Musa yohereza abatasi muri Kanāni
1 Uhoraho abwira Musa ati:
2 “Tuma abatasi mu gihugu cya Kanāni ngiye guha Abisiraheli. Wohereze umutware umwe wo muri buri muryango w’Abisiraheli.”
3 Nuko Musa afata abo batware nk’uko Uhoraho yabimutegetse, abohereza bakiri mu butayu bwa Parani.
4 Dore amazina yabo:
Shamuwa mwene Zakuri wo mu muryango wa Rubeni,
5 Shafati mwene Hori wo mu muryango wa Simeyoni,
6 Kalebu mwene Yefune wo mu muryango wa Yuda,
7 Yigali mwene Yozefu wo mu muryango wa Isakari,
8 Hoseya mwene Nuni wo mu muryango wa Efurayimu,
9 Paliti mwene Rafu wo mu muryango wa Benyamini,
10 Gadiyeli mwene Sodi wo mu muryango wa Zabuloni,
11 Gadi mwene Susi wo mu muryango wa Manase mwene Yozefu,
12 Amiyeli mwene Gemali wo mu muryango wa Dani,
13 Seturi mwene Mikayeli wo mu muryango wa Ashēri,
14 Nahibi mwene Wofusi wo mu muryango wa Nafutali,
15 Guweli mwene Maki wo mu muryango wa Gadi.
16 Ngayo amazina y’abatasi Musa yohereje mu gihugu cya Kanāni, uretse ko Hoseya mwene Nuni, Musa yamuhimbye Yozuwe.
17 Igihe Musa yabatumaga yarababwiye ati: “Mwinjire muri Kanāni munyuze mu majyepfo, mugende mwerekeje mu misozi,
18 mutate igihugu mumenye uko abaturage bacyo bameze, ubwinshi bwabo n’imbaraga zabo.
19 Murebe niba igihugu ari cyiza cyangwa ari kibi, murebe n’imijyi yabo niba ikomeye kandi izengurutswe n’inkuta.
20 Murebe niba ubutaka bwabo burumbuka, hakaba n’ibiti. Muzabe intwari muzane imbuto zihera.” Cyari igihe cyo gutangira gusarura imizabibu.
21 Nuko baragenda batata igihugu cyose bahereye mu butayu bwa Tsini bageza i Rehobu, hafi y’i Lebo-Hamati.
22 Babanje kujya mu majyepfo y’igihugu, bagera i Heburoni hatuwe na Ahimani na Sheshayi na Talumayi, abagabo barebare kandi banini bakomoka kuri Anaki. (Uwo mujyi wa Heburoni umaze imyaka irindwi wubatswe, ni bwo Sowani yo mu Misiri yubatswe.)
23 Bageze mu gikombe cya Eshikoli, batema ishami ririho iseri ry’imizabibu. Ryari rinini cyane ku buryo abagabo babiri bagombye kuriheka ku giti. Bajyana n’imikomamanga n’imitini.
24 Kubera iryo seri ry’imizabibu bahakuye, Abisiraheli bise aho hantu igikombe cya Eshikoli.
Abatasi babwira Abisiraheli iby’urugendo rwabo
25 Bamaze iminsi mirongo ine batata igihugu baragaruka,
26 basanga Musa na Aroni n’abandi Bisiraheli i Kadeshi mu butayu bwa Parani. Bababwira ibyo babonye byose, babereka n’imbuto bazanye.
27 Babwira Musa bati: “Twagiye mu gihugu watwoherejemo, dusanga gitemba amata n’ubuki, ndetse dore n’imbuto zaho twazanye.
28 Icyakora abagituyemo ni abanyambaraga, n’imijyi yabo ni minini kandi izengurutswe n’inkuta. Twahabonye n’abantu barebare kandi banini bakomoka kuri Anaki.
29 Mu majyepfo yacyo hatuwe n’Abamaleki, mu misozi hatuwe n’Abaheti n’Abayebuzi n’Abamori, naho hafi y’inyanja no mu kibaya cya Yorodani, hatuwe n’Abanyakanāni.”
30 Abantu batangiye kwinubira Musa, Kalebu arabacecekesha, arababwira ati: “Nta kabuza tugomba kuhatera! Dushobora rwose kucyigarurira.”
31 Ariko abandi batasi baravuga bati: “Ashwi da! Ntibishoboka kubera ko abagituyemo baturusha amaboko.”
32 Nuko batangira kubeshya Abisiraheli iby’icyo gihugu batase, bavuga bati: “Ni igihugu kirimo umwiryane, n’abagituyemo bose ni abantu barebare kandi banini.
33 Ndetse twahabonye n’abantu b’ibihangange bakomoka kuri Anaki. Iyo twigereranyaga na bo twabonaga tumeze nk’inshishi, kandi na bo ni ko batubonaga.”