na mirongo itandatu.

65 Bari kumwe n’abagaragu n’abaja ibihumbi birindwi na magana atatu na mirongo itatu na barindwi, n’abaririmbyi n’abaririmbyikazi magana abiri.

66 Bari bafite amafarasi magana arindwi na mirongo itatu n’atandatu, n’inyumbu magana abiri na mirongo ine n’eshanu,

67 n’ingamiya magana ane na mirongo itatu n’eshanu, n’indogobe ibihumbi bitandatu na magana arindwi na makumyabiri.

68 Bamwe mu batware b’amazu bageze i Yeruzalemu umurwa w’Ingoro y’Uhoraho, batanze amaturo y’ubushake yo kubaka Ingoro y’Imana aho yari isanzwe.

69 Batanze bakurikije amikoro yabo, maze bashyira mu kigega cy’uwo mushinga ibiro ibihumbi bitanu by’izahabu, n’ibikoroto ibihumbi bitanu by’ifeza, batanga n’imyambaro ijana y’abatambyi.

70 Nuko abatambyi n’Abalevi na bamwe bo muri rubanda, n’abaririmbyi n’abarinzi b’Ingoro y’Imana kimwe n’abakozi bo mu Ngoro yayo, batura mu mijyi gakondo yabo. Abandi Bisiraheli bose na bo batura mu mijyi gakondo yabo.