Mika 5

Umukiza azavukira i Betelehemu

1 Uhoraho aravuga ati:

“Betelehemu Efurata we,

uri muto mu mijyi y’u Buyuda,

ariko muri wowe hazaturuka uzantegekera Isiraheli.

Igisekuru cye ni kirekire cyabayeho kuva kera cyane.”

2 Ni yo mpamvu Imana izareka ubwoko bwayo,

izabureka kugeza igihe ugomba kumubyara azamubyara.

Ni bwo abavandimwe be bajyanywe ho iminyago bazahura n’abandi Bisiraheli.

3 Uwo uzavuka azabaragira,

azabaragiza ububasha azahabwa n’Uhoraho,

azabaragirana ikuzo azahabwa n’Uhoraho Imana ye.

Bazagira umutekano,

koko abatuye isi yose bazemera ko akomeye,

4 ni na we ubwe uzazana amahoro.

Igihano no gutabarwa

Abanyashūru nibatera igihugu cyacu,

nibinjira mu bigo ntamenwa byacu,

tuzabateza abatware n’abagaba b’ingabo benshi.

5 Igihugu cya Ashūru bazagitegekesha inkota,

icyo gihugu cya Nimurodibazagitegekesha intwaro.

Uwo uzavuka azadukiza Abanyashūru nibarenga umupaka bagatera igihugu cyacu.

Abasigaye b’Abisiraheli n’andi mahanga

6 Abisiraheli bazaba basigaye hagati y’amahanga menshi,

bazayagwa gitumo baje nk’ikime Uhoraho yohereje,

baje nk’ibijojoba bigwa ku byatsi,

abantu ntibazaba babyiteze cyangwa babifitemo uruhare.

7 Abisiraheli bazaba basigaye hagati y’amahanga n’amoko menshi,

bazayabera nk’intare ihiga izindi nyamaswa,

bazamera nk’icyana cy’intare kiri mu mukumbi,

iyo kiwugezemo gicakira intama kikazitanyaguza,

ntawe ubasha kuzikiza.

8 Ngaho nimutsinde abanzi banyu,

ababarwanya nibatsembwe.

Uhoraho azakuraho ibiyobya abantu

9 Uhoraho aravuga ati:

“Icyo gihe nzatsemba amafarasi yanyu,

nzarimbura n’amagare yanyu y’intambara.

10 Nzasenya imijyi y’igihugu cyanyu,

nzahirika n’ibigo ntamenwa byanyu byose.

11 Nzamaraho iby’ubupfumu mukora,

nta n’abashitsi bazongera kurangwa muri mwe.

12 Nzatsemba amashusho abajwe n’inkingi z’amabuye musenga,

ntimuzaramya ukundi ibyo mwakoze n’intoki zanyu.

13 Nzarandura amashusho y’ikigirwamanakazi Ashera.

Imijyi yanyu nzayirimbura.

14 Nzagirira umujinya amahanga atanyumviye,

nzayarakarira nihōrere.”