Yoz 19

Umugabane wahawe abakomoka kuri Simeyoni

1 Umugabane wa kabiri ubufindo bwerekanye ni uwabagize amazu y’Abasimeyoni. Umugabane wabo wari uzengurutswe n’uw’Abayuda.

2 Imijyi yabo ni Bērisheba na Shebana Molada,

3 na Hasari-Shuwali na Bāla na Esemu,

4 na Elitoladi na Betuli na Horuma,

5 na Sikulagi na Beti-Marukaboti na Hasari-Susa,

6 na Beti-Lebawoti na Sharuheni. Bahawe iyo mijyi cumi n’itatu n’imidugudu iyikikije.

7 Bahawe na Ayini na Rimoni na Eteri na Ashani, iyo mijyi ine n’imidugudu iyikikije.

8 Bahawe n’indi midugudu yose kugera i Bālati-Bēri, ari yo Rama mu majyepfo. Uwo ni wo mugabane wahawe amazu y’Abasimeyoni.

9 Umugabane w’umuryango wa Simeyoni wari wavanywe k’uw’umuryango wa Yuda, kuko Abayuda bari bahawe umugabane munini cyane. Ni yo mpamvu umugabane w’Abasimeyoni wari uzengurutswe n’uw’Abayuda.

Umugabane wahawe abakomoka kuri Zabuloni

10 Umugabane wa gatatu ubufindo bwerekanye ni uw’abagize amazu y’Abazabuloni. Umupaka w’umugabane wabo wanyuraga i Sarida,

11 ugakomeza ukazamuka iburengerazuba ugahita i Marala n’i Dabesheti, no ku kagezi gateganye n’i Yokineyamu.

12 Ukongera ukava i Sarida, ugaca iburasirazuba werekeza Kesuloti ahateganye n’umusozi wa Taboru, ukanyura i Daberati ukazamuka i Yafiya.

13 Wakomezaga werekeza mu burasirazuba ukagera i Gatiheferi na Itakasini n’i Rimoni, ugahindukira werekeza i Neya.

14 Umupaka wo mu majyaruguru wazengurukaga Hanatoni, ukagarukira ku gikombe cya Yifutaheli.

15 Bahawe na Katati na Nahalali na Shimuroni, na Yidala na Betelehemu, imijyi cumi n’ibiri n’imidugudu iyikikije.

16 Iyo ni yo mijyi n’imidugudu yahawe amazu y’Abazabuloni.

Umugabane wahawe abakomoka kuri Isakari

17 Umugabane wa kane ubufindo bwerekanye ni uw’abagize amazu y’Abisakari.

18 Wari ugizwe n’imijyi ikurikira: Yizerēli na Kesuloti na Shunemu,

19 na Hafarayimu na Shiyoni na Anaharati,

20 na Rabiti na Kishiyoni na Ebesi,

21 na Remeti na Eniganimu na Enihada na Betipasesi.

22 Umupaka wanyuraga i Taboru n’i Shahasima n’i Beti-Shemeshi ukagera kuri Yorodani. Bahawe iyo mijyi cumi n’itandatu n’imidugudu iyikikije.

23 Iyo ni yo mijyi n’imidugudu yo mu mugabane wahawe amazu y’Abisakari.

Umugabane wahawe abakomoka kuri Ashēri

24 Umugabane wa gatanu ubufindo bwerekanye ni uw’abagize amazu y’Abashēri.

25 Wari ugizwe n’imijyi ikurikira: Helikati na Hali na Beteni na Akishafu,

26 na Alameleki na Amadi na Mishali. Umupaka wabo waheraga mu burengerazuba ku musozi wa Karumeli, ukanyura i Shihori-Libunati.

27 Umupaka wo mu burasirazuba wanyuraga i Betidagoni, ugakurikira umupaka wa Zabuloni n’igikombe cya Yifutaheli werekeza mu majyaruguru, ukanyura i Neyeli n’i Betemeki. Wakomezaga mu majyaruguru y’i Kabuli,

28 ukanyura Eburonin’i Rehobu n’i Hamoni n’i Kana, ukagera i Sidoni wa mujyi mugari.

29 Wanyuraga i Rama ukagera ku mujyi ntamenwa wa Tiri, ugahindukira werekeza i Hosa, ukagarukira ku Nyanja ya Mediterane hafi ya Akizibu.

30 Bahawe na Umana Afeki na Rehobu. Bahawe imijyi makumyabiri n’ibiri n’imidugudu iyikikije.

31 Iyo ni yo mijyi n’imidugudu yo mu mugabane wahawe amazu y’Abashēri.

Umugabane wahawe abakomoka kuri Nafutali

32 Umugabane wa gatandatu ubufindo bwerekanye ni uw’abagize amazu y’Abanafutali.

33 Umupaka wabo waheraga i Helefi no ku giti cy’inganzamarumbu cy’i Sānanimu, ukanyura Adami-Nekebu n’i Yabunēli, ugakomeza i Lakumu ukagera kuri Yorodani.

34 Mu burengerazuba, umupaka wanyuraga Azinoti-Taboru, ugakomeza i Hukoki, ugakurikira umupaka wo mu majyaruguru wa Zabuloni, n’uw’iburasirazuba wa Ashēri. Wahindukiraga iburasirazuba, ukagarukira i Yehuda ku ruzi rwa Yorodani.

35 Bahawe imijyi ntamenwa ikurikira: Tsidimu na Sera na Hamati, na Rakati na Kinereti,

36 na Adama na Rama na Hasori,

37 na Kedeshi na Edureyi na Enihasori,

38 na Yironi na Migidaleli na Horemu, na Betanati na Beti-Shemeshi. Bahawe imijyi cumi n’icyenda n’imidugudu iyikikije.

39 Iyo ni yo mijyi n’imidugudu yo mu mugabane wahawe amazu y’Abanafutali.

Umugabane wahawe abakomoka kuri Dani

40 Umugabane wa karindwi ubufindo bwerekanye ni uw’abagize amazu y’Abadani.

41 Wari ugizwe n’imijyi ikurikira: Sora na Eshitawoli na Irishemeshi,

42 na Shālabimu na Ayaloni na Yitila,

43 na Eloni na Timuna na Ekuroni,

44 na Eliteke na Gibetoni na Bālati,

45 na Yehudi na Beneberaki na Gatirimoni,

46 na Meyarukoni na Rakoni n’intara iteganye n’i Yope.

47 Abadani bamaze kwirukanwa muri iyo ntara bagiye gutera umujyi wa Layishi. Barawutsinze barawigarurira, bamarira ku icumu abaturage bawo, maze bawuturamo. Nuko bawita Dani bawitiriye sekuruza.

48 Iyo ni yo mijyi n’imidugudu yo mu mugabane wahawe amazu y’Abadani.

Barangiza kugabanya igihugu

49 Abisiraheli bamaze kugabanywa igihugu, bahaye Yozuwe mwene Nuni umugabane muri cyo

50 nk’uko Uhoraho yabitegetse. Yozuwe yasabye Timunati-Seraumujyi wari mu misozi y’Abefurayimu, awubaka bundi bushya awuturamo.

51 Uko ni ko umutambyi Eleyazari na Yozuwe mwene Nuni n’abatware b’imiryango barangije kugabanya Abisiraheli igihugu, buri muryango uhabwa umugabane wawo. Babikoresheje ubufindo bari i Shilo, ku muryango w’Ihema ry’ibonaniro ry’Uhoraho.