Imipaka y’umugabane w’umuryango wa Yuda
1 Umugabane wahawe abagize amazu y’Abayuda hakoreshejwe ubufindo, waheraga ku mupaka w’Abedomu, no ku butayu bwa Tsini bwari mu mpera y’amajyepfo.
2 Umupaka wo mu majyepfo wavaga ku kigobe cyo mu mpera y’amajyepfo y’Ikiyaga cy’Umunyu,
3 ugaca mu majyepfo y’umusozi wa Akurabimu, ugakomeza mu butayu bwa Tsini ukagera i Kadeshi-Barineya mu majyepfo. Wakomezaga i Hesironi ukagera Adari, ugakebereza i Karika,
4 ukanyura Asimoni ukagera ku kagezi ko ku mupaka wa Misiri, ukagarukira ku Nyanja ya Mediterane. Ngaho aho umupaka wo mu majyepfo w’umugabane w’Abayuda wanyuraga.
5 Umupaka wo mu burasirazuba wari ugizwe n’Ikiyaga cy’Umunyu. Umupaka wo mu majyaruguru watangiriraga mu kigobe cy’aho uruzi rwa Yorodani rwinjirira muri icyo kiyaga,
6 ukazamuka i Betihogila unyuze mu majyaruguru i Betaraba, ugakomeza no ku rutare rwa Bohani ukomoka kuri Rubeni.
7 Wazamukaga i Debiri unyuze iruhande rw’igikombe cya Akori, ugaca mu majyaruguru werekeza i Gilugali ahateganye n’igikombe cya Adumimu, ugakomeza mu majyepfo y’umugezi. Wacaga hafi y’isōko ya Enishemeshi ukagera kuri Enirogeli,
8 ukazamuka akabande ka Hinomu kari mu micyamu yo mu majyepfo ya Yeruzalemu umujyi w’Abayebuzi, ukanyura mu mpinga y’umusozi uri mu burengerazuba bw’akabande no mu majyaruguru y’ikibaya cy’Abarefa.
9 Kuva aho, umupaka wazamukaga werekeza ku isōko ya Nefutowa, ukagera ku mijyi yubatse ku musozi wa Efuroni, ugakomeza ugana i Bāla ari yo Kiriyati-Yeyarimu.
10 Umupaka wavaga i Bāla iburengerazuba ugana ku musozi wa Seyiri, uciye mu micyamu y’amajyaruguru y’umusozi wa Yeyarimu ari wo Kasaloni, ukamanuka i Beti-Shemeshi ukanyura i Timuna.
11 Wakomezaga mu micyamu iri mu majyaruguru y’umujyi wa Ekuroni ukagera i Shikeroni, no ku gasozi kitwa Bāla n’i Yabunēli ukagera ku Nyanja ya Mediterane.
12 Umupaka wo mu burengerazuba wari iyo nyanja.
Uwo ni wo mugabane wahawe amazu y’abakomoka kuri Yuda.
Kalebu yigarurira imisozi yahawe
13 Nk’uko Uhoraho yategetse Yozuwe, Kalebu mwene Yefune yahawe umugabane mu ntara y’Abayuda. Yahawe Heburoni yahoze yitwa Kiriyati-Aruba, yaritiriwe Aruba sekuruza w’Abanaki.
14 Nuko Kalebu ahamenesha Abanaki batatu ari bo Sheshayi na Ahimani na Talumayi.
15 Yahagurutse i Heburoni atera i Debiri yahoze yitwa Kiriyati-Seferi.
16 Kalebu aratangaza ati: “Umuntu uzatera Kiriyati-Seferi akahigarurira, nzamushyingira umukobwa wanjye Akisa.”
17 Nuko Otiniyeli mwene Kenazi akaba n’umuhungu wabo wa Kalebu, yigarurira uwo mujyi maze Kalebu amushyingira umukobwa we Akisa.
18 Bamaze gushyingiranwa, Akisa agira Otiniyeli inama yo gusaba se Kalebu umurima. Nuko Akisa ajya iwabo, acyururuka ku ndogobe, Kalebu amubaza icyo yifuza.
19 Akisa aramusubiza ati: “Ngirira ubuntu umpe amariba, kuko aho wampaye nta mazi ahari.” Kalebu amuha amariba yo haruguru n’ayo hepfo.
Imijyi yahawe Abayuda
20 Uyu ni umugabane wahawe abagize amazu y’Abayuda
21 ukurikije imijyi yabo. Uhereye mu majyepfo ku mupaka wa Edomu, bahawe Kabusēli na Ederi na Yaguri,
22 na Kina na Dimona na Adada,
23 na Kedeshi na Hasori na Yitinani,
24 na Zifu na Telemu na Beyaloti,
25 na Hasori-Hadata na Keriyoti-Hesironi ari yo Hasori,
26 na Amamu na Shema na Molada,
27 na Hasari-Gada na Heshimoni na Beti-Peleti,
28 na Hasari-Shuwali na Bērisheba na Biziyotiya,
29 na Bāla na Iyimu na Esemu,
30 na Elitoladi na Kesili na Horuma,
31 na Sikulagi na Madumana na Sansana,
32 na Lebawoti na Shilehimu na Ayini na Rimoni. Bityo mu majyepfo bahawe imijyi makumyabiri n’icyenda n’imidugudu iyikikije.
33 Iyi ni yo mijyi bahawe mu misozi migufi mu burengerazuba: Eshitawoli na Sora na Ashina,
34 na Zanowa na Eniganimu na Tapuwa na Enamu,
35 na Yarimuti na Adulamu na Soko na Azeka,
36 na Shārayimu na Aditayimu na Gedera na Gederotayimu. Bahawe iyo mijyi cumi n’ine n’imidugudu iyikikije.
37 Bahawe na Senani na Hadasha na Migidoli-Gadi,
38 na Dilani na Misipa na Yokitēli,
39 na Lakishi na Bosikati na Eguloni,
40 na Kaboni na Lahimasi na Kitilishi,
41 na Gederoti na Betidagoni na Nāma na Makeda. Bahawe iyo mijyi cumi n’itandatu n’imidugudu iyikikije.
42 Bahawe na Libuna na Eteri na Ashani,
43 na Yifita na Ashuna na Nesibu,
44 na Keyila na Akizibu na Maresha. Bahawe iyo mijyi icyenda n’imidugudu iyikikije.
45 Bahawe na Ekuroni n’insisiro zayo n’imidugudu iyikikije,
46 n’imijyi yose n’imidugudu ikikije Ashidodi, uhereye kuri Ekuroni ukageza ku Nyanja ya Mediterane,
47 na Ashidodi n’insisiro zayo n’imidugudu iyikikije, na Gaza n’insisiro zayo n’imidugudu iyikikije, n’intara iri iruhande rw’Inyanja ya Mediterane, kugeza ku kagezi ko ku mupaka wa Misiri.
48 Iyi ni yo mijyi bahawe mu misozi miremire, Shamiri na Yatiri na Soko,
49 na Dana na Kiriyati-Seferi ari yo Debiri,
50 na Anabu na Eshitemowa na Animu,
51 na Gosheni na Holoni na Gilo. Bahawe iyo mijyi cumi n’umwe n’imidugudu iyikikije.
52 Bahawe na Arabu na Duma na Eshani,
53 na Yanimu na Beti-Tapuwa na Afeka,
54 na Humeta na Kiriyati-Aruba ari yo Heburoni, na Siyori. Bahawe iyo mijyi icyenda n’imidugudu iyikikije.
55 Bahawe na Mawoni na Karumeli na Zifu na Yuta,
56 na Yizerēli na Yokideyamu na Zanowa,
57 na Kayini na Gibeya na Timuna. Bahawe iyo mijyi icumi n’imidugudu iyikikije.
58 Bahawe na Halihuli na Beti-Suri na Gedori,
59 na Mārati na Betanoti na Elitekoni. Bahawe iyo mijyi itandatu n’imidugudu iyikikije.
60 Bahawe na Kiriyati-Bāli ari yo Kiriyati-Yeyarimu, na Raba. Bahawe iyo mijyi yombi n’imidugudu iyikikije.
61 Iyi ni yo mijyi bahawe hafi y’Ikiyaga cy’Umunyu: Betaraba na Midini na Sekaka,
62 na Nibushani na Irimelahi na Enigedi. Bahawe iyo mijyi itandatu n’imidugudu iyikikije.
63 Nubwo Yeruzalemu yari mu ntara yahawe abakomoka kuri Yuda, ntibashoboye kuyimeneshamo Abayebuzi ku buryo bakiyituye kugeza n’ubu.