Ivu ry’inka y’ibihogo
1 Uhoraho ategeka Musa na Aroni
2 guha Abisiraheli aya mategeko agira ati: “Nimubabwire babazanire inka y’ibihogo idafite inenge kandi itarigeze ikoreshwa imirimo.
3 Muyihe umutambyi Eleyazari ayijyane inyuma y’inkambi, bayice.
4 Hanyuma akoze urutoki mu maraso yayo, ayatere incuro ndwi ahagana ku muryango w’Ihema ry’ibonaniro.
5 Ategeke umuntu kuyitwika yose, ari uruhu ari inyama, ari amaraso ndetse n’amayezi.
6 Umutambyi afate ishami ry’isederi, n’umushandiko w’utwatsi twitwa hisopo n’urudodo rutukura, abijugunye mu muriro hamwe na ya nka.
7 Hanyuma umutambyi amese imyambaro ye kandi yiyuhagire mbere yo gusubira mu nkambi, ariko azirirwa ahumanye kugeza nimugoroba.
8 Uwatwitse iyo nka na we ajye amesa imyambaro ye kandi yiyuhagire, yirirwe ahumanye kugeza nimugoroba.
9-10 Umuntu udahumanye ajye ayora ivu ry’iyo nka, arishyire ahantu hadahumanye inyuma y’inkambi, maze amesa imyambaro ye, yirirwe ahumanye kugeza nimugoroba. Abisiraheli bajye bafata kuri iryo vu, barivange n’amazi kugira ngo bahumanure abahumanyijwe n’intumbi. Ni nk’igitambo cyo guhongerera ibyaha. Iri tegeko rizagenga Abisiraheli n’abanyamahanga batuye muri bo uko ibihe bihaye ibindi.
Umuhango wo guhumanura
11 “Ukoze ku ntumbi y’umuntu, ajye amara iminsi irindwi ahumanye.
12 Ku munsi wa gatatu no ku wa karindwi, ajye akorerwa umuhango wo guhumanurwa bakoresheje ya mazi. Ariko natabyitaho azakomeza ahumane.
13 Niyirengagiza kumishwaho amazi yo kumuhumanura akegera Ihema ryanjye agihumanye, azaba arihumanyije. Bene uwo muntu ajye acibwa mu Bisiraheli.
14 “Umuntu napfira mu ihema rye, uzaryinjiramo n’uzaba aririmo bajye bamara iminsi irindwi bahumanye.
15 Ikizaba kiririmo kidapfundikiye neza kizaba gihumanye.
16 Umuntu naba ari hanze agakora ku ntumbi y’umuntu cyangwa ku magufwa y’umuntu cyangwa ku mva, ajye amara iminsi irindwi ahumanye.
17 “Dore uko bazajya bahumanura: bajye bafata ku ivu rya ya nka batwitse nk’igitambo cyo guhongerera ibyaha, barishyire mu rwabya barivange n’amazi y’isōko.
18 Umuntu udahumanye afate umushandiko wa hisopo, awukoze muri ayo mazi yo mu rwabya, ayamishe ku ihema ryapfiriyemo umuntu, no ku bintu birimo no ku bantu bari baririmo, cyangwa ayamishe ku wakoze ku magufwa y’umuntu, cyangwa ku ntumbi cyangwa ku mva.
19 Uwo muntu udahumanye ajye abigenza atyo ku munsi wa gatatu n’uwa karindwi, ibyo birangiye abari bahumanye bajye bamesa imyambaro yabo kandi biyuhagire, maze nimugoroba babe bahumanutse.
20 Ariko umuntu nahumana akirengagiza kumishwaho amazi yo guhumanura, akegera Ihema ryanjye agihumanye, azaba arihumanyije. Ajye acibwa mu Bisiraheli.
21 Iryo rizababere itegeko ridakuka.
“Umuntu umisha amazi yo guhumanura ajye amesa imyambaro ye, ndetse n’uwayakozeho ajye yirirwa ahumanye kugeza nimugoroba.
22 Icyo umuntu uhumanye akozeho cyose kiba gihumanye, n’undi muntu ugikozeho na we aba ahumanye kugeza nimugoroba.”