Zab 95

Kuramya Uhoraho

1 Nimuze turirimbire Uhoraho,

nimuze tumuvugirize impundu!

Ni we rutare rudukingira akaba n’Umukiza wacu.

2 Nimucyo tumusange tumushimire,

tumuvugirize impundu turirimba.

3 Koko Uhoraho ni Imana ikomeye,

ni Umwami ukomeye usumba izindi mana zose.

4 Imibande yose ni we uyitegeka,

impinga z’imisozi na zo ni ize.

5 Inyanja ni iye, ni we wayiremye,

imusozi na ho, ni we wahabumbabumbye n’ibiganza bye.

6 Nimuze tumuramye tumwikubise imbere,

nimucyo dupfukamire Uhoraho Umuremyi wacu.

7 Koko ni we Mana yacu,

natwe turi ubwoko bwayo iyobora,

turi n’umukumbi yiragirira.

Uyu munsi nimwumve icyo ibabwira iti:

8 “Ntimunangire imitima nk’uko byagenze i Meriba,

nk’uko wa munsi byagenze i Masamu butayu,

9 ubwo ba sokuruza bangeragezaga bampinyuza,

nubwo bari bariboneye ibyo nakoze.

10 Ab’icyo gihe nabarakariye imyaka mirongo ine,

ni ko kuvuga nti: ‘Ubu ubwoko buhora buteshuka,

ntibugenza uko nshaka.’

11 Nuko ndahirana uburakari nti:

‘Ntibateze kwinjira aho kuruhukira nagennye.’ ”