Neh 7

1 Urukuta rumaze kuzura maze no gutera inzugi ku marembo yarwo, abarinzi b’Ingoro y’Imana n’abaririmbyi n’Abalevi bahabwa inshingano zabo.

2 Ubutegetsi bw’umurwa wa Yeruzalemu mbushinga umuvandimwe wanjye Hanani, afatanyije na Hananiya umukuru w’ingabo zo mu kigo ntamenwa. Hananiya uwo yari umugabo w’umunyamurava warushaga abantu benshi gutinya Imana.

3 Nuko ndababwira nti: “Inzugi za Yeruzalemu ntizigakingurwe mbere yo ku gasusuruko, kandi nimugoroba abarinzi bajye bakinga inzugi bazifungishe ibihindizo mbere y’uko bava ku izamu.Muzashyireho izamu maze abaturage bo muri Yeruzalemu bajye barisimburanwaho, bamwe bajye bashyirwa ku rukuta, abandi barinde hafi y’amazu yabo.”

Urutonde rw’amazina y’abatahutse

4 Umurwa wa Yeruzalemu wari munini nyamara utuwemo n’abantu bake, n’amazu ari make.

5 Nuko Imana yanjye inyungura igitekerezo maze nteranya abanyacyubahiro n’abatware b’umujyi hamwe na rubanda, kugira ngo babarurwe. Mbona igitabo cy’ibarura ry’ababanje gutahuka bavuye aho bari barajyanwe ho iminyago, ngisangamo ibi bikurikira:

6 Dore Abayahudi bo mu mazu Umwami Nebukadinezari wa Babiloniya yari yarajyanye ho iminyago. Baje mu gihugu cy’u Buyuda no mu murwa wacyo wa Yeruzalemu bavuye muri Babiloniya, maze umuntu wese asubira mu mujyi gakondo w’iwabo.

7 Baje bayobowe na Zerubabeli na Yeshuwa na Nehemiya, na Azariya na Rāmiya na Nahamani, na Moridekayi na Bilishani na Misipereti, na Bigivayi na Nehumu na Bāna. Dore umubare w’Abisiraheli bakomokaga muri buri nzu:

8 Abakomokaga kuri Paroshi bari ibihumbi bibiri n’ijana na mirongo irindwi na babiri.

9 Abakomokaga kuri Shefatiya bari magana atatu na mirongo irindwi na babiri.

10 Abakomokaga kuri Ara bari magana atandatu na mirongo itanu na babiri.

11 Abakomokaga kuri Pahati-Mowabu, ni ukuvuga urubyaro rwa Yoshuwa na Yowabu, bari ibihumbi bibiri magana inani na cumi n’umunani.

12 Abakomokaga kuri Elamu bari igihumbi na magana abiri na mirongo itanu na bane.

13 Abakomokaga kuri Zatu bari magana inani na mirongo ine na batanu.

14 Abakomokaga kuri Zakayi bari magana arindwi na mirongo itandatu.

15 Abakomokaga kuri Binuwi bari magana atandatu na mirongo ine n’umunani.

16 Abakomokaga kuri Bebayi bari magana atandatu na makumyabiri n’umunani.

17 Abakomokaga kuri Azigadi bari ibihumbi bibiri na magana atatu na makumyabiri na babiri.

18 Abakomokaga kuri Adonikamu bari magana atandatu na mirongo itandatu na barindwi.

19 Abakomokaga kuri Bigivayi bari ibihumbi bibiri na mirongo itandatu na barindwi.

20 Abakomokaga kuri Adini bari magana atandatu na mirongo itanu na batanu.

21 Abakomokaga kuri Ateri, ni ukuvuga abakomokaga kuri Hezekiya, bari mirongo cyenda n’umunani.

22 Abakomokaga kuri Hashumu bari magana atatu na makumyabiri n’umunani.

23 Abakomokaga kuri Besayi bari magana atatu na makumyabiri na bane.

24 Abakomokaga kuri Harifu bari ijana na cumi na babiri.

25 Abakomokaga kuri Gibeyoni bari mirongo cyenda na batanu.

26 Abantu bakomokaga mu mujyi wa Betelehemu n’uwa Netofa bari ijana na mirongo inani n’umunani.

27 Abakomokaga mu mujyi wa Anatoti bari ijana na makumyabiri n’umunani.

28 Abakomokaga mu mujyi wa Betazimaveti bari mirongo ine na babiri.

29 Abakomokaga mu mujyi wa Kiriyati-Yeyarimu n’uwa Kefira n’uwa Bēroti bari magana arindwi na mirongo ine na batatu.

30 Abakomokaga mu mujyi wa Rama n’uwa Geba bari magana atandatu na makumyabiri n’umwe.

31 Abakomokaga mu mujyi wa Mikimasi bari ijana na makumyabiri na babiri.

32 Abakomokaga mu mujyi wa Beteli n’uwa Ayi bari ijana na makumyabiri na batatu.

33 Abakomokaga mu wundi mujyi witwa Nebo bari mirongo itanu na babiri.

34 Abakomokaga kuri Elamu wundi bari igihumbi na magana abiri na mirongo itanu na bane.

35 Abakomokaga kuri Harimu bari magana atatu na makumyabiri.

36 Abakomokaga mu mujyi wa Yeriko bari magana atatu na mirongo ine na batanu.

37 Abakomokaga mu mujyi wa Lodi n’uwa Hadidi n’uwa Ono bari magana arindwi na makumyabiri n’umwe,

38 Abakomokaga mu mujyi wa Senaya bari ibihumbi bitatu na magana cyenda na mirongo itatu.

39 Itsinda ry’abatambyi:

Abakomokaga kuri Yedaya ukomoka kuri Yoshuwa bari magana cyenda na mirongo irindwi na batatu.

