Isiraheli izasubizwa ubusugire bwayo
1 Nyamara abakomoka kuri Isiraheli bazaba benshi nk’umusenyi wo ku nyanja, utabasha kugerwa cyangwa kubarwa. Ahantu bababwiriraga ngo: “Ntimuri ubwoko bwanjye”, noneho bazahababwirira ngo: “Muri abana b’Imana nzima.”
2 Abayuda n’Abisiraheli bazakoranira hamwe, bishyirireho umutware umwe wo kubayobora, bazagwira nk’imyaka imera mu butaka. Koko uwo munsi wa Yizerēliuzaba ari akataraboneka.
3 Bityo abavandimwe banyu muzabite “Bwokobwanjye”, naho bashiki banyu mubite “Mpuhwe.”
Isiraheli igereranywa n’umusambanyikazi
4 Uhoraho abwira Abisiraheli ati:
“Nimuburanye nyoko,
ngaho nimumuburanye kuko atari umugore wanjye,
nanjye sindi umugabo we.
Nakure mu maso he ibiranga ko ari indaya,
nakure hagati y’amabere ye ibiranga ko ari umusambanyi.
5 Natabigenza atyo nzamwambika ubusa,
azaba atumbuje nk’uko yari ari umunsi avuka!
Igihugu cye nzagihindura nk’ubutayu,
ngihindure agasi mwicishe inyota.
6 Abana be sinzabagirira impuhwe,
sinzazibagirira kuko ari ababyarirano.
7 Koko nyina yigize indaya,
yakoze ibiteye isoni arabatwita.
Koko yaravuze ati:
‘Ngiye kwiruka mu bakunzi banjye,
basanzwe bampa ibyokurya n’amazi,
basanzwe bampa imyambaro y’ubwoya n’inoze,
basanzwe banampa amavuta n’ibyokunywa.’
8 Ni cyo gituma inzira acamo nzayicīsha amahwa,
nzayizitira abure aho anyura.
9 Aziruka ku bakunzi be nyamara ntazabashyikira,
azabashakashaka ye kubabona.
Hanyuma azibwira ati:
‘Reka nsubire ku mugabo wanjye w’isezerano,
koko nkiri kumwe na we nari merewe neza kurusha ubu.’
10 Erega ntiyazirikanye ko ari jye wari umugize!
Namuhaga ingano na divayi nshya n’amavuta,
namuhaga ifeza n’izahabu byinshi,
nyamara yabikoreshereje ikigirwamana Bāli.
11 Ni cyo gituma ntazamuha umwero w’ingano,
imizabibu na yo sinzatuma yera.
Sinzatuma agira imyambaro y’ubwoya n’inoze,
bityo ntazagira icyo akinga ku bwambure bwe.
12 Dore ngiye kumwambika ubusa,
akorwe n’isoni imbere y’abakunzi be,
ntawe uzamunkura mu maboko.
13 Nzakuraho ibyamushimishaga byose,
nzakuraho iminsi mikuru ye ya buri mwaka n’iya buri kwezi,
nzakuraho n’amasabato ye n’indi minsi mikuru ye yose.
14 Nzatsemba imizabibu n’imitini bye,
ibyo yiratanaga avuga ati:
‘Ibi ni ibiguzi abakunzi banjye bampaye.’
Nzabihindura ibihuru inyamaswa zibirishe.
15 Nzamuhanira ko yizihizaga iminsi mikuru y’ibigirwamana Bāli,
nzamuhanira ko yabyoserezaga imibavu.
Yambaraga impeta n’ibindi byo kwirimbisha,
yirukaga mu bakunzi be, naho jye arandeka!”
Uko ni ko Uhoraho avuga.
Imana ivugurura umubano wayo n’Abisiraheli
16 Uhoraho aravuga ati:
“Ni cyo gituma jyewe nzamuhendahenda,
nzamujyana mu butayu mugushe neza.
17 Tukiriyo nzamusubiza imirima ye y’imizabibu,
igikombe cya Akorikizamubera irembo,
rizamugeza ku byo yiringira.
Aho ni ho azanganiririza nk’igihe yari akiri inkumi,
igihe yimukaga mu gihugu cya Misiri.”
18 Uhoraho aravuga ati:
“Icyo gihe azanyita umugabo we,
ntazongera kunyita Bāli ye.
19 Nzamubuza kwambaza ibigirwamana Bāli,
amazina yabyo ntazongera kwibukwa ukundi.
20 Icyo gihe nzategeka inyamaswa n’ibiguruka n’ibikurura inda hasi,
nzabitegeka bye kugira icyo bitwara Abisiraheli.
Imiheto n’inkota n’intambara nzabica mu gihugu cyabo,
nzatuma baryama nta cyo bikanga.
21 “Isiraheli we, uzambera umugore iteka ryose,
uzambera umugore nkubere intungane n’intabera,
nzagukunda ngukundwakaze,
22 uzambera umugore nkubere indahemuka,
nawe uzamenya ko ndi Uhoraho.”
23 Uhoraho aravuga ati:
“Icyo gihe nzaha Abisiraheli icyo bansabye,
nzatuma ijuru rireta imvura,
na ryo rizayigusha mu butaka,
24 ubutaka na bwo buzera,
buzatanga umusaruro w’ingano na divayi nshya n’amavuta,
na byo bizamara Yizerēli ubukene.
25 Nzatuma ashora imizi mu gihugu,
Ntampuhwe nzamugirira impuhwe,
nzabwira Subwokobwanjye nti: ‘Uri ubwoko bwanjye’,
na we azambwira ati: ‘Uri Imana yanjye.’ ”