Intang 11

Umunara w’i Babiloni

1 Abantu bose bo ku isi bakoreshaga ururimi rumwe n’imvugo imwe.

2 Abantu bimuka bavaiburasirazuba, babona ikibaya muri Babiloniya bagituramo.

3 Nuko baravugana bati: “Reka tubumbe amatafari tuyatwike.” Bityo aho gukoresha amabuye bakoresha amatafari, naho mu mwanya w’isima bakoresha kaburimbo.

4 Barongera bati: “Reka twiyubakire umujyi kugira ngo tutazatatanira ku isi yose, twiyubakire n’umunara ugera ku ijuru kugira ngo tuzabe ibirangirire.”

5 Uhoraho aramanuka kugira ngo arebe umujyi n’umunara abantu bubakaga.

6 Nuko aribwira ati: “Biriya batangiye gukora babishobojwe n’uko ari umuryango umwe, kandi bavuga ururimi rumwe. Noneho rero icyo bazagambirira cyose bazakigeraho!

7 Reka tumanuke maze dusobanye ururimi rwabo be kuzongera kumvikana!”

8 Nuko Uhoraho abatatanyiriza ku isi yose, ntibaba bagishoboye kubaka uwo mujyi.

9 Uwo mujyi wiswe Babilonikubera ko ari ho Uhoraho yasobanyirije ururimi rw’abantu bose akanabatatanyiriza ku isi yose.

Abakomoka kuri Semu

10 Dore abakomoka kuri Semu:

Semu amaze imyaka ijana avutse yabyaye Arupagishadi. Hari hashize imyaka ibiri umwuzure urangiye.

11 Amaze kubyara Arupagishadi, abaho indi myaka magana atanu, ayibyaramo abandi bahungu n’abakobwa.

12 Arupagishadi amaze imyaka mirongo itatu n’itanu avutse yabyaye Shela.

13 Amaze kubyara Shela, abaho indi myaka magana ane n’itatu, ayibyaramo abandi bahungu n’abakobwa.

14 Shela amaze imyaka mirongo itatu avutse yabyaye Eberi.

15 Amaze kubyara Eberi, abaho indi myaka magana ane n’itatu, ayibyaramo abandi bahungu n’abakobwa.

16 Eberi amaze imyaka mirongo itatu n’ine avutse yabyaye Pelegi.

17 Amaze kubyara Pelegi, abaho indi myaka magana ane n’itatu, ayibyaramo abandi bahungu n’abakobwa.

18 Pelegi amaze imyaka mirongo itatu avutse yabyaye Rewu.

19 Amaze kubyara Rewu, abaho indi myaka magana abiri n’icyenda, ayibyaramo abandi bahungu n’abakobwa.

20 Rewu amaze imyaka mirongo itatu n’ibiri avutse, yabyaye Serugu.

21 Amaze kubyara Serugu, abaho indi myaka magana abiri n’irindwi, ayibyaramo abandi bahungu n’abakobwa.

22 Serugu amaze imyaka mirongo itatu avutse, yabyaye Nahori.

23 Amaze kubyara Nahori, abaho indi myaka magana abiri, ayibyaramo abandi bahungu n’abakobwa.

24 Nahori amaze imyaka makumyabiri n’icyenda avutse, yabyaye Tera.

25 Amaze kubyara Tera, abaho indi myaka ijana na cumi n’icyenda, ayibyaramo abandi bahungu n’abakobwa.

26 Tera amaze imyaka mirongo irindwi avutse yabyaye Aburamu, akurikizaho Nahori na Harani.

Abakomoka kuri Tera

27 Dore abakomoka kuri Tera:

Tera yabyaye Aburamu na Nahori na Harani. Harani na we yabyaye Loti.

28 Harani yapfuye mbere ya se Tera, agwa mu mujyi we kavukire witwa Uri mu Bukalideya.

29 Aburamu yarongoye Sarayi, Nahori arongora Milika uva inda imwe na Yisika, bakaba abakobwa ba Harani.

30 Sarayi yari yarabuze ibyara, nta mwana yagiraga.

31 Tera ahagurukana n’umuhungu we Aburamu n’umwuzukuru we Loti mwene Harani n’umukazana we Sarayi, umugore wa Aburamu, bava mu mujyi wa Uri mu Bukalideya ngo bajye mu gihugu cya Kanāni. Nyamara bageze mu mujyi wa Harani barahatura.

32 Tera yapfuye afite imyaka magana abiri n’itanu, agwa i Harani.