Isengesho ry’umuntu uri mu buhungiro
1 Mana, ndenganura,
mburanira n’abanyamahanga b’abahemu,
unkize abanyabinyoma n’abagome.
2 Erega ni wowe Mana yanjye mpungiraho!
None se kuki wantereranye?
Kuki ngomba kugenda nshenguka,
abanzi banjye banteragana?
3 Nyoboresha urumuri rwawe n’ukuri kwawe,
ni bwo nzagera ku musozi witoranyirije,
mu Ngoro yawe aho utuye.
4 Nzahita njya ku rutambiro rwawe,
Mana, ni wowe wanyujuje ibyishimo n’umunezero.
Mana, ni wowe Mana yanjye,
nzaguhimbaza ncuranga inanga.
5 None se kuki numva nihebye?
Kuki umutima wanjye utari hamwe?
Reka niringire Imana,
nzi ko nzongera nkayisingiza,
koko ni yo Mukiza wanjye n’Imana yanjye.