40 Abakomokaga kuri Imeri bari igihumbi na mirongo itanu na babiri.

41 Abakomokaga kuri Pashehuri bari igihumbi na magana abiri na mirongo ine na barindwi.

42 Abakomokaga kuri Harimu bari igihumbi na cumi na barindwi.

43 Itsinda ry’Abalevi:

Abakomokaga kuri Yoshuwa na Kadimiyeli na bo bakomokaga kuri Hodeva, bari mirongo irindwi na bane.

44 Itsinda ry’abaririmbyi bo mu Ngoro y’Imana:

Abakomokaga kuri Asafu bari ijana na mirongo ine n’umunani.

45 Itsinda ry’abarinzi b’Ingoro y’Imana ryari rigizwe n’abakomokaga kuri Shalumu no kuri Ateri, no kuri Talimoni no kuri Akubu, no kuri Hatita no kuri Shobayi, bose bari ijana na mirongo itatu n’umunani.

46 Itsinda ry’abakozi bo mu Ngoro y’Imana ryari rigizwe n’abakomokaga kuri Sīha no kuri Hasufa na Tabawoti,

47 no kuri Kerosi no kuri Siya no kuri Padoni,

48 no kuri Lebana no kuri Hagaba no kuri Shalimayi,

49 no kuri Hanani no kuri Gideli no kuri Gahari,

50 no kuri Reyaya no kuri Resini no kuri Nekoda,

51 no kuri Gazamu no kuri Uza no kuri Paseya,

52 no kuri Besayi no kuri Meyunimu, no kuri Nefushesimu,

53 no kuri Bakibuki no kuri Hakufa no kuri Harihuri,

54 no kuri Basiliti no kuri Mehida no kuri Harisha,

55 no kuri Barikosi no kuri Sisera no kuri Tema,

56 no kuri Nesiya no kuri Hatifa.

57 Itsinda ry’abakomokaga ku bagaragu ba Salomo ryari rigizwe n’abakomokaga kuri Sotayi no kuri Sofereti no kuri Perida,

58 no kuri Yāla no kuri Darikoni no kuri Gideli,

59 no kuri Shefatiya no kuri Hatili,

no kuri Pokereti-Hasebayimu no kuri Amoni.

60 Abo mu itsinda ry’abakozi bo mu Ngoro y’Imana, hamwe n’abo mu itsinda ry’abakomokaga ku bagaragu ba Salomo, bose bari magana atatu na mirongo cyenda na babiri.

61 Hari n’abantu batahutse bavuye i Telimela n’i Teliharisha, n’i Kerubu no muri Adoni no muri Imeri, batashoboye gutanga ibimenyetso byemeza ko ba sekuruza bari Abisiraheli.

62 Abo bantu bakomokaga kuri Delaya no kuri Tobiya no kuri Nekoda, bari magana atandatu na mirongo ine na babiri.

63 Hari n’abatambyi bagize ingorane nk’izo. Abo ni abakomokaga kuri Hobaya no kuri Hakosi no kuri Barizilayi, (uwo yitiriwe sebukwe kuko yari yarashatse umukobwa wa Barizilayi w’i Gileyadi).

64 Bashatse ibisekuruza byabo mu bitabo by’ibarura ariko ntibabibona, maze babarwa nk’abahumanye, bityo bahagarikwa ku mirimo y’ubutambyi.

65 Byongeye kandi umutegetsi w’u Buyuda ababuza kurya ibyokurya byavanywe ku bitambo byatuwe Imana, kugeza ubwo hazaboneka umutambyi uzafata icyemezo gishingiye ku bizaba byerekanywe na Urimu na Tumimu.

66 Umubare w’abatahutse bose bavuye muri Babiloniya, bari ibihumbi mirongo ine na bibiri na magana atatu na mirongo itandatu.

67 Bari kumwe n’abagaragu n’abaja ibihumbi birindwi na magana atatu na mirongo itatu na barindwi,

n’abaririmbyi n’abaririmbyikazi magana abiri na mirongo ine na batanu.

68 Bari bafite ingamiyamagana ane na mirongo itatu n’eshanu,

n’indogobe ibihumbi bitandatu na magana arindwi na makumyabiri.

69 Bamwe mu batware b’amazu batanze imfashanyo yo kubaka Ingoro y’Imana.

Umutegetsi w’u Buyuda yatanze ibiro umunani n’igice by’izahabu,

atanga n’ibikombe mirongo itanu byo gukoresha mu Ngoro y’Imana,

n’amakanzu magana atanu na mirongo itatu y’abatambyi,

bishyirwa mu kigega cy’umushinga w’Ingoro y’Imana.

70 Bamwe mu batware b’amazu bashyize muri icyo kigega ibiro ijana na mirongo irindwi by’izahabu, n’ibikoroto ibihumbi bibiri na magana abiri by’ifeza.

71 Naho rubanda batanga ibiro ijana na mirongo irindwi by’izahabu, n’ibikoroto ibihumbi bibiri by’ifeza, n’imyambaro mirongo itandatu n’irindwi y’abatambyi.

72 Nuko abatambyi n’Abalevi, n’abarinzi b’Ingoro y’Imana n’abaririmbyi, na bamwe bo muri rubanda n’abakozi bo mu Ngoro y’Imana, kimwe n’abandi Bisiraheli bose batura mu mijyi gakondo yabo.

Ukwezi kwa karindwikwageze Abisiraheli bose baramaze gutura mu mijyi gakondo yabo.