Uburakari bwa Yonasi n’imbabazi z’Uhoraho
1 Ibyo bibabaza Yonasi cyane ararakara.
2 Maze asenga Uhoraho avuga ati: “Uhoraho! Ngicyo icyo navugaga nkiri iwacu. Ni na yo mpamvu yatumye niyemeza guherako mpungira i Tarushishi. Nari nzi ko uri Imana igirira abantu ubuntu n’imbabazi, itinda kurakara, yuje umurava, kandi yigarura ntihane.
3 None rero Uhoraho, nyica kuko gupfa bindutira kubaho.”
4 Uhoraho aramubaza ati: “Mbese urumva kurakara kwawe gufite ishingiro?”
5 Yonasi ava mu murwa ajya iburasirazuba bwawo arahicara. Yubaka akazu ko kugamamo izuba akicaramo, ahategerereza kureba amaherezo y’uwo murwa.
6 Uhoraho Imana imeza ikibonobono kirakura gisumba Yonasi, acyugamamo izuba ashira inabi yari afite. Yonasi yishimira cyane icyo kibonobono.
7 Nuko bukeye bwaho mu museke, Imana itegeka inanda irya icyo kibonobono kiruma.
8 Izuba rirashe, Imana itegeka umuyaga utwika uva iburasirazuba. Izuba rimena Yonasi agahanga maze agira isereri. Nuko yisabira gupfa agira ati: “Gupfa bindutira kubaho!”
9 Imana ibaza Yonasi iti “Mbese kurakazwa n’uko icyo kibonobono cyumye bifite ishingiro?”
Yonasi arayisubiza ati: “Bifite ishingiro koko, bituma no gupfa napfa.”
10 Nuko Uhoraho aramubwira ati: “Dore nawe ubabajwe n’ikibonobono utateye cyangwa ngo ugikuze, cyameze ijoro rimwe irikurikiyeho kiruma!
11 None se jye sinari nkwiye kubabazwa na Ninive, uriya murwa munini utuwe n’abantu basaga ibihumbi ijana na makumyabiri batazi icyatsi n’ururo, kandi wuzuyemo n’amatungo menshi!”