Imijyi y’ubuhungiro
1 Nuko Uhoraho abwira Yozuwe ati:
2 “Tegeka Abisiraheli bitoranyirize imijyi y’ubuhungiro, nk’uko nabibabwiye mbinyujije kuri Musa,
3 kugira ngo umuntu wishe undi bimugwiririye, abone aho ahungira ushaka guhōrera uwishwe.
4 Uwishe undi nahungira muri umwe muri iyo mijyi, ajye ahagarara ku irembo ryawo, maze atekerereze abakuru b’umujyi uko byagenze, na bo bamwakire bamutuze hamwe na bo.
5 Uhōrera uwishwe namukurikirana muri uwo mujyi abakuru ntibazamutange, kuko azaba yishe mugenzi we atabigambiriye kandi adasanzwe amwanga.
6 Uwishe undi ajye yigumira muri uwo mujyi kugeza ubwo azacirwa urubanza n’umuryango, no kugeza ubwo Umutambyi mukuru uzaba ariho icyo gihe apfuye. Ubwo ni bwo azatahuka asubire mu mujyi w’iwabo yavuyemo.”
7 Nuko Abisiraheli batoranya Kedeshi yo muri Galileya, mu misozi y’Abanafutali na Shekemu mu misozi y’Abefurayimu, na Kiriyati-Aruba ari yo Heburoni mu misozi y’Abayuda.
8 Iburasirazuba bwa Yorodani, batoranya Beseri mu mirambi y’Abarubeni ahateganye n’ubutayu, na Ramoti y’i Gileyadi mu ntara y’Abagadi, na Golani muri Bashani mu ntara y’Abamanase.
9 Iyo ni yo mijyi batoranyije kugira ngo uwishe undi bimugwiririye abone aho ahungira, yaba Umwisiraheli cyangwa umunyamahanga utuye muri bo. Bityo ye kwicwa n’uhōrera uwishwe, ahubwo acirwe urubanza n’ikoraniro ry’Abisiraheli.