Zab 46

Imana ni ubuhungiro

1 Indirimbo y’umuyobozi w’abaririmbyi, ni iy’abaririmbyi bakomoka kuri Kōra. Iririmbwa mu majwi ahanitse.

2 Imana ni yo buhungiro bwacu,

ni yo itwongerera imbaraga,

ni umutabazi uduhora hafi ngo atuvune mu makuba.

3 Ni cyo gituma tutagira icyo dutinya,

nubwo isi yatigiswa n’imitingito,

nubwo imisozi yose yakwiroha mu nyanja,

4 nubwo inyanja yakwibirindura igahōrera,

nubwo imihengeri yayo yatigisa imisozi.

Kuruhuka.

5 Hariho umugeziufite amashami ashimisha abatuye umurwa w’Imana,

uwo murwa ni wo urimo Ingoro Isumbabyose ituyemo.

6 Imana iganje muri wo rwagati nta cyawuhangara,

Imana iwugoboka ihereye mu museso.

7 Abanyamahanga yabateye ubwoba barataka,

ubwami bwabo burahanguka,

Imana ivuze, isi irakangarana.

8 Uhoraho Nyiringabo ari kumwe natwe,

Imana ya Yakobo ni ubuhungiro ntamenwa bwacu.

Kuruhuka.

9 Cyo nimuzirikane ibyo Uhoraho yakoze,

muzirikane ibitangaza biteye ubwoba yakoreye ku isi,

10 yahagaritse intambara zose zo ku isi,

imiheto yarayivunaguye n’amacumu arayacagagura,

ingabo zo kwikingira azihainkongi.

11 Aravuga ati:

“Nimuhagarike imirwano mumenye ko ndi Imana,

ni jye ugenga amahanga nkagenga n’isi yose.”

12 Uhoraho Nyiringabo ari kumwe natwe,

Imana ya Yakobo ni ubuhungiro ntamenwa bwacu.

Kuruhuka.