Aburamu atabara Loti
1 Amurafeli umwami wa Babiloniya, na Ariyoki umwami wa Elasari, na Kedorilawomeri umwami wa Elamu, na Tidali umwami wa Goyimu,
2 bishyize hamwe barwanya Bera umwami w’i Sodoma, na Birisha umwami w’i Gomora, na Shinabu umwami wa Adima, na Shemeberi umwami w’i Seboyimu, n’umwami w’i Bela ari yo Sowari.
3 Byatewe n’uko abo bami batanu bari barishyize hamwe bashinga ibirindiro mu kibaya cya Sidimu, ari ho hacitse Ikiyaga cy’Umunyu.
4 Mu myaka cumi n’ibiri yose bari barayobotse Umwami Kedorilawomeri, ariko mu wa cumi n’itatu baramugomera.
5 Mu mwaka wa cumi n’ine, Kedorilawomeri na ba bami bamushyigikiye, bagabye ibitero batsindira Abarefa mu mujyi wa Ashitaroti ya Karinayimu, batsindira n’Abazuzi i Hamu, batsindira Abemi i Shawe Kiriyatayimu,
6 batsindira Abahori iwabo mu misozi ya Seyiri, barabirukana babageza Eliparani hafi y’ubutayu.
7 Hanyuma bagarukana Enimishipati ari yo Kadeshi, bayogoza igihugu cyose cy’Abamaleki, batsinda n’Abamori bari batuye i Hasasoni-Tamari.
8 Nuko umwami w’i Sodoma n’uw’i Gomora n’uwa Adima, n’uw’i Seboyimu n’uw’i Bela ari yo Sowari, baratabara bashinga ibirindiro mu kibaya cya Sidimu.
9 Abo bami batanu barwanya ba bandi bane ari bo Kedorilawomeri umwami wa Elamu, na Tidali umwami wa Goyimu, na Amurafeli umwami wa Babiloniya, na Ariyoki umwami wa Elasari.
10 Ikibaya cya Sidimu cyarimo ibinombe bya kaburimbo byinshi, maze umwami w’i Sodoma n’uw’i Gomora bahunze babigwamo, ababo bacitse ku icumu bahungira ku misozi.
11 Ba bandi bane batsinze banyaga umutungo wose wa Sodoma na Gomora, batwara n’ibyokurya byose bahasanze barigendera.
12 Loti wa muhungu wabo wa Aburamu yari yaratuye i Sodoma, na we bari bamunyaganye n’ibyo atunze byose baramujyana.
13 Umwe mu bacitse ku icumu aza kubwira iyo nkuru Aburamu w’Umuheburayi, wabaga mu mahema hafi y’ibiti by’inganzamarumbu bya Mamure. Mamure uwo w’Umwamori n’abavandimwe be Eshikoli na Aneri, bari banywanyi ba Aburamu.
14 Aburamu yumvise ko umuhungu wabo yajyanywe ho umunyago, akoranya ingabo magana atatu na cumi n’umunani zo mu bantu be, akurikirana abanzi agera i Dani.
15 Aburamu arema imitwe mu ngabo ze maze nijoro ziratera. Zitsinda abanzi zirabirukana zibageza i Hoba iri mu majyaruguru ya Damasi.
16 Aburamu agaruza iminyago yose, agaruza n’umuhungu wabo Loti n’ibyo yari atunze, kimwe n’abagore n’abandi bantu.
Aburamu na Melikisedeki
17 Aburamu atabarutse amaze gutsinda Kedorilawomeri na ba bami bandi, umwami w’i Sodoma yaje kumusanganira mu Gikombe cya Shave, ari cyo Gikombe cy’Umwami.
18 Melikisedeki, umwami w’i Salemuakaba n’umutambyi w’Imana Isumbabyose, azana umugati na divayi,
19 maze asabira Aburamu umugisha ati:
“Imana Isumbabyose, Umuremyi w’ijuru n’isi, niguhe umugisha!
20 Nihasingizwe Imana Isumbabyose,
yaguhaye gutsinda abanzi bawe!”
Nuko Aburamu atura Melikisedeki kimwe cya cumi cy’ibyo yari yagaruje byose.
21 Umwami w’i Sodoma abwira Aburamu ati: “Mpa abantu banjye, naho ibintu ubyijyanire.”
22 Aburamu aramusubiza ati: “Ndahiye Uhoraho Imana Isumbabyose, Umuremyi w’ijuru n’isi,
23 nta kintu cyawe na gito nzatwara habe n’akangana urwara, hato utazirata ko ari wowe watumye ntunga.
24 Nta cyo njyana keretse ibyo ingabo zanjye zariye, naho Aneri na Eshikoli na Mamure twatabaranye, nibafate umugabane wabo.”