Intang 29

Yakobo agera kwa Labani

1 Yakobo akomeza urugendo, agera mu gihugu cy’iburasirazuba.

2 Aza kubona iriba riri mu misozi, hafi yaryo hari imikumbi itatu y’intama itegereje kuhirwa. Ariko iryo riba ryari ripfundikijwe ibuye rinini.

3 Iyo amatungo yamaraga guteranira aho bakuragaho iryo buye bakayuhira, amatungo yakuka bagasubiza ibuye mu mwanya waryo.

4 Yakobo abaza abashumba ati: “Ncuti zanjye, muri aba he?”

Baramusubiza bati: “Turi ab’i Harani.”

5 Arababaza ati: “Ese Labani ukomoka kuri Nahori muramuzi?”

Baramusubiza bati: “Turamuzi.”

6 Yongera kubabaza ati: “Araho se?”

Baramusubiza bati: “Araho, ndetse dore n’umukobwa we Rasheli ashoye amatungo.”

7 Yakobo arababaza ati: “Ko mwabyagije amatungo hakiri kare? Nimuyuhire nakuka muyaragire!”

8 Baramusubiza bati: “Ntitwabikora kuko tugomba gutegereza ko amatungo yose ahagera, tukabona gukuraho ibuye tukayuhira.”

9 Yakobo akivugana na bo, Rasheli wari umushumba aba ageze aho ashoreye intama za se.

10 Yakobo abonye Rasheli umukobwa wa nyirarume Labani, ashoreye intama za se, ajya ku iriba akuraho ibuye yuhira intama za nyirarume Labani.

11 Hanyuma ahobera Rasheli, maze umunezero umutera kurira.

12 Ni ko kubwira Rasheli ati: “Ndi mwishywa wa so, mama ni Rebeka.” Nuko Rasheli ariruka abibwira se.

13 Labani yumvise yuko mwishywa we Yakobo yaje, arihuta ajya kumusanganira. Aramuhobera aramusoma, amujyana iwe. Yakobo amubwira ibyamubayeho byose.

14 Nuko Labani aramubwira ati: “Ni ukuri, uri amaraso yanjye.”

Yakobo arongora Leya na Rasheli

Yakobo ahamaze ukwezi

15 Labani aramubwira ati: “Si byiza ko wankorera ku busa nubwo uri mwene wacu, none mbwira icyo ushaka ko nzaguhemba.”

16 Labani yari afite abakobwa babiri. Umukuru yitwaga Leya, umuto akitwa Rasheli.

17 Leya yari afite amaso meza, Rasheli we yari ateye neza kandi afite uburanga,

18 Yakobo akamukunda. Nuko asubiza Labani ati: “Nzagukorera imyaka irindwi, unshyingire umukobwa wawe muto Rasheli.”

19 Labani aramubwira ati: “Kumugushyingira biruta kumushyingira undi, gumana nanjye.”

20 Nuko Yakobo akora imyaka irindwi kugira ngo bamushyingire Rasheli. Yaramukundaga cyane bituma iyo myaka imubera nk’iminsi mike.

21 Iyo myaka irangiye Yakobo abwira Labani ati: “Nshyingira umugeni wanjye kuko igihe cyo kugukorera cyarangiye.”

22 Labani atumira abaturanyi be bararya, baranywa,

23 nimugoroba ashyira Yakobo umukobwa we Leya, aramurongora.

24 Labani yari yarahaye Leya umuja we Zilipa ngo amukorere.

25 Bukeye Yakobo asanga bamushyingiye Leya! Ni bwo abajije Labani ati: “Wangenje ute? Sinagukoreye ngira ngo unshyingire Rasheli? Kuki wandiganyije?”

26 Labani aramusubiza ati: “Mu muco wacu ntidushyingira umukobwa muto mbere y’umukuru.

27 Banza umarane na Leya icyumweru cy’ubugeni mbone kugushyingira Rasheli, maze uzankorere indi myaka irindwi.”

28 Yakobo abigenza atyo. Amaranye na Leya icyumweru, Labani amushyingira Rasheli.

29 Labani yari yarahaye Rasheli umuja we Biliha ngo amukorere.

30 Yakobo arongora Rasheli, aramukunda kurusha Leya. Akorera Labani indi myaka irindwi.

Abana ba Yakobo

31 Uhoraho abonye ko Leya adakunzwe nka Rasheli amuha ibyara, naho Rasheli aba ingumba.

32 Leya asama inda abyara umwana w’umuhungu, amwita Rubenikuko yavugaga ati: “Uhoraho yabonye akababaro kanjye, noneho umugabo wanjye azankunda.”

33 Arongera arasama abyara undi muhungu, aravuga ati: “Uhoraho yumvise ko ntakunzwe, none ampaye n’uyu.” Amwita Simeyoni.

34 Arongera arasama abyara undi muhungu, aravuga ati: “Noneho umugabo wanjye tuzafatanya, kuko twabyaranye abahungu batatu.” Uwo mwana amwita Levi.

35 Arongera arasama abyara undi muhungu, aravuga ati: “Ubu bwo nzasingiza Uhoraho!” Uwo mwana amwita Yuda. Nuko aba arekeye aho kubyara.