1 Rasheli abonye atabyaye agirira mukuru we ishyari, abwira Yakobo ati: “Mpa abana, nutabampa ndapfa!”
2 Yakobo arakarira Rasheli aramubwira ati: “Mbese ni jye wabibaza? Imana si yo yakwimye ibyara?”
3 Rasheli aramubwira ati: “Ryamana n’umuja wanjye Biliha azambyarire akana, nibura nzabe umubyeyi nk’abandi!”
4 Amuha umuja we Biliha ngo amugire inshoreke,
5 Yakobo amutera inda babyarana umwana w’umuhungu.
6 Rasheli aravuga ati: “Imana yumvise gusenga kwanjye irandenganura, impa umwana.” Uwo mwana amwita Dani.
7 Biliha umuja wa Rasheli, arongera arasama abyara umuhungu wa kabiri.
8 Rasheli aravuga ati: “Narwanye inkundura na mukuru wanjye none ndatsinze!” Uwo mwana amwita Nafutali.
9 Leya abonye ko atakibyara, aha Yakobo umuja we Zilipa ngo amugire inshoreke,
10 babyarana umwana w’umuhungu.
11 Leya aravuga ati: “Mbega umugisha!” Uwo mwana amwita Gadi.
12 Zilipa umuja wa Leya, abyarana na Yakobo umuhungu wa kabiri.
13 Leya aravuga ati: “Ngize amahirwe! Kandi abagore bose bazanyita umunyehirwe!” Uwo mwana amwita Ashēri.
14 Mu gihe cy’isarura ry’ingano Rubeni ajya mu mirima, abona imbuto z’ibyaraazizanira nyina Leya. Rasheli abwira Leya ati: “Mpa kuri izo mbuto umuhungu wawe yakuzaniye.”
15 Leya aramusubiza ati: “Ese ntunyurwa? Wantwaye umugabo none urashaka no kuntwara imbuto z’ibyara umwana wanjye yanzaniye?”
Rasheli aravuga ati: “Noneho iri joro murararana, numpa izo mbuto umwana wawe yazanye.”
16 Nimugoroba Yakobo avuye mu mirima, Leya aramusanganira aramubwira ati: “Uraza kundaza, kuko ari cyo cyatumye nemera guha Rasheli imbuto z’ibyara umwana wanjye yanzaniye.” Nuko Yakobo ararana na Leya iryo joro.
17 Imana yumva gusenga kwa Leya arasama, abyara umuhungu wa gatanu.
18 Leya aravuga ati: “Imana yampaye ibihembo, kuko nemereye umugabo wanjye kugira umuja wanjye inshoreke.” Uwo mwana amwita Isakari.
19 Leya arongera arasama abyara umuhungu wa gatandatu,
20 aravuga ati: “Imana ingabiye impano nziza! Noneho umugabo wanjye azampa icyubahiro kuko tubyaranye abahungu batandatu.” Uwo mwana amwita Zabuloni.
21 Hanyuma Leya abyara n’umukobwa amwita Dina.
22 Imana izirikana Rasheli, yumva gusenga kwe imukiza ubugumba,
23 asama inda abyara umwana w’umuhungu. Aravuga ati: “Imana inkuye mu isoni!”
24 Uwo mwana amwita Yozefuagira ati: “Icyampa ngo Imana inyongere undi muhungu!”
Yakobo aba umutunzi
25 Rasheli amaze kubyara Yozefu, Yakobo abwira Labani, ati: “Nsezerera ntahe nsubire mu gihugu cy’iwacu,
26 njyane n’abagore banjye n’abana banjye, kuko nababonye ngukoreye. Uzi neza ko nagukoreye imirimo myinshi.”
27 Labani aramubwira ati: “Reka nkubwire: nahishuriwe yuko imigisha yose Imana yampaye ari wowe nyikesha.
28 None mbwira igihembo ushaka nkiguhe.”
29 Yakobo aramubwira ati: “Uzi uko nagukoreye n’uko amatungo yawe yagwiriye nyaragira.
30 Ayo wari ufite ntaraza yari make, aho nziye arororoka cyane. Kuva nagera iwawe Uhoraho ntiyahwemye kuguha umugisha. None ubu ndabona nkwiriye kubona icyatunga urugo rwanjye.”
31 Labani aramubaza ati: “Nguhe iki?”
Yakobo aramusubiza ati: “Nta gihembo nkwatse. Ahubwo niba ushaka ko nkomeza kukuragirira amatungo, umva icyifuzo cyanjye:
32 uyu munsi ndanyura mu mikumbi yawe yose, ntoranyemo intama zose z’ubugondo n’iz’ibitobo n’iz’imikara, n’ihene zose z’ubugondo n’iz’ibitobo, uzabe ari zo umpa.
33 Mu gihe kizaza nusuzuma uzasanga ndi indahemuka. Nuramuka usanze mu ntama zanjye izitari imikara, no mu ihene izitari ubugondo cyangwa ibitobo, uzazite inyibano.”
34 Labani aramusubiza ati: “Ndabyemeye, bizabe uko ubivuze.”
35 Ariko uwo munsi Labani arobanura amapfizi y’ihene y’ibihuga n’ay’ibitobo, n’inyagazi z’ubugondo n’iz’ibitobo, n’intama z’imikara n’iz’ubugondo. Nuko azishinga abahungu be,
36 abategeka kuzijyana kure ya Yakobo ahareshya n’urugendo rw’iminsi itatu.
Yakobo akomeza kuragira imikumbi ya Labani isigaye.
37 Nuko atema udushami tw’ibiti by’amoko atatu, akagira aho ashishura n’aho areka ku buryo haboneka uturongo twera.
38 Hanyuma ashyira utwo duti mu bibumbiro aho yuhira imikumbi, kuko amatungo yageraga ku ibuga agashaka kwima.
39 Bityo amatungo yimiraga imbere y’utwo duti, yabyaraga ibihuga n’ubugondo n’ibitobo.
40 Yakobo avangura izivutse ziba ize. Umukumbi aragiye awubangurira ku z’ibihuga no ku z’ibitobo Labani yari yarobanuye. Bityo akibonera umukumbi we bwite ntawuvange n’uwa Labani.
41 Uko amatungo meza yarindaga, ni ko Yakobo yashyiraga uduti mu bibumbiro kugira ngo yimire imbere yatwo.
42 Ariko iyo yabaga ari mabi ntiyadushyiragaho, bituma amatungo mabi aba aya Labani, ameza aba aya Yakobo.
43 Bityo Yakobo aba umutunzi cyane, agira imikumbi myinshi n’ingamiya n’indogobe, n’abaja n’abagaragu.