Intang 16

Hagari na Ishimayeli

1 Sarayi muka Aburamu, nta mwana yari yaramubyariye. Sarayi yari afite umuja w’Umunyamisirikazi witwaga Hagari.

2 Nuko Sarayi abwira Aburamu ati: “Dore Uhoraho yanyimye ibyara. None genda uryamane n’umuja wanjye, ahari yaducikura.”

Aburamu yemera inama Sarayi amugiriye,

3 maze umugore we Sarayi azana umuja we Hagari w’Umunyamisirikazi, amushyingira umugabo we Aburamu. Ibyo byabaye hashize imyaka icumi Aburamu atuye mu gihugu cya Kanāni.

4 Aburamu aryamana na Hagari amutera inda.

Hagari abonye ko atwite asuzugura nyirabuja.

5 Sarayi abwira Aburamu ati: “Izi ngorane ni wowe uzinteye, ni wowe watumye ngushyingira umuja wanjye! None aho aboneye ko atwite asigaye ansuzugura. Uhoraho ni we wadukiranura!”

6 Aburamu aramusubiza ati: “Umuja ni uwawe, mugenze uko ushaka.” Nuko Sarayi ajujubya Hagari ku buryo yamuhunze.

7 Ariko Umumarayika w’Uhoraho asanga Hagari mu butayu, hafi y’iriba riri ku nzira inyura mu butayu bwa Shuru.

8 Aramubaza ati: “Hagari muja wa Sarayi we, urava he ukajya he?”

Aramusubiza ati: “Ndahunga mabuja Sarayi.”

9 Umumarayika w’Uhoraho aramubwira ati: “Subira kwa nyokobuja, maze wihanganire ibyo akugirira.

10 Abazagukomokaho nzabagira benshi cyane ku buryo batazabarika.

11 Iyo nda utwite izavukamo umuhungu uzamwite Ishimayeli, kuko Uhoraho yumvise uko nyokobuja yakujujubije.

12 Uwo muhungu azamera nk’indogobey’ishyamba, azarwanya abantu bose kandi na bo bazamurwanya. Azatura yitaruyebene se bose.”

13 Nuko Hagari atangarira Uhoraho bavuganye, avuga ati: “Burya uri Imana iboneka!” Ni ko kwibwira ati: “Ese koko nabonye Imana none ndacyariho?”

14 Ni yo mpamvu iryo riba ryitwa “Iriba rya Nyirubuzima undeba.” Riri hagati ya Kadeshi na Beredi.

15 Hagari abyarira Aburamu umuhungu, Aburamu amwita Ishimayeli.

16 Icyo gihe Aburamu yari amaze imyaka mirongo inani n’itandatu avutse.