Ibyabereye i Kadeshi
1 Mu kwezi kwa mbereAbisiraheli bose bagera mu butayu bwa Tsini, bashinga amahema i Kadeshi. Aho ni ho Miriyamu yaguye barahamuhamba.
2 Abantu babura amazi bagomera Musa na Aroni,
3 bijujutira Musa bavuga bati: “Iyaba twarapfiriye hamwe na bene wacu igihe Uhoraho yabicaga!
4 Mwatuzaniye iki muri ubu butayu? Kwari ukugira ngo tuhashirire twe n’amatungo yacu?
5 Kuki mwadukuye mu Misiri mukatuzana aha hantu habi? Ahantu utabona imyaka cyangwa imitini cyangwa imizabibu, cyangwa imikomamanga ntihabe n’amazi yo kunywa!”
6 Musa na Aroni babasiga aho, bajya imbere y’Ihema ry’ibonaniro bikubita hasi bubamye, babona ikuzo ry’Uhoraho.
7 Uhoraho abwira Musa ati:
8 “Fata inkoni, maze wowe na mukuru wawe Aroni mukoranyirize Abisiraheli imbere y’urutare, murubwire ruvubure amazi. Bityo muhe Abisiraheli amazi yo kunywa, buhire n’amatungo yabo.”
9 Musa yinjira mu Ihema ry’ibonaniro, afata iyo nkoni nk’uko Uhoraho yamutegetse.
10 Musa na Aroni bakoranyiriza Abisiraheli imbere y’urutare. Nuko Musa arababwira ati: “Mwa byigomeke mwe, mbese tubakurire amazi muri uru rutare?”
11 Musa abangura inkoni ye akubita urutare incuro ebyiri. Amazi menshi aradudubiza maze Abisiraheli baranywa buhira n’amatungo yabo.
12 Uhoraho abwira Musa na Aroni ati: “Kubera ko mutanyizeye kandi ntimwereke Abisiraheli ubuziranenge bwanjye, ntimuzabageza mu gihugu mbahaye.”
13 Aho hantu bahita Meribakuko ari ho Abisiraheli bijujutiye Uhoraho, ariko we akahaberekera ubuziranenge bwe.
Abedomu babuza Abisiraheli kunyura mu gihugu cyabo
14 Bakiri i Kadeshi, Musa yohereza intumwa ku mwami wa Edomu ngo zimubwire ziti: “Dore ubutumwa bwa bene wanyub’Abisiraheli. Uzi imibabaro yose twagize:
15 ba sogokuruza bagiye mu Misiri, ubwoko bwacu bumarayo igihe kirekire. Abanyamisiri badufashe nabi twe na ba sogokuruza.
16 Twatakiye Uhoraho aratwumva, atwoherereza umumarayikakugira ngo adukure mu Misiri. None dore turi mu mujyi w’i Kadeshi uri ku mupaka w’igihugu cyawe.
17 Twemerere tunyure mu gihugu cyawe. Ntituzanyura mu mirima no mu mizabibu, ntituzanywa n’amazi yo mu mariba yanyu, tuzaca mu muhanda w’Abaminta guteshuka iburyo cyangwa ibumoso, kugeza igihe tuzarangiza kwambukiranya igihugu cyawe.”
18 Ariko Abedomu barabasubiza bati: “Ntitubemereye kunyura mu gihugu cyacu, nimubigerageza tuzabatera tubarwanye.”
19 Abisiraheli barabasubiza bati: “Tuzanyura mu muhanda mukuru, kandi amazi tuzanywa twe n’amatungo yacu, tuzayishyura. Nta kindi dusaba uretse kunyura mu gihugu cyanyu.”
20 Ariko Abedomu bakomeza kubangira, ndetse barundanya ingabo nyinshi kandi zikomeye zo kubakumīra.
21 Babuza batyo Abisiraheli kunyura mu gihugu cyabo, nuko Abisiraheli banyura indi nzira.
Urupfu rwa Aroni
22 Abisiraheli bose bava i Kadeshi bajya ku musozi wa Hori,
23 ku mupaka w’igihugu cya Edomu. Uhoraho ahabwirira Musa na Aroni ati:
24 “Kubera ko mwangomeye ku byerekeye amazi y’i Meriba, Aroni agiye gupfa atageze mu gihugu ngiye guha Abisiraheli.
25 None jyana Aroni n’umuhungu we Eleyazari, muzamuke umusozi wa Hori,
26 wambure Aroni imyambaro ye maze uyambike umuhungu we Eleyazari. Aroni ari bupfireyo.”
27 Musa akora uko Uhoraho yamutegetse, bazamuka umusozi wa Hori Abisiraheli bose babireba.
28 Musa yambura Aroni imyambaro ye ayambika Eleyazari. Nuko Aroni apfira mu mpinga y’uwo musozi. Hanyuma Musa na Eleyazari baramanuka.
29 Abisiraheli bose bamenye ko Aroni yapfuye, bamara iminsi mirongo itatu bamuririra.