Ibar 12

Miriyamu na Aroni banegura Musa

1 Musa yari yararongoye umugore w’Umunyakushi. Miriyamuna Aroni barabimunegura.

2-3 Musa yari umugabo wicisha bugufi kurusha abantu bose bo ku isi. Nyamara Miriyamu na Aroni baravuga bati: “Ese Uhoraho avugana na Musawenyine? Ese twebwe ntavugana natwe?” Uhoraho arabumva,

4 ahita ahamagara Musa na Aroni na Miriyamu ati: “Nimuze uko muri batatu ku Ihema ry’ibonaniro.” Basohoka mu nkambi bajyayo.

5 Uhoraho amanukira mu nkingi y’igicu, ahagarara ku muryango w’Ihema ry’ibonaniro. Ahamagara Aroni na Miriyamu, bombi baramwegera.

6 Arababwira ati: “Nimwumve neza icyo ngiye kubabwira: iyo mbatumyeho umuhanuzi, mwimenyeshereza mu ibonekerwa kandi nkamuvugishiriza mu nzozi.

7 Ariko si ko bimeze ku mugaragu wanjye Musa, mugirira icyizere mu byo namushinze byose.

8 We tuvugana imbonankubone, mu magambo yumvikana atari amarenga, ndamwiyereka akambona. None kuki mwahangaye kunegura umugaragu wanjye Musa?”

9 Uhoraho arabarakarira arigendera.

10 Cya gicu kivuye ku Ihema, Miriyamu asesa amahumane yera de. Aroni abibonye

11 abwira Musa ati: “Nyakubahwa, twabaye abapfu turacumura. Ariko ndakwinginze we kubiduhanira.

12 Dore Miriyamu arasa nk’icyavutse gihwereye cyaraboze uruhande rumwe. Umugirire impuhwe!”

13 Nuko Musa atakambira Uhoraho ati: “Mana, ndakwinginze umukize.”

14 Uhoraho aramusubiza ati: “Ese iyo umukobwa aciriwe mu maso na se, ntamara iminsi irindwi akozwe n’isoni? Nimusohore Miriyamu mu nkambi, amare iminsi irindwi inyuma yayo.”

15 Nuko basohora Miriyamu mu nkambi amara iminsi irindwi inyuma yayo.

Amaze kugaruka, Abisiraheli bakomeza urugendo.

16 Bava i Haseroti bashinga amahema mu butayu bwa Parani